Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

N’iyo Bugesera yakina idafite umutoza ntabwo Gasogi yayitsinda- Sam Karenzi yasubije KNC

radiotv10by radiotv10
19/11/2021
in SIPORO
0
N’iyo Bugesera yakina idafite umutoza ntabwo Gasogi yayitsinda- Sam Karenzi yasubije KNC
Share on FacebookShare on Twitter

Sam Karenzi wari Umunyamabanga Mukuru w’ikipe ya Bugesera FC akaba yeguye, yasubije Perezida wa Gasogi United, KNC wavuze ko ababajwe no kuba ikipe ye igiye Gutsinda iyo Sam yari abereye Umunyamabanga Mukuru yaramaze kwegura.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 18 Ugushyingo 2021, ku mbuga nkoranyambaga hacaracaye amashusho ya Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles avuga ko ababajwe no kuba agiye gutsinda ikipe ya Bugesera FC mu gihe Sam Karenzi azaba atakiri Umunyabanga Mukuru wayo.

KNC yavuze ko ababajwe no kuba agiye gutsinda Bugesera FC Sam Karenzi yeguye

Muri aya mashusho, KNC wagarukaga ku kuba ikipe ye iherutse gutsinda Rutsiro ikaba igiye guhura na Bugesera, yagize ati “Numvise ko n’Umunyamabanga yagize ubwoba ngo aregura ariko arahemutse nongereho ngo arahemutse cyane kuba yeguye mbere y’uko akorwa n’isoni. Sam Karenzi wambabaje.”

Sam Karenzi wamusubije akoresheje ubutumwa yanditse kuri Twitter, yagize ati “Pole sana Perezida KNC, gusa ndakumenyesha ko uretse kubura Umunyamabanga, n’iyo Bugesera FC yakina idafite umutoza, Gasogi United idafite ubushobozi bwo kuyitsinda.”

KNC na Sam Karenzi ni bamwe mu bakunze kuryoshya imyidagaduro ya Siporo mu Rwanda by’umwihariko muri Football kubera impaka bakunze kugirana na bamwe muri bagenzi babo na bo bari muri uru ruganda.

Sam Karenzi usanzwe ari Umunyamakuru mu biganiro bya Siporo, yeguye ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa Bugesera FC kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ugushyingo 2021.

Mu ibaruwa yanditswe kuri iriya tariki, Sam Karenzi yari yanditse avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Sam Karenzi yamusubije avuga ko n’iyo Bugesera itaba ifite umutoza itatsindwa na Gasogi

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 10 =

Previous Post

Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda imaze iminsi igira ibyo isobanura yahawe umuvugizi

Next Post

Ni inde udakosa?- Umutoza Eric yasubije abaciriye iteka Seif

Related Posts

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

by radiotv10
06/06/2025
0

Myugairo Gabriel Magalhães wa Arsenal FC, yongereye amasezerano muri iyi kipe azageza 2029, yavuze ko yishimiye kuguma muri iyi kipe,...

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

Abakinnyi b’abanyamahanga ba Rayon bari bafite icyo bayitakira baremwe agatima

by radiotv10
05/06/2025
0

Abakinnyi b’abanyamahanga bakinira Rayon Sports FC bari bamaze igihe bataka kudahabwa amatike y’indege abasubiza iwabo mu biruhuko bizejwe kuyahabwa, ndetse...

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

by radiotv10
04/06/2025
0

Manishimwe Djabel uherutse guhamagarwa mu Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ariko akangirwa kwinjira muri Algeria, yatanze umucyo ku cyatumye inzego...

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

Umwe mu bakinnyi b’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yabengutswe n’ikipe ikomeye muri Canada

by radiotv10
04/06/2025
0

Niyibizi Ramadhan ukinira ikipe y'Igihugu y'u Rwanda Amavubi, uri gusoza amasezerano ye muri APR FC, yahawe ubutumire n'ikipe  yo mu...

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

Volleyball: Habaye impinduka zitunguranye ku irushanwa ryaburaga iminsi ibarirwa ku ntoki ngo ritangire

by radiotv10
03/06/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko bitewe n’impamvu ridashobora kugira icyo rihinduraho, irushanwa ryo Kwibuka ryari riteganyijwe...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni inde udakosa?- Umutoza Eric yasubije abaciriye iteka Seif

Ni inde udakosa?- Umutoza Eric yasubije abaciriye iteka Seif

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.