Sunday, September 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi barira ayo kwarika kandi bari babonye umusaruro ushimishije

radiotv10by radiotv10
01/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Mu Rwanda habonetse abandi bahinzi barira ayo kwarika kandi bari babonye umusaruro ushimishije
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’imyumbati mu Karere ka Nyanza, byumwihariko mu gice kizwi nk’Amayaga, baravuga ko bari babonye umusaruro ushimishije, ariko bakaba barabuze isoko, ku buryo hari abari kugurisha ku giciro cya 1/2 cy’icyo bari basanzwe bagurishaho.

Uwimana Drocela ati, avuga ko ikilo cy’imyumbati cyari gisanzwe kigura 500 Frw, none ubu bamwe mu babuze uko bagira kubera kubura isoko, bari guteza umusaruro wabo kuri 250 Frw.

Ati “Umuhinzi arahomba kuko tuba twahinze bitugoye bihenze, wajya kugurisha ukabura aho ugurishiriza umusaruro wawe naho bakuguriye bakaguhenda.”

Mugenzi we witwa Sebuto Emmanuel na we yagize ati “Abahinzi turahomba rwose kuko iyo uhinze ukabura isoko umusaruro wawe bituma ubukene  buza mu muryango kandi warahinze.”

Aba bahinzi bavuga ko mbere imyumbati bayigurirwaga ku giciro kiri hejuru ugereranyijen’icyo bagurirwaho ubu ndetse abenshi barayihunitse kubera kwanga kuyitangira aya mafaranga macye, ku buryo batabonye isoko mu maguru mashya, yakwangirika.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyanza Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Kajyambere Patrick avuga ko ibiciro by’iki gihingwa bigenda bihindagurika bitewe n’umusaruro wabonetse.

Ati “Iyo ibihe byagenze neza hari igie umusaruro uba mwinshi ibiciro bikajya hasi, tugiye kubikurikirana twumvikane n’uruganda rwa Kinazi ndetse n’abandi baguzi b’ahandi tukumvikana tugashaka isoko.”

Mu Karere ka Nyanza, imyumbati ihingwa ku buso busaga hegitari 7 000, ifatwa nka kimwe mu gihingwa cy’ingenzi gitunze aba bahinzi bo muri aka Karere cyane cyane mu gice cy’Amayaga mu Mirenge ya Ntyazo, Muyira, Kibirizi, Kigoma na Busoro.

Bari babonye umusaruro ushimishije
Bafite ikibazo cy’isoko
Bamwe baremera bakawuteza kuri 1/2 cy’igiciro bari basanzwe bagurirwaho

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. BAGARAGAZA JULES says:
    9 months ago

    Iki giciro nicyo ahubwo hakagobye kwiga kubishorwamo icyo kiguzi kikaba cyagabanuka.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 4 =

Previous Post

Ndabizeza ko umutekano n’ubusugire bizahora birinzwe uko byagenda kose-Perezida yinjiza Abanyarwanda muri 2025

Next Post

Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025

Related Posts

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Abantu babiri mu bagize agatsiko k’abagizi ba nabi baherutse gutegera abageni mu nzira mu murenge wa Bushenge bakabakubita ndeste bakanabambura...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

by radiotv10
13/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abantu batatu bagaragaye mu mashusho bakorera urugomo umugore mu Murenge wa Nyarugenge, baragagayemo umwe wamutemeshaga...

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

by radiotv10
13/09/2025
0

Ikigo cy'Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije REMA, kigaragaza ko guteka hadakoreshejwe Gaz mu bigo by'amashuri 20 byo mu Ntara y'Amajyepfo byatumye...

Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

by radiotv10
12/09/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungire yibukije Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko Ingabire Victoire Umuhoza...

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

by radiotv10
12/09/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko yamaze gufata umwe mu basore bagaragaye mu mashusho bari gukubita umukobwa bakoresha umuhoro, byabereye mu...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi
MU RWANDA

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

by radiotv10
13/09/2025
0

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

13/09/2025
Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

13/09/2025
UPDATE: Amakuru agezweho ku basore bagaragaye bakorera ubugome umukobwa muri Kigali

UPDATE: Abagaragaye bakorera ubugome umugore banafite umuhoro byemejwe ko bose bafashwe

13/09/2025
Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

Hagaragajwe ingano y’imyuka ihumanya ikirere yakumiriwe mu Rwanda kubera gutekesha Gaze

13/09/2025
Ingabire Victoire yagarutse imbere y’Urukiko arugezeho icyifuzo

Igisubizo u Rwanda ruhaye u Burayi bwarutegetse gufungura umunyapolitiki Ingabire Victoire ataranaburana

12/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025

Minisitiri ukomeje gushyigikira Muzika Nyarwanda yavuze ku gitaramo cyabimburiye ibindi muri 2025

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Abategeye abageni mu nzira bakabagira intere batawe muri yombi

Icyo Igisirikare cya Congo-FARDC kivuga ku rupfu rutunguranye rw’Umujenerari wayoboraga Ingabo muri Uvira

Umunyamakuru wamenyekanye muri Siporo yagaragaje abakinnyi b’ibihe byose kuri we mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.