Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Inkuru nziza n’urujijo ku mwana w’i Musanze wari wabuze bigahangayikisha umuryango we

radiotv10by radiotv10
29/11/2024
in MU RWANDA
0
Inkuru nziza n’urujijo ku mwana w’i Musanze wari wabuze bigahangayikisha umuryango we
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka 16 wiga mu ishuri ryo mu Karere ka Musanze wari wabuze nyuma yo kwaka uruhushya ubuyobozi bw’ishuri yigamo avuga ko agiye kwivuza, ariko uwo munsi ntagaruke, yabonetse nyuma y’iminsi itatu bamushakisha, aho abonekeye abwira umuryango we ko na we atazi uko yageze aho bamusanze.

Uyu mwana wiga mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye mu ishuri rya Sonrise High School rinigishamo umubyeyi we, yari yabuze ku wa Kabiri tariki 26 Ugushyingo 2024, nyuma yuko avuye ku ishuri mu gihe cy’amasomo asabye uruhushya ubuyobozi bw’ishuri avuga ko agiye kwivuza umutwe kuko yavugaga ko ari kuribwa.

Yabonetse kuri uyu wa Kane tariki 28 Ugushyingo 2024 ubwo umubyeyi we yahamagarwaga n’abantu bamubwira ko bamubonye mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze.

Uyu mubyeyi wavuganye n’ikinyamakuru Kigali Today dukesha iyi nkuru, yagize ati “ubu turi kumwe, nakomeje kumubaza impamvu yageze muri Kimonyi kandi yari yasabye uruhushya rwo kujya kwivuza, ari kumbwira ko na we atazi uburyo yagezeyo.”

Uyu mubyeyi avuga ko nyuma yuko babonye umwana wabo, bari kumwondora. Ati “nyuma wenda araduha amakuru kuko ntabwo natwe turamenya neza icyatumye abura muri iyo minsi itatu, buriya namara kuruhuka aratubwira ibyamubayeho.”

Uyu mubyeyi uvuga ko umwana we yagiye atarembye, cyane avuga ko ubwo yaburaga, bagiye gushakishiriza mu mavuriro yose yo mu mujyi wa Musanze bahereye ku ryo yari yagiye kwivurizamo ryo kwa Kanimba, bakamubura, ari bwo biyambazaga uburyo bwose burimo gutanga amatangazo ku mbuga nkoranyambaga no ku bitangazamakuru.

Byamukama Isaac uyobora ishuri rya Sonrise School yavuze ko uyu mwana yabanje kubonwa n’umubyeyi bahuriye mu nzira agahita amujyana ku Biro by’Akagari ari na ho babahamagaye.

Ati “Uwo mubyeyi yamujyanye ku Kagari amugejejeyo bafata za telefoni twari twashyize ku itangazo, baraduhamagara duhita tunyaruka tujya kumureba.”

Avuga ko basanze uyu mwana ameze neza, ndetse n’imyenda ye n’inkweto yagiye yambaye bisa neza, bagahita bamujyana kuri Isange One Stop Center, kugira ngo hasuzumwe niba atarahohotewe.

Umuryango w’uyu mwana, uvuga ko ntakibazo asanzwe agira, ndetse ko ari umuhanga mu ishuri kuko atsinda akagira amanota meza, akaba ari n’umwana wumvikana ko afite ahazaza he heza kubera intego afite.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × three =

Previous Post

Quand la corruption nous tient!

Next Post

Umuraperi w’ikirangirire Drake akomeje kuzamura imanza zifite ikizihishe inyuma

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuraperi w’ikirangirire Drake akomeje kuzamura imanza zifite ikizihishe inyuma

Umuraperi w’ikirangirire Drake akomeje kuzamura imanza zifite ikizihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.