Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Harakurikiraho iki nyuma yuko Trump atsinze amatora yanikiriye Visi Perezida Kamala?

radiotv10by radiotv10
07/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Harakurikiraho iki nyuma yuko Trump atsinze amatora yanikiriye Visi Perezida Kamala?
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’imyaka ine avuye muri White House, Donald Trump agiye kuyisubiramo, nyuma yuko Abanyamerika bahisemo kongera kumuha andi mahirwe yo kubayobora. Harakurikiraho iki?

Uretse gutsinda amatora ya Perezida, Aba-Republica banasubiranye ubuyobozi bwa Sena ya Amerika, nyuma yo gutsindira imyanya myinshi mu Nteko Ishinga Amateko y’iki Gihuga.

Gusa nubwo Donald Trump yabonye inzira imusubiza muri White House, ntabwo aremezwa nka Perezida ku mugaragaro, bizafata amezi arenga abiri kugira ngo asubire mu Biro by’Umukuru w’Igihugu (Oval Office).

Umuhango wo guhererekanya ubutegetsi muri Amerika utandukanye cyane n’uko bikorwa mu bindi Bihugu nk’u Bwongereza, aho nko muri Nyakanga uyu mwaka, Sir Keir Starmer akimara kugirwa Minisitiri w’Intebe mu masaha macye, Rishi Sunak yari amaze gusohoka mu Biro, hinjiramo Ministiri w’Intebe wari umaze gutorwa.

Muri Amerika ho si ko bigenda, kuko bifata igihe kitari munsi y’amezi abiri ngo Perezida mushya yinjire muri White House, Donald Trump azategereza iminsi 74, mbere yo kwinjira mu biro bye nk’Umukuru w’Igihugu.

Joe Biden azaguma ku butegetsi, kugeza itariki 20 Mutarama 2025, ari nabwo hazaba umuhango wo kurahira kuyobora Leta Zunze Ubumwe za America, uzaba ubaye ku nshuro ya 60, mu mateka y’iki Gihugu.

Mbere y’iyo tariki, nta cyemezo na kimwe Perezida Donald Trump ashobora gufata mu bijyanye na Politiki y’iki Gihugu nubwo yamaze kwegukana intsinzi y’Umukuru w’Igihugu.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + eight =

Previous Post

AMAKURU AGEZWEHO: Bwa kabiri u Rwanda rwatanze inkunga yo kugoboka abugarijwe n’intambara ihangayikishije Isi

Next Post

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yegukanye igihembo cy’uw’umwaka mu Rwanda

Related Posts

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

by radiotv10
09/05/2025
0

Kiliziya Gatulika yamaze kubona Umushumba mushya wayo ari we Papa Leo XIV usanganywe amazina ya Robert Francis Prevost. Menya umukino...

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

by radiotv10
09/05/2025
0

Mu birori bikomeye byaranzwe n'imyireko ya gisirikare n'intwaro za rutura, u Burusiya bwizihije isabukuru y’imyaka 80 Ubumwe bw’Abasoviyeti bubonye itsinzi...

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

Mu buryo butagoye M23 yafashe agace kavugwaho ubutunzi bukomeye

by radiotv10
08/05/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rihanganye n'Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe Sheferi ya Luhwinja yo muri Teritwari ya Mwenga...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Ishyaka rya Kabila ryafashe icyemezo nyuma yo kubona ko icyo ryafatiwe n’ubutegetsi kitagifite agaciro

by radiotv10
07/05/2025
0

Ishyaka PPRD rya Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryafashe icyemezo cyo gusubukura ibikorwa byaryo nyuma...

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

Hadutse indi ntambara ihanganishije Ibihugu by’ibituranyi nyuma y’ubushotoranyi butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/05/2025
0

Nyuma y’ibyumweru bibiri hagabwe igitero mu gace k’ubukerarugendo ko mu Buhindi, iki Gihugu kikagishinja igituranyi cyacyo cya Pakistan, cyatangije ibitero...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyamakuru wa RADIOTV10 yegukanye igihembo cy’uw’umwaka mu Rwanda

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yegukanye igihembo cy’uw’umwaka mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.