Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Muhanga: Uko hagiye hanze amakuru yatumye hatahurwa umugabo wari warahinze urumogi

radiotv10by radiotv10
27/12/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Muhanga: Uko hagiye hanze amakuru yatumye hatahurwa umugabo wari warahinze urumogi

Ifoto yakuwe kuri Internet, ni iyifashishijwe idahuye n'ibivugwa mu nkuru

Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo w’imyaka 29 utuye mu Murenge wa Nyabinoni mu Karere ka Muhanga, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, nyuma yuko atahuweho kuba yari yarahinze urumogi mu murima w’ibishyimbo, aho byamenyekanye nyuma yo gutongana na mugenzi we wari ubizi agahita amushyira hanze.

Uyu mugabo witwa Venutse utuye mu Muduguru wa Karengere mu Kagari ka Mbuga mu Murenge wa Nyabinoni, aho yasanzwe yari yarahinze urumogi mu murima w’ibishyimbo uri munsi y’urugo rwe.

Nyuma yo gutahurwa, yahise ashyikirizwa inzego, ubu akaba acumbikiwe kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha ya Kiyumba kugira ngo dosiye y’ikirego cye itunganywe ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Dusabimana Télesphore uyobora by’agateganyo Umurenge wa Nyabinoni, yemereye ikinyamakuru Umuseke dukesha aya makuru ko uyu Venuste yafashwe nyuma yuko hatahuwe ko yari yarahinze urumogi.

Uyu muyobozi avuga ko intandaro yo gutahura uyu mugabo, yabaye amakimbirane yabaye hagati ye n’umuturanyi we batonganye, ubundi akamwaka amafaranga kugira ngo atamumenera ibanga amubikiye ndetse baniyunge.

Yavuze ko uwakaga amafaranga ari uwari wabwiwe nabi na Venuste kuko yari yamukomereje, ariko undi amubwira ko atayabona ngo kuko yari menshi.

Uyu muyobozi w’Agateganyo, yagize ati “Yamusabaga amafaranga menshi kugira ngo biyunge, undi amubwira ko atayabona usibye kwiyunga gusa.”

Uyu muturage yahise abwira mugenzi we ko agiye gushyira hanze amakuru ko uyu Venuste yahinze urumogi, ari na bwo yahise abitangariza inzego.

Uyu Munyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo, avuga ko atari ubwa mbere uyu muturage avuzweho iki cyaha, kuko yanigeze kujyanwa mu Kigo Ngororamuco Iwawa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + sixteen =

Previous Post

Hamenyekanye ibyavuye mu biganiro bya Kabila wasimbuwe na Tshisekedi n’Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi

Next Post

Abasirikare bakora ubuvuzi bibukijwe ko inshingano zabo zitagarukira ku bo muri RDF gusa

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abasirikare bakora ubuvuzi bibukijwe ko inshingano zabo zitagarukira ku bo muri RDF gusa

Abasirikare bakora ubuvuzi bibukijwe ko inshingano zabo zitagarukira ku bo muri RDF gusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.