• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Impapuro zo gufata Netanyahu hari uvuga ko bidahagije akavuga icyo yari akwiye gukorerwa

radiotv10by radiotv10
26/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Impapuro zo gufata Netanyahu hari uvuga ko bidahagije akavuga icyo yari akwiye gukorerwa
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei yavuze ko atemeranywa n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ICC ku cyemezo cyo gushyiraho impapuro zo guta muri yombi abarimo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu; akavuga ko ahubwo bakwiye guhanishwa igihano cy’urupfu.

Iran Ayatollah Ali Khamenei, yatangaje ibi ubwo yasabwaga kugira icyo avuga ku cyemezo cyafashwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) cyo gusohora impapuro zo guta muri yombi Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, uwigeze kuba Minisitiri w’Ingabo muri iki Gihugu, hamwe n’umuyobozi wa Hamas, Ibrahim Al-Masri.

Yagize ati “Ibyo gusohora impapuro zo kubata muri yombi ntibihagije… Igihano cy’urupfu kigomba gutangwa kuri aba bayobozi b’abanyabyaha.”

Mu cyumweru gishize, Abacamanza b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) bavuze bafashe icyemezo cyo gusohora impapuro zo guta muri yombi aba bayobozi, nyuma yo gusanga  ko hari impamvu zumvikana zigaraza ko Benjamin Netanyahu na Yoav Gallant bashobora kuba bafite uruhare mu byaha birimo ubwicanyi, itotezwa, no gukoresha inzara nk’intwaro y’intambara ku baturage b’abasivili ba Gaza.

Iki ni cyemezo cyarakaje Israel, ndetse ko kidashobora guhabwa agaciro, icyakora ku rundi ruhande, abaturage ba Gaza bagaragaje ko cyabahaye icyizere ko kizafasha guhagarika ubwicanyi no kugeza imbere y’ubutabera abakoze ibyaha by’intambara.

Ku ruhande rw’umutwe wa Hamas ufite ibirindiro muri Gaza, impapuro zo gufata Ibrahim Al-Masri, umuyobozi wawo, zigaragaza ibyaha akurikiranyweho, birimo ubwicanyi, gusambanya no gufata abantu bugwate byakorewe abasivile mu bitero byakozwe ku ya 07 Ukwakira 2023 muri Israel, ari na byo byateje intambara muri Gaza.

Ntibitazwi niba uyu mugabo akiri muzima cyangwa yarapfuye, kuko nubwo Israel ivuga ko yishe Ibrahim Al-Masri, uzwi  nka Mohammed Deif mu igitero cy’indege yagabye mu Kwakira 2024, kugeza ubu Hamas ntirabyemeza cyangwa ngo ibihakane.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 1 =

Previous Post

Hafashwe icyemezo ku bujurire bw’umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ wifuzaga gufungurwa

Next Post

U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho

Related Posts

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Next Post
U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho

U Rwanda na DRCongo bongeye kwicara ku meza y’ibiganiro: Menya ibyaganiriweho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umuhanzikazi France Mpundu nyuma yo kwambikwa impeta yahishuye ko agiye kwibaruka imfura

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.