Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Nyamasheke: Uko abagabo babiri baguwe gitumo babaga ihene bari bibye

radiotv10by radiotv10
24/12/2024
in Uncategorized
0
Nyamasheke: Uko abagabo babiri baguwe gitumo babaga ihene bari bibye
Share on FacebookShare on Twitter

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kirimbi mu Karere ka Nyamasheke, bari kubaga ihene bari bibye umuturage ari na we wabaguye gitumo batangiye kuyikuraho uruhu, kugira ngo bajye kugurisha inyama.

Aba bagabo barimo uw’imyaka 32 n’umusore w’imyaka 18, bafatiwe mu Mudugudu wa Rusebeya mu Kagari ka Muhororo mu Murenge wa Kirimbi.

Umuturage wari wibwe iri tungo, ni we wabyutse asanga baryibye, ahita atangira gushakisha, ari na bwo yazaga kugwa ku bagabo babiri bari kubaga iri tungo rye, batangiye kurikuraho uruhu.

Bahise bafatwa, batabwa muri yombi n’inzego, ubu bakaba bacumbikiwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB nk’uko byemejwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kirimbi, Habimana Innocent.

Aganira n’Ikinyamakuru cyitwa Umuseke, uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kirimbi, yagize ati “Abo bajura bafashwe bari kuri sitasiyo ya RIB ya Macuba bari kubibazwa.”

Uyu Muyobozi yakomeje agira ati “Nibahamwa n’icyaha, amategeko azakurikizwa umuturage arihwe ihene ye.”

Uyu muyobozi yaboneyeho kuburira abantu babona iminsi mikuru yegereje bakishora mu bikorwa by’ubujura, kubireka dore ko muri uyu Murenge bwakajije umurego.

Yagize ati “Abaturage bagasabwa kuba maso, bagacunga ibyabo neza, ahari amatungo bagahorabagenzura ko nta kibazo afite.”

Nanone kandi abaturage basabwe kujya batangira amakuru ku gihe mu gihe hari uwo bakekaho ubujura, ndetse n’aho babona ibishobora guteza icyuho cyabwo, kimwe n’ibyahungabanya umudendezo wabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seven =

Previous Post

Uko byifashe muri Congo: M23 yagaragaje igifaru yambuye FARDC ishinja amarorerwa

Next Post

Uvuga ko hari icyifuzo yahaye Perezida arashinja Umurenge kumurangarana mu myaka 10 yose

Related Posts

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uvuga ko hari icyifuzo yahaye Perezida arashinja Umurenge kumurangarana mu myaka 10 yose

Uvuga ko hari icyifuzo yahaye Perezida arashinja Umurenge kumurangarana mu myaka 10 yose

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.