• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatahuwe umugambi mu rwego rwa gisirikare Korea ya Ruguru irimo n’u Burusiya

radiotv10by radiotv10
15/11/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatahuwe umugambi mu rwego rwa gisirikare Korea ya Ruguru irimo n’u Burusiya
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un yatanze itegeko ko hakorwa indenge za gisirikare zitagira abapilote zigezweho mu kurasa, bivugwa ko bishingiye ku mubano uri hagati y’iki Gihugu n’u Burusiya, ndetse hamaze iminsi hari kuba imyitozo igisirikare cy’u Burusiya giha abasirikare ba Korea ya Ruguru.

Ni itegeko ryatanzwe na Kim Jong Un kuri uyu wa Kane nk’uko byemejwe n’Igitangazamakuru cya Leta muri Korea ya Ruguru.

Ibi bibaye nyuma y’icyumweru kimwe umwe mu bayobozi ba Ukraine abwiye Ikinyamakuru Business Insider ko abasirikare ba Korea ya Ruguru bamaze igihe bari guhabwa imyitozo n’igisirikare cy’u Burusiya mu gukoresha izi ndege za Drone mu kurasa.

Nkuko byatangajwe na KCNA, Perezida wa Korea ya Ruguru, Kim Jong Un aherutse kugaragara akurikiranye imyitozo y’uburyo igisirikare cye gikoresha izi drone, ari na byo byakurikiwe no gutanga iri tegeko ko hakorwa izi ndege nyinsyi kandi zifite ikoranabuhanga rigezweho.

Perezida Kim Jong Un yavuze ko “hakenewe kubakwa mu buryo bwihuse sisiteme igezweho ndetse n’indege za drone nyinshi.”

Iki gitangazamakuru kandi cyagaragaje amafoto anyuranye ka Kim Jong Un ari kureba iyi myitozo ya Drone ziri gushwanyaguza ahantu hanyuranye.

Bivugwa ko Kim Jong Un yabonye izi drone zakoreshwaga ziciriritse, biryo ko hakenewe kongerera ubushobozi izigezweho zikazamurirwa urwego.

Indege zitagira abapilote, ni zimwe mu ntwaro ziri kwifashishwa mu ntambara imaze igihe ihanganishije u Burusiya na Ukraine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Amanota y’ibizamini bya Leta: Menya abanyeshuri babaye aba mbere ku rwego rw’Igihugu n’ibigo bigagamo

Next Post

SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

SKOL Malt Unveils a New Look with the ‘Keep It Ahanad’ Experience

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.