Saturday, April 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

N’iyo Bugesera yakina idafite umutoza ntabwo Gasogi yayitsinda- Sam Karenzi yasubije KNC

radiotv10by radiotv10
19/11/2021
in SIPORO
0
N’iyo Bugesera yakina idafite umutoza ntabwo Gasogi yayitsinda- Sam Karenzi yasubije KNC
Share on FacebookShare on Twitter

Sam Karenzi wari Umunyamabanga Mukuru w’ikipe ya Bugesera FC akaba yeguye, yasubije Perezida wa Gasogi United, KNC wavuze ko ababajwe no kuba ikipe ye igiye Gutsinda iyo Sam yari abereye Umunyamabanga Mukuru yaramaze kwegura.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 18 Ugushyingo 2021, ku mbuga nkoranyambaga hacaracaye amashusho ya Perezida wa Gasogi United, Kakooza Nkuliza Charles avuga ko ababajwe no kuba agiye gutsinda ikipe ya Bugesera FC mu gihe Sam Karenzi azaba atakiri Umunyabanga Mukuru wayo.

KNC yavuze ko ababajwe no kuba agiye gutsinda Bugesera FC Sam Karenzi yeguye

Muri aya mashusho, KNC wagarukaga ku kuba ikipe ye iherutse gutsinda Rutsiro ikaba igiye guhura na Bugesera, yagize ati “Numvise ko n’Umunyamabanga yagize ubwoba ngo aregura ariko arahemutse nongereho ngo arahemutse cyane kuba yeguye mbere y’uko akorwa n’isoni. Sam Karenzi wambabaje.”

Sam Karenzi wamusubije akoresheje ubutumwa yanditse kuri Twitter, yagize ati “Pole sana Perezida KNC, gusa ndakumenyesha ko uretse kubura Umunyamabanga, n’iyo Bugesera FC yakina idafite umutoza, Gasogi United idafite ubushobozi bwo kuyitsinda.”

KNC na Sam Karenzi ni bamwe mu bakunze kuryoshya imyidagaduro ya Siporo mu Rwanda by’umwihariko muri Football kubera impaka bakunze kugirana na bamwe muri bagenzi babo na bo bari muri uru ruganda.

Sam Karenzi usanzwe ari Umunyamakuru mu biganiro bya Siporo, yeguye ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa Bugesera FC kuri uyu wa Mbere tariki 15 Ugushyingo 2021.

Mu ibaruwa yanditswe kuri iriya tariki, Sam Karenzi yari yanditse avuga ko yeguye ku mpamvu ze bwite.

Sam Karenzi yamusubije avuga ko n’iyo Bugesera itaba ifite umutoza itatsindwa na Gasogi

RadioTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − five =

Previous Post

Polisi ishinzwe umutekano wo mu muhanda imaze iminsi igira ibyo isobanura yahawe umuvugizi

Next Post

Ni inde udakosa?- Umutoza Eric yasubije abaciriye iteka Seif

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga
IMYIDAGADURO

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

by radiotv10
11/04/2026
0

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/2026
11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/2026
Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

Abaherutse kujya mu isanzure bagarutse ku Isi nyuma yo kugenda ibilometero birenga miliyoni 1

11/04/2026
How to Choose What Matters Most in Life

How to Choose What Matters Most in Life

11/04/2026
Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni inde udakosa?- Umutoza Eric yasubije abaciriye iteka Seif

Ni inde udakosa?- Umutoza Eric yasubije abaciriye iteka Seif

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yemeje ifungwa rya Eric Semuhungu ariko yirinda kugira byinshi ibitangazaho

Hagiye hanze amashusho agaragaza indege y’intambara ya FARDC iri gusuka ibisasu muri Minembwe

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.