Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Airtel Rwanda yazanye agashya gashyira igorora abakiliya bayo kanabazaniye impano zizabanogera

radiotv10by radiotv10
06/12/2024
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Airtel Money Revamps Interoperability: Launches new campaign WAMENYE WAGUAN?! To promote Seamless Cross-Network Transfers with Free Bundles
Share on FacebookShare on Twitter

Sosiyete y’Itumanaho ya Airtel Rwanda yamuritse uburyo bushya bwo kwakira no kohereza amafaranga kuri Airtel Money ku mirongo yose bidasabye kunyura mu nzira nyinshi nk’uko byari bisanzwe, bwanazanye na Poromosiyo y’ubwasisi bwo kubaha inyongezo ya inite za interineti n’izo guhamagara.

Ubu buryo bushya bwo kohereza no kwakira amafaranga ku yindi mirongo, bwitezweho korohereza abakoresha umurongo wa Airtel Rwanda kwakira no kohereza amafaranga bitabagoye.

Umuyobozi Mukuru wa Airtel Money mu Rwanda, Jean Claude Gaga avuga ko iyi serivisi imaze igihe itangijwe, ariko ko uburyo yakoreshwaga hari harimo imbogamizi, ubu zikaba zavuyeho.

Ati “Wasangaga umufatabuguzi asabwa kugira ngo yemeze amabwiriza bigasa n’aho asubiyemo gahunda yo kwemeza amabwiriza aba yarakoze ajya ku murongo. Ubu guhera none umukiliya yaba undi murongo uwo ari wo wose cyangwa Airtel Money iyo agiye kohereza amafranga ntabwo bimusaba ko uriya muntu wundi aba yaremeje amabwiriza mbere yuko abona amafaranga.”

Yavuze ko ubu kohereza amafaranga ku yindi mirongo, byoroshye, ari ugukanda *182*1*2# ubundi uwohereza agakurikiza amabwiriza.

Usibye korohereza abakiliya, Airtel Money ivuga ko uburyo bushya bwo kohereza no kwakira amafaranga ku yindi mirongo, ubu byazanye n’impano ku mukiliya buri uko yohereje amafaranga, muri poromosiyo yiswe Wamenye WAGUAN!.

Jean Claude Gaga ati “Nukoresha tuzajya tuguha bundle yo gukoresha interinete cyangwa iyo guhamagara. Iyo ufite telefone ya tashi (smart phone) uzajya ubona hagati ya megabayiti 300 na gigabayiti imwe buri uko wohereje ariko nibura wohereje kuva ku maaranga ari hejuru y’igihumbi y’Igihumbi.”

N’abafite telefone zisanzwe, ntibirengagijwe ko na bo nibakoresha ubu buryo, bazajya bahabwa bundlre zo guhamagara ku mirongo yose ingana n’iminota 40 ikoreshwa mu masaha 24.

N’ababikuza amafaranga na bo, bagenewe iyi mpano, nabwo bikazajya bisaba kubikuza guhera ku mafaranga 1 000 ku mu agent wa Airtel Money.

Airtel Money ivuga ko ku bantu bohereje amafranga arenze 1 000 Frw bazajya bahabwa Megabytes 300 buri uko bohereje, naho abohereje arenga ibihumbi 7000 Frw bahabwe impano ya Gigabit 1.

Ubu buryo bwatangijwe kuri uyu wa Kane

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 4 =

Previous Post

Guverinoma y’u Burundi yatanze umucyo ku muyobozi mu Nzego Nkuru wagiye i Burayi ntagaruke

Next Post

Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

Indwara y’amayobera yagaragaye muri Congo ikomeje kuba inshoberamahanga inahitana benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.