Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibitamenyerewe: Umuhanda unyura mu kigo cy’ishuri rwagati i Rusizi n’ibiwuvugwaho

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibitamenyerewe: Umuhanda unyura mu kigo cy’ishuri rwagati i Rusizi n’ibiwuvugwaho
Share on FacebookShare on Twitter

Abarimu bigisha mu kigo cy’Ishuri Ribanza rya Giti mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, n’ababyeyi baharerera, bavuga ko umuhanda unyura hagati muri iki kigo ubangamira imyigire y’abana, kuko iyo hanyuze ibinyabiziga bibasakuriza, ndetse hanyura n’abo bazi bakabararangarira, nyamara ngo iki kibazo cyavuzwe kenshi ariko nticyashakirwa umuti.

Umwanya wa meteroeshanu uri hagati y’imbumba bibiri by’amashuri bigoye kwiyumvisha ko ari umuhanda kugeza ubwo umuntu abonye hatambutse ibinyabiziga cyangwa abaturage bigendera, ni rwo rwinjiriro rw’uyu muhanda muri iki kigo.

Nyirandayisenga Sifa, umwe mu barimu bigisha muri iri shuri byumwihariko wigishiriza mu cyumba cyegeranye n’uyu muganda, avuga ko bitamworohera gutanga amasomo igihe ibinyabiziga biba bicicikana, n’abaturage batambuka baganira ibyo mu buzima busanzwe.

Ati “Rimwe na rimwe hacamo n’ubukwe kandi akenshi ababutashye baba baririmba harimo n’imodoka nyinshi abana bagahita barangara, ugasanga biragoye mu gihe uyu muhanda ukirimo hano mu kigo kuko akenshi mwarimu yigisha ahanganye n’abana baba barangariye ibibera mu muhanda.”

Undi mwarimu witwa Nzabamwita Pierre yagize ati “Akenshi na kenshi tuba duhagaze kwigisha tukabanza tukareka imodoka cyangwa moto bigatambuka ubundi tugasubukura nyuma, hari nubwo abana bo mu wa mbere bahita basohoka bakirukanka bakajya kureba nk’abo bageni cyangwa imodoka.”

Umuturage witwa Kampire Diane ukoresha uyu muhanda mu buzima bwa buri munsi, avuga ko kunyura hagati mu kigo kw’abaturage barimo n’ababyeyi ba bamwe mu bana bahiga, bitera kurangara kw’abana nko mu gihe babonye umuntu bazi.

Ati “Iyo akuzi nyine uba usanga ari kuguhamagara ngo dore runaka aratambutse hakaba n’abaza birukanka bakagusuhuza kandi bitari ngombwa ahubwo bakabaye bakurikirana ibyo bajemo.”

Umuyobozi w’iki kigo cy’Ishuri, Nteziryayo Daniel avuga ko iki kibazo agitanga muri buri raporo akoze nk’ikibangamiye imyigire y’abana ndetse abayobozi ku nzego zitandukanye na bo bakahagera kenshi bakabyibonera, ariko kugeza ubu kikaba kidashakirwa umuti.

Akomeza avuga ko hari n’ubwo ibinyabiziga bisanga abana bari hanze ku buryo hari impungenge ko bishobora kubagonga bitewe n’uko binyura aho baba bari gukinira.

Ati “Ejo bundi hari umwana habuze gato ngo agongwe na moto, yarirukankaga habura gato ngo ayigwemo imukubita ku ruhande gato, bigaragara ko uyu muhanda ari imbogamizi. Bibaye byiza wakwimurirwa ahandi.”

Umuyobozi Wungirije w’agateganyo w’Akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwimana Monique avuga ko ubuyobozi buzi iki kibazo kandi butatereye agati mu ryinyo ahubwo ko imwe mu mpamvu ituma gifata igihe ari ukuba ba nyiri ubutaka uyu muhanda uteganywa kwimurirwamo bagikeneye kwegerwa kugira ngo habeho ubwumvikane.

Ati “Ubu rero turi mu biganiro. Iyo bamwe bumvise ngo baraduha ingurane bahita bumva ko nyine ari umushinga waje kubaha ubukire bwihuse ariko si byo kuko na bo barerera muri ririya shuri bakwiye kubyumva ukundi.”

Amakuru avuga ko uyu muhanda ari wo wahabanje nyuma uza gukikizwa ibyumba by’amashuri, ndetse ko n’iki kigo atari icya Leta gusa ahubwo igihuriyeho na Diyoseze Gatulika ya Cyangugu.

Abana baba bari kubisikana n’abagenzi

Mwarimu Nyirandayisenga Sifa avuga ko bibangamye cyane
Nzabamwita Pierre avuga ko hari nubwo bahagarika amasomo kubera urusaku rw’ibinyabiziga

Kampire Diane usanzwe ari umuturage unyura muri uyu muhanda avuga ko na we abona bigayiye
Directeur w’iri shuri avuga ko nta gihe atabitangamo raporo
Abaturage baba bitambukira nta nkomyi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − 3 =

Previous Post

BREAKING: Herekanywe ibicuruzwa bya miliyoni 200Frw byafashwe byinjizwa mu mayeri byari guhombesha Igihugu akayabo

Next Post

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

Iby’ingenzi wamenya ku mpinduka zigiye kuba muri Pansiyo yazamuraga impaka mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.