Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

N’inkono iri ku ziko ntibayirebera izuba: Ubujura mu isura nshya i Kabarondo

radiotv10by radiotv10
28/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
N’inkono iri ku ziko ntibayirebera izuba: Ubujura mu isura nshya i Kabarondo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko ubujura bumaze gufata indi ntera by’umwihariko ubukorwa n’abana bazwi nk’aba ‘Marine’ badatinya no guterura inkono iri ku ziko irimo ibiryo.

Ubu bujura bwiganje ahitwa i Rusera mu Murenge wa Kabarondo, aho abahatuye bavuga ko abana babukora bakamejeje, ku buryo baniba ibidakwiye kwibwa.

Umwe muri bo yagize ati “Umugore yari atetse njyewe ndi mu nzu, yari irimo inyama yinjiye mu nzu agiye gutora utuntu tw’uturungo asanga inkono barayijyanye.”

Aba baturage kandi bavuga ko aba bajura, batanatinya gutobora inzu ndetse n’abantu barimo baryamye ariko ntibibakange.

Undi muturage yagize ati “Bamena inzu bagatobora cyangwa isafuriya bayisanga ku mashyiga bakayiterura.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana yabwiye RADITV10 ko aba bana baturuka mu miryango isanzwe irimo ibibazo, ku buryo gukemura ikibazo cyabo, bisaba ubufatanye bw’inzego, hagakomezwa ubukangurambaga na gahunda zigamije gushakira umuti ibibazo biri mu miryango.

Yavuze kandi ko iyi santere ya Rusera iri gutera imbere, ku buryo ari na byo bikurura aba bana baba bavuye mu miryango yabo kubera ibyo bibazo.

Ati “Abo bana nubwo bazerera hari igihe rimwe na rimwe abaturage babigiramo uruhare usanga babakoresha imirimo itandukanye babaha ibyo kurya, babahemba n’amafaranga, ibyo na byo biri mu bishobora kuba byatera ikibazo. Tuzakomeza kubegera tubakangurira kuba bagira uruhare kuba abana basubizwa mu miryango.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yanasabye abaturage kudakomeza ibikorwa nk’ibi byimakaza ubu bujura, ahubwo bagafatanya n’inzego gushaka umuti w’ibibazo biba biri mu miryango yabo.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × one =

Previous Post

Amakuru agezweho ku matora ashobora gusiga handitswe amateka muri Namibia

Next Post

Menya Abambasaderi bashya bakiriwe na Perezida Kagame n’Ibihugu byabohereje kubihagarariramo mu Rwanda (AMAFOTO)

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya Abambasaderi bashya bakiriwe na Perezida Kagame n’Ibihugu byabohereje kubihagarariramo mu Rwanda (AMAFOTO)

Menya Abambasaderi bashya bakiriwe na Perezida Kagame n’Ibihugu byabohereje kubihagarariramo mu Rwanda (AMAFOTO)

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.