Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa kuri Jenoside yakatiwe ahita anajyanwa gufungwa

radiotv10by radiotv10
31/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Umunyarwanda waburanishirizwaga mu Bufaransa kuri Jenoside yakatiwe ahita anajyanwa gufungwa
Share on FacebookShare on Twitter

Dr. Eugène Rwamucyo waburanishirizwaga mu Bufaransa ku byaha bya Jenoside, yabihamijwe n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris muri iki Gihugu, rumukatira gufungwa imyaka 27.

Dr. Rwamucyo wahoze ari Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubuvuzi mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda ya Butare (UNR), ashinjwa kugira uruhare mu mugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, byumwihariko we yakoreye mu yahoze ari Perefegitura ya Butare.

Nyuma y’ukwezi aburanishwa n’Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris, kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024 rwatangaje umwanzuro warwo, rumuhamya ibyaha birimo Gukora Jenoside, ubufatanyacyaha mu gukora Jenoside, ubufatanyacyaha mu gutegura Jenoside, ndetse n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.

Ni icyemezo cyasomwe n’Urukiko nyuma y’iburanisha ripfundikira uru rubanza ryabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 30 Ukwakira 2024, ari na bwo Urukiko rwahitaga rwiherera kugira ngo rufate umwanzuro warwo.

Nyuma yo kwiherera, Inteko yaburanishije uru rubanza, yavuze ko hagendewe ku bimenyetso byatanzwe ndetse n’ubuhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya batandukanye, uyu Dr. Rwamucyo ahamwa n’ibyaha ashinjwa.

Bumwe mu buhamya bwatanzwe n’abatangabuhamya barimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, bavuze ko Dr. Rwamucyo yatangaga amabwiriza mu bihe bya Jenoside, byumwihariko agategeka ko imibiri y’ababaga bamaze kwicwa ndetse n’ababaga bagihumeka, ko bashyirwa mu cyobo, hifashishijwe imashini zubaka.

Ni mu gihe uyu wari Umuganga, yatatiriye igihango cy’umwuga we, aho yagombaga ahubwo kuvura ababaga ari inkomere, ahubwo agatanga amabwiriza yatumaga bamwe bitaba Imana.

Kuri uyu wa Gatatu kandi ubwo urubanza rwapfunikirwaga, Dr. Rwamucyo yahawe umwanya wo kugira icyo avuga, yatangaje ko nta muntu n’umwe yishe, ndetse ko n’abo ashinjwa gutegeka ko bashyingurwa ari bazima, atabikoze.

Dr. Eugène Rwamucyo akimara gusomerwa umwanzuro w’Urukiko, Polisi yo mu Bufaransa, yahise imujyana aho agomba gufungirwa kugira ngo hashyirwe mu bikorwa umwanzuro w’uru Rukiko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − six =

Previous Post

Umuntu mushya wasanganywe Marburg mu Rwanda hasobanuwe uko byagenze ngo yandure

Next Post

Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

Related Posts

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

by radiotv10
05/11/2025
0

Igikomangoma Spéciose Mukabayojo Bideri, akaba umwana w’Umwami Yuhi V Musinga, uherutse kwitabira Imana muri Kenya aho yabaga, byemejwe ko azashyingurwa...

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ukurikiranyweho gusambanya mu bihe bitandukanye umwana we w’imyaka itandatu, yemera...

Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

by radiotv10
05/11/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, ushinja umugore we kumuruma igitsina, bombi barabyemera bakavuga n’uko byagenze,...

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

by radiotv10
05/11/2025
0

Inzego z’umutekano zataye muri yombi abatetsi babiri bo ku ishuli ribanza rya Nyarutovu riri mu murenge wa Bushenge, abanyonzi babiri...

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

From hobby to hustle: Turning your creative passion into income as a young woman in Rwanda

by radiotv10
05/11/2025
0

In today’s world, creativity is more than just a hobby, it’s a powerful tool for building independence, confidence, and income....

IZIHERUKA

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu
FOOTBALL

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

by radiotv10
05/11/2025
0

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

05/11/2025
Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

05/11/2025
Inkuru ibabaje y’uruhinja rwapfuye urupfu rutunguranye bikekwa ko rwatewe n’ababyeyi barwo

Umugore uvugwaho kuruma umugabo we igitsina ibyabo babishyize hanze n’icyabimuteye

05/11/2025
Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

Nyamasheke: Abantu 5 barimo abatetsi b’ikigo cy’ishuli bakurikirwanywe ho kwiba ibiryo by’abana

05/11/2025
Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

Amakuru agezwe ku ihagarikwa ry’ibikorwa by’Ikibuga cy’indege cya Bruxelles ryatewe n’impungenge

05/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

Wakwizigamira ute ushonje?-Ab’i Nyaruguru bavuga ko kuba batazigama atari uko babyanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibyibanzweho mu kiganiro Minisitiri wa Siporo yagiranye n’abakiniye Ikipe y’Igihugu

Umwana w’Umwami watwaye u Rwanda witabiye Imana hanze yarwo hatangajwe aho azashyingurwa

Uko umugabo yisobanura ku cyaha cyo gusambanya kenshi umwana we yibyariye w’imyaka itandatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.