• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

N’iyo Bugesera yakina idafite umutoza ntabwo Gasogi yayitsinda- Sam Karenzi yasubije KNC

radiotv10by radiotv10
19/11/2021
in SIPORO
0
N’iyo Bugesera yakina idafite umutoza ntabwo Gasogi yayitsinda- Sam Karenzi yasubije KNC
Share on FacebookShare on Twitter

Sam Karenzi wari Umunyamabanga Mukuru w’ikipe ya Bugesera FC akaba yeguye, yasubije Perezida wa Gasogi United, KNC wavuze ko ababajwe no kuba ikipe ye igiye Gutsinda iyo Sam yari abereye Umunyamabanga Mukuru yaramaze kwegura.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 18 Ugushyingo 2021, ku mbuga nkoranyambaga hacaracaye amashusho ya Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles avuga ko ababajwe no kuba agiye gutsinda ikipe ya Bugesera FC mu gihe Sam Karenzi azaba atakiri Umunyabanga Mukuru wayo.

KNC yavuze ko ababajwe no kuba agiye gutsinda Bugesera FC Sam Karenzi yeguye

Muri aya mashusho, KNC wagarukaga ku kuba ikipe ye iherutse gutsinda Rutsiro ikaba igiye guhura na Bugesera, yagize ati “Numvise ko n’Umunyamabanga yagize ubwoba ngo aregura ariko arahemutse nongereho ngo arahemutse cyane kuba yeguye mbere y’uko akorwa n’isoni. Sam Karenzi wambabaje.”

Sam Karenzi wamusubije akoresheje ubutumwa yanditse kuri Twitter, yagize ati “Pole sana Perezida KNC, gusa ndakumenyesha ko uretse kubura Umunyamabanga, n’iyo Bugesera FC yakina idafite umutoza, Gasogi United idafite ubushobozi bwo kuyitsinda.”

KNC na Sam Karenzi ni bamwe mu bakunze kuryoshya imyidagaduro ya Siporo mu Rwanda by’umwihariko muri Football kubera impaka bakunze kugirana na bamwe muri bagenzi babo na bo bari muri uru ruganda.

Sam Karenzi usanzwe ari Umunyamakuru mu biganiro bya Siporo, yeguye ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa Bugesera FC kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ugushyingo 2021.

Mu ibaruwa yanditswe kuri iriya tariki, Sam Karenzi yari yanditse avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Sam Karenzi yamusubije avuga ko n’iyo Bugesera itaba ifite umutoza itatsindwa na Gasogi

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + ten =

Previous Post

Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda imaze iminsi igira ibyo isobanura yahawe umuvugizi

Next Post

Ni inde udakosa?- Umutoza Eric yasubije abaciriye iteka Seif

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Ni inde udakosa?- Umutoza Eric yasubije abaciriye iteka Seif

Ni inde udakosa?- Umutoza Eric yasubije abaciriye iteka Seif

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.