Tuesday, July 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda

radiotv10by radiotv10
16/12/2024
in MU RWANDA
1
Rurangiranwa usuye u Rwanda kabiri mu kwezi yavuze isomo rikomeye Isi yakwigira ku Banyarwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyarwenya Steve Harvey unatanga ibiganiro kuri Televiziyo bikundwa na benshi, wagendereye u Rwanda inshuro ebyiri mu gihe kitageze ku kwezi, avuga ko akurikije uko yasanze u Rwanda n’Abanyarwanda, ndetse n’amateka banyuzemo, bafite byinshi bakwigisha Isi.

Mu kwezi gushize, Steve Harvey yari yasuye u Rwanda, aho yanakiriwe na Perezida Paul Kagame, bakagirana ibiganiro, ndetse anasura Urwibutso rwa Kigali rwa Jenoside yakorewe Abatutsi, ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250, aho yanasobanuriwe amateka y’u Rwanda yatumye rusenyuka, ndetse n’uburyo rwiyubatse no kongera kubanisha Abanyarwanda ubu bunze ubumwe.

Kuva mu cyumweru gishize kandi, Steve Harvey ari mu Rwanda, aho yitabiriye ibikorwa by’Inteko rusange y’Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku modoka FIA birimo n’itangwa ry’ibihembo.

Mu kiganiro Steve Harvey yagiranye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, yavuze ko uko yasanze u Rwanda n’Abanyarwanda bameze, ari isomo rikomeye rikwiye gufatirwaho icyitegererezo n’Isi yose.

Yagize ati “Kuba mwarashoboye kwikura mu byabaye, ni gihamya cy’abo muri bo uyu munsi, bishimangira ubuyobozi bwiza mufite. Mbabwije ukuri murihariye cyane, ku buryo abandi bakwiye kujya baza bakabigiraho, kugira ngo bamenye igisobanuro cyo kubabarirana n’urukundo.”

Uyu mugabo w’imyaka 67 y’amavuko, avuga ko akurikije uko yasanze u Rwanda rumeze, nta muntu utakwifuza kurushoramo imari, ndetse ko na we ari yo ntego.

Ati “Hari byinshi twifuza gukora hano mu Rwanda. Ni Igihugu cyihariye, numva ko twahakorera ibikorwa by’ishoramari kandi ni na byo turi gukora hamwe n’itsinda ryanjye turi kumwe, turi gushaka uburyo twabyaza umusaruro ayo mahirwe ari mu ishoramari rya hano.”

Uyu mushoramari, avuga ko ibi bazabikora mu rwego rwo gushyigikira iterambere rishimishije u Rwanda rurimo, no gufasha urubyiruko rw’u Rwanda kubona imirimo.

Steve Harvey mu kwezi gushize yari yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Kuri iki Cyumweru yasuye ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru

RADIOTV10

Comments 1

  1. RWAMUZA Bruce says:
    5 months ago

    mwazanfashije Koko mukampa stage

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + three =

Previous Post

Karongi: Ubuzima buteye agahinda bw’abana biga bataha ku muhanda n’icyo ubuyobozi bubavugaho

Next Post

Kayonza: Akarere katanze umucyo ku ntandaro y’urupfu rw’umunyeshuri waguye ku ishuri

Related Posts

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

by radiotv10
28/07/2025
0

Once considered a forgotten and underdeveloped place, the hills of Kibali, in Rwanda's Gicumbi District, are now a symbol of transformation...

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

by radiotv10
28/07/2025
0

Uruganda rwa BRALIRWA rwenga ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, rwatangaje ko mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka, rwungutse miliyari 18,4 Frw...

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

AMAFOTO: Urangije inshingano nka Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda arishimira ibihe byiza yahagiriye

by radiotv10
28/07/2025
0

Ambasaderi Antoine Anfré uri gusoza inshingano ze nk’uhagarariye u Bufaransa mu Rwanda, yagaragaje ko yishimira kuba aherutse gusura Inka z’Inyambo...

IZIHERUKA

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru
IBYAMAMARE

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

29/07/2025
Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

Hope on the Hills of Kibali: Anglican Bishop calls for hard work to build a better future

28/07/2025
BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

BRALIRWA yatangaje umubare wa miliyari yungutse mu mezi atandatu n’impamvu yazamutseho 24%

28/07/2025
Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

Iby’ingenzi byagezweho mu biganiro byahuje Thailand na Cambodia baherutse kwinjiye mu mirwano ikomeye

28/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Akarere katanze umucyo ku ntandaro y’urupfu rw’umunyeshuri waguye ku ishuri

Kayonza: Akarere katanze umucyo ku ntandaro y'urupfu rw’umunyeshuri waguye ku ishuri

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.