Tuesday, September 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo: Hatangiye guterana amagambo hagati ya Guverinoma n’abadakozwa umugambi wa Tshisekedi utavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
19/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo: Hatangiye guterana amagambo hagati ya Guverinoma n’abadakozwa umugambi wa Tshisekedi utavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye abanyapolitiki bakomeje kwamagana umugambi wo guhindura Itegeko Nshinga watangajwe na Perezida Félix Tshisekedi, kudakomeza kugaragaza urwango bafitiye Umukuru w’Igihugu.

Ni nyuma yuko Perezida Félix Tshisekedi atangaje ko umwaka utaha hazakorwa igikorwa cyo guhindura Itegeko Nshinga ngo kuko ritajyanye n’imibereho y’Abanyekongo muri iki gihe.

Ni umugambi wamaganiwe kure n’abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi buriho muri Congo, barimo n’abo bahatanye mu matora y’Umukuru w’Igihugu aheruka.

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, Patrick Muyaya na we winjiye mu rugamba rwo guhangana n’aba banyapolitiki, avuga ko abanyapolitiki bamagana uyu mugambi babiterwa n’urwango bafitiye Perezida Tshisekedi.

Yagize ati “Uyu munsi rwose ndumva mbabaye kandi zinzi niba twifuza gukora Politiki igamije gucengana cyangwa y’urwangano abantu bakomeje kugaragariza Umukuru w’Igihugu, ariko ndatekereza ko izi mpaka zitazamuwe no guhindura cyangwa kudahindura Itegeko Nshinga.”

Patrick Muyaya yavuze ko ibyo Perezida Tshisekedi yatangarije i Kisangani ku kuvugurura Itegeko Nshinga, bitumvikanye neza.

Ku bijyanye na Komisiyo yatangajwe na Perezida Tshisekedi igomba kuzajyaho umwaka utaha ngo ikusanye ibitekerezo ku bizaba bikubiye mu Itegeko Nshinga rivuguruye, Patrick Muyaya yavuze ko abatavuga rumwe n’ubutegetsi, na bo bahawe karibu muri urwo rugendo rwo kugaragaza ibitekerezo.

Ati “Kuri iyi Komisiyo, byazaba byiza Sesanga [umunyamategeko udakozwe ibyo kuvugurura Itegeko Nshinga] na we ayigiyemo, nk’uko yakomeje kuba umwe mu baharanira uburenganzira, wenda yazatanga ibindi bitekerezo. Njye ndabona izi mpaka ziterwa n’ubwoba abantu bafite ku bushake bwa Perezida wa Repubulika.”

Patrick Muyaya yatanze urugero rw’ibigomba kuvugurwa mu Itegeko Nshinga, nk’ubwenegihugu bubiri, buza mu bibazo by’ibanze bigomba kuzasuzumwa, aho yavuze ko hari Abanyekongo benshi bakorera imiryango mpuzamahanga nk’uw’Abibumbye, bakomeje gusaba ubwenegihugu bubiri.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Menya ukuri ku makuru yavugwaga ko Miss Muheto yongeye gutabwa muri yombi

Next Post

America yasabwe gukuraho ingamba yari yafashe kubera Marburg zabangamiye u Rwanda

Related Posts

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

by radiotv10
15/09/2025
0

Umugaba Mukuru w’Igisirikare cy’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga, yasabye abasirikare 7 437 binjiye muri iki Gisirikare, ko bagomba kwitegura...

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yageneye Abanyekongo ubutumwa, abamenyesha ko adashobora kwicara ngo arebere...

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

by radiotv10
15/09/2025
0

Mu birori binogeye ijisho byabereye ku mbuga ngari ya Kiliziya yitiriwe Mutagatifu Petero iri i Roma, Gimbal Musk, umuvandimwe w’umuherwe...

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

Icyo Trump yasubije abajijwe ubutumwa yagenera Netanyahu nyuma y’igitero yagabye kuri Qatar

by radiotv10
15/09/2025
0

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za America, abajijwe ubutumwa yagenera Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko...

DRC: Hari Ishyaka ryemeje ko rizatangamo Kabila umukandida mu matora ya Perezida ya 2023

Eng.: In a strong message Joseph Kabila reveals what he wants for the Congolese

by radiotv10
15/09/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former president of the Democratic Republic of Congo, delivered a message to the Congolese people, stating...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura
IBYAMAMARE

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

by radiotv10
16/09/2025
0

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

16/09/2025
Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

16/09/2025
Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

Digital Money: Is cash in hands slowly dying in Rwanda?

16/09/2025
Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

15/09/2025
Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
America yasabwe gukuraho ingamba  yari yafashe kubera Marburg zabangamiye u Rwanda

America yasabwe gukuraho ingamba yari yafashe kubera Marburg zabangamiye u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Hatangajwe intambwe ishimishije mu kugeza amashanyarari ku Baturarwanda mu myaka 25 hanateguzwa ibyiza imbere

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.