Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Herekanywe ukekwaho ubutekamutwe burimo ubwo yakoreye umukobwa yabeshye urukundo akamurya 4.000.000Frw

radiotv10by radiotv10
23/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Herekanywe ukekwaho ubutekamutwe burimo ubwo yakoreye umukobwa yabeshye urukundo akamurya 4.000.000Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwerekanye umusore ukekwaho ibyaha birimo icyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, aho yagiye arya amafaranga y’abantu batandukanye abizeza ibitangaza, barimo umukobwa yabeshye urukundo ko azamushakira ibyangombwa bimujyana muri Canada, akamurya 3 000 $ [Arenga miliyoni 4 Frw].

Uyu musore w’imyaka 33 witwa Musabyimana Theophile uzwi nka Hirwa nk’izina yiyise avuga ko ari iry’akazi, yerekanywe kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ukuboza 2024, mu gihe yafashwe tariki 19 Ukuboza.

Akurikiranyweho ibyaha bitatu, ari byo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, kwiyitirira umwuga adafitiye ububasha, gukora cyangwa gukoresha impapuro mpimbano.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko ifatwa ry’uyu musore ryaturutse ku butekamutwe yakoreye umugore w’umwe mu biyita ba Noteri uherutse gufatwa na we, akamubwira ko baziranye, kandi ko ashaka kumwitura akamufunguza ngo kuko yamugiriye neza.

Ati “Yamusabye amafaranga 1 135 000, ayo mafaranga yavugaga ko ari yo kugira ngo asubizwe muri ba bantu bibwe ikibanza, noneho ngo dosiye isubire inyuma ngo mu Bugenzacyaha ngo hanyuma dosiye ntijye muri IECMS [sisiteme inyuzwamo ibireho].”

Iperereza ry’ibanze ryakozwe, ryagaragaje ko uyu muntu yagiye yaka abantu banyuranye amafaranga, abizeza ibyo azabakorera, bikarangira bitabaye.

Nko ku mukobwa yabeshye urukundo, uyu Musabyimana yamwizeje ko bazabana, ndetse ajya no kumwerekana mu muryango we, aza no kumwizeza ko azamushakira ibyangombwa byo kujya gutura muri Canada, undi amuha ibihumbi bitatu by’idolari ( 3 000 USD).

Dr Murangira ati “Yaramubeshye barakundana, akajya ajya n’iwabo bamuzi, akajya afata imodoka akagenda akamufata ku kazi, akamugenza mu rugo, mu gitondo akamufata akamugeza ku kazi, undi akaba azi ko imodoka ko ari iye, kandi ari yo yabaga yakodesheje, hanyuma umukobwa aramwizera uyu Hirwa atangira kumubwira ukuntu azamufasha kujya muri Canada, ku ikubitiro umukobwa amuha ibihumbi bitatu by’amadolari.”

Dr Murangira yavuze kandi ko nyuma yo kumuha ibyo bihumbi bitatu by’amadolari, hari n’andi mafaranga uyu mukobwa yagendaga amuha, rimwe akamuha “ibihumbi magana atanu, ibihumbi managa abiri, ngo by’ibyangombwa…”

Hari abandi yagiye yizeza kubaha telefone zigezweho, akabaka amafaranga ari munsi y’igiciro cyazo, nk’uwo yari yizeje iPhone 16 Pro Max ku bihumbi 900 Frw, birangira atayimuhaye.

Undi yamuhaye ibihumbi 400 Frw amwizeza kuzamuhuza n’umucuruzi uzamuha iPhone 11 Pro Max, na we amaso ahera mu kirere.

Hari n’abo yizezaga kubasengera bagakira, aho hari uwo yabibeshye kugira ngo amusengere ngo azakire inyatsi, akamuha miliyoni 9 Frw.

Nanone kando hari abo yabeshye ko bafatanya mu gushora imari, nk’uwo yabwiye ko bafatanya mu ishoramari ry’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro, akamusaba gushora imari ya miliyoni 11 Frw.

Umuvugizi wa RIB, Dr Murangira B. Thierry wasabye abantu kujya bashishoza mu gihe bizezwa ibitangaza nk’ibi, yasabye ababa baratekewe umutwe n’uyu mugabo, kujya gutanga ikirego kugira ngo iperereze rigendere rimwe.

Yagize ati “Hari igihe haba hari ababeshywe, hari ufite ikirego, natere intambwe yegere RIB hano i Remera byiyongere ku bindi.”

Mu byaha akurikiranyweho kandi, harimo ibishingiye kwiyitirira inzego zirimo iz’umutekano n’iz’ubutabera, mu rwego rwo kugira ngo abone uko atekera umutwe abantu ngo abarye amafaranga yabo.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kandi ruvuga ko uyu Musabyimana Theophile atari ubwa mbere akurikiranyweho ibyaha, dore ko n’ubundi yigeze gukatirwa igifungo cy’imyaka itatu, aho umwe yawufunzwe n’undi yasubikiwe mu myaka ibiri, akaba yari akiri mu bihano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + nineteen =

Previous Post

Mu rurimi rw’Ikinyarwanda General Muhoozi yongeye kugenera ubutumwa Perezida Kagame

Next Post

Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho

Rubavu: Ikibazo bamaranye imyaka itanu bagihaweho igisubizo kibasaba kwitekerezaho

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.