Monday, May 12, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Harumvikana impamvu itavugwaho rumwe yatumye ubuyobozi bwisubira ku nkunga bwemereye umuturage
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge Kivumu mu Karere ka Rutsiro, wasenyewe n’ibiza, avuga ko yizejwe inkunga y’isakaro agasabwa kwizamurira ikigega, arabikora none amabati yasezeranyijwe yaje kuyimwa azizwa imyimerere ye.

Uyu muturage witwa Benda Fidele n’umugore we Nyirandimubanzi batuye mu Mudugudu wa Kanyempanga mu Kagari ka Bunyoni mu Murenge wa Kivumu, basanzwe basengera mu Itorero ry’Abahamya ba Yehova.

Uyu muvutage wasenyewe n’ibiza, avuga ko ubuyobozi bw’Umudugudu bwamusabye kongera kuzamura inzu yari yaguye kugira ngo azahabwe isakaro, ariko amaze kuyizamura ubuyobozi bw’Akagari bumubwira ko batarikwiye kubera imyemerere yabo.

Ubuyobozi bushinja uyu muyango kwanga kujya mu nkambi nk’abandi baturage bahuye n’ibiza muri Gicurasi umwaka ushize wa 2023, bukavuga ko babyanze kubera imyemerere yabo

Benda Fidele avuga ko ubwo yari amaze kuzamura ikigega cy’inzu, batahwemye kwibutsa ubuyobozi iyi nkunga bwari bwabizeje.

Ati “Umugore ajya ku Kagari, Gitifu amubwira ko ntatanzwe ku rutonde kandi ngo nubwo narubaho batansakarira ngo abo bahamya bazansakarire ngo kubera ko ntagiye mu nkambi, mbona ni akarengane kamezE nko gutotezwa.”

Uyu muryango uvuga ko utanze kujya mu nkambi nk’abandi kubera imyemerere ye yo kuba ari uwo mu Bahamya ba Yehova, ahubwo ko bari banze gusiga inka yabo bahawe muri gahunda ya Girinka Munyarwanda.

Rwangano Joseph, umwe mu baturanyi b’uyu muryango, na bo bavuga ko ufite amikoro macye ku buryo bigoye kuba bakwibonera isakaro.

Ati “Ubushobozi ntabwo bafite, bareba ko babahereza amabati bagasakara kuko iri kwangirika cyane.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dativa avuga ko Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi igenera ubufasha abaturage basanzwe bari ku rutonde rwakozwe kuva ku rwego rwo hasi kugera hejuru, ku buryo harebwa impamvu uyu muryango ataruriho.

Yagize ati “Ubu ngubu MINEMA yubakira abari ku rutonde rwakozwe uhereye ku Mudugudu kuzamuka, rero ntabwo ari Akarere karukoze, igihe rero utari ku rutonde kandi ukeneye ubufasha wakorerwa ubuvugizi ariko ntabwo uba uri ku rutonde.”

Uyu muyobozi avuga ko ubufasha bwo kubakira abasenyewe n’ibiza buri mu byiciro bitatu, birimo abasenyewe burundu, abari basanzwe batuye mu manegeka basabwe kuyavamo, kimwe n’abo byangirije inzu zabo bigasaba kuzivugurura.

Uyu muryango uvuga ko ibya wari wasabwe wo wari wabirangije
Ubu bari mu rujijo

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × four =

Previous Post

Ibivugwa ku ifungwa ry’uwabaye Miss w’u Rwanda

Next Post

Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

Related Posts

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukekwaho kwica uwari umukoresha we mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke, yarangiza akamuzingazingira mu...

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.