Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yagaragaje inzira yageza ku muti w’ibibazo byo muri DRC

radiotv10by radiotv10
16/01/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko ntayindi nzira ishobora kuvamo umuti w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, atari ukubanza kumva umuzi wabyo, nubwo bikomeje kwirengagizwa.

Perezida Kagame yabivuze kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025 ubwo yakiraga ku meza abahagarariye Ibihugu n’Imiryango Mpuzamahanga mu Rwanda.

Umukuru w’u Rwanda yagarutse ku bibazo biri mu karere, u Rwanda ruherereyemo, aho iki Gihugu cyagiye kikorezwa umutwaro kitari gikwiye kwikorera, kandi ko biba kubera ibyo Bihugu byigisha ibindi indangagaciro.

Yavuze ko hari Ibihugu byo hanze ya Afurika byagize uruhare mu buryo buziguye cyangwa butaziguye muri ibi bibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ariko bikirengagiza inzira ya nyayo ikwiye kuvamo umuti wabyo kandi byaragize uruhare mu gutuma bibaho.

Ati “Ariko niba ushaka gukemura ikibazo nta nzira nziza yabaho utabanje kureba umuzi wabyo, ntacyo byaba bivuze icyo washingiraho cyose, n’uwo waba uri we wese.”

Yagarutse ku ngabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri DRC (MONUSCO) zimaze imyaka 30, ariko iki kibazo zagiye gukemura kikaba kigihari.

Ati “Kuki waba ukiri aho kandi waragiye gukemura ikibazo, ariko kikamara imyaka 30. Wenda byagufata imyaka itanu cyangwa icumi, ariko se imyaka mirongo itatu!”

Yavuze ko gukomeza kwegeka ibibazo ku Rwanda, ari ugushaka kwikuraho ikimwaro ku kunanirwa inshingano zo gushaka umuti w’ibi bibazo.

Ikibabaje ni ukuba aba begeka ibibazo ku Rwanda, birengagiza umutwe wa FDLR wasize uhekuye u Rwanda, ubu ufashwa n’ubutegetsi bwa Congo, ugakomeza ibikorwa bibi nk’ibi, mu maso y’izi ngabo z’Umuryango w’Abibumbye.

Ahubwo Umuryango mpuzamahanga ukigira nyoni nyinshi kuri iki kibazo, ukibaza niba “ese baracyabaho, bari he?…”

Uyu muryango mpuzamahanga ukabirengaho ugashinja u Rwanda kujya muri Congo, Umukuru w’u Rwanda akavuga ko bitari bikwiye kuvugwa muri iki gihe Isi igezemo.

Avuga ko kuvuga ibi biba bifite ikibyihishe inyuma, ariko ko ikibazo hari ababifata nk’ukuri bakabyemera nk’aho ari byo kandi ari ikinyoma.

Yavuze ko abashinja u Rwanda kuba ruri muri Congo, bari bakwiye gutekereza impamvu yagakwiye gutuma rujyayo, kandi ko yabafasha kugera ku muti w’iki kibazo, kuko byabafasha kumenya umuzi wacyo.

 

Impuguke ni iz’iki?

Umuryango w’Abibumbye, wagiye wohereza itsinda ry’impuguke rigiye gukora ubushakashatsi ku bibazo byo muri Congo, Perezida Kagame akavuga ko ikibabaje ari uko zimwe muri zo, ari izo mu Bihugu byagize uruhare mu muzi w’ibyo bibazo mu bihe by’abakoloni, bagize uruhare mu bikorwa bibi byabaye ku Mugabane wa Afurika, nko kuba barazanye amacakubiri mu Rwanda.

Ku banyekongo bavuga Ikinyarwanda, byatewe n’ibyakozwe n’aba bakoloni ubwo hakatwaga imipaka, ariko ko byabyaye ikibazo ku ruhande rwa Congo, mu gihe ku bindi Bihugu nka Uganda, nta bibazo byigeze bitera.

Perezida yavuze ko ibi atari ikibazo gikwiye impuguke kugira ngo cyumvikane, ahubwo ko cyakumvwa na buri wese bidasabye ubumenyi budasanzwe cyangwa ubundi bushobozi.

Yavuze ko uko byagenda koze ikibazo kiri mu burasirazuba bwa DRC kigomba kubonerwa umutu uko byagenda kose, aho gukomeza kukirenga hejuru, kuko u Rwanda rwamye rwifuza amahoro kuko runayakeneye kurusha ibindi Bihugu kuko ruzi ingaruka zo kutayagira na bwo kurusha ibindi Bihugu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Isi yari imukeneye: Obama yavuze imyato Biden ugiye gusohoka muri ‘White House’

Next Post

Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Nta na rimwe yigeze atorwa muri manda zombi- Perezida Kagame avuga kuri Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.