Monday, September 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Igisirikare cy’u Burundi cyashyize kivuga ku basirikare bacyo bapfira muri Congo

radiotv10by radiotv10
17/01/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Igisirikare cy’u Burundi cyashyize kivuga ku basirikare bacyo bapfira muri Congo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Burundi, bwemeje ko hari abasirikare b’iki Gihugu bapfira ku rugamba bagiye gufashamo igisirikare cya DRC, buvuga kandi ko ibyo ari ibisanzwe, ngo kuko “urugamba ni urugamba, hari abapfa.”

Byatangajwe n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Burundi, Brigadier General Gaspard Baratuza mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 16 Mutarama 2025.

Ni nyuma yuko hatangajwe amakuru ko hari abasirikare benshi b’u Burundi bari kugwa kuri uru rugamba, bafashamo FARDC mu rugamba ruhanganishije iki gisirikare cya Congo n’umutwe wa M23.

Hari havuzwe ko hari abasirikare b’u Burundi barenga 200 barimo n’abo ku rwego rwo hejuru, baguye mu mirwano iherutse kubera mu gace ka Ngungu muri Teritwari ya Masisi, imaze iminsi ari isibaniro ry’imirwano.

Brigadier General Gaspard Baratuza yahakanye aya makuru avuga ko hapfuye abasirikare benshi, avuga ko aya makuru yasakajwe n’ibitangazamakuru birimo mpuzamahanga, ariko ari ikinyoma.

Ati “Nagerageje gukurikirana amakuru yatangajwe na France 24 ariko mu by’ukuri ntabwo ari impamo.”

Yakomeje avuga ko bakurikiranira hafi amakuru y’abasirikare babo bari muri Congo, ariko ko nta makuru y’izi mpfu bigeze bakira aturutse mu buyobozi bw’izi ngabo ziri muri iki Gihugu.

Ati “Buriya ni uburyo bwo guhimba ikinyoma, ubundi ibanga ry’umwuga mu gisirikare, kandi abanyamwuga barabizi ko biba ari n’ibanga ry’umwuga, ariko icyo nababwira ni uko hari abapfa nyine kuko intambara ni intambara.”

Brigadier General Gaspard Baratuza yakomeje ahakana amakuru yagiye avugwa ko abasirikare b’u Burundi bari muri Congo batereranywe n’Igihugu cyabo, ndetse ko hari abapfa ntibimenyeshwe imiryango yabo.

Ati “Hari uburyo bw’itumanaho ku basirikare bari hariya, bakabasha kuvugana n’imiryango yabo, yewe tunabafasha kuba bataha bakaza kureba imiryango yabo.”

Yavuze kandi ko iyo hari ibibazo biri muri aba basirikare, hari uburyo bw’imbere mu gisirikare, bwo kumenyesha imiryango yabo, kandi ko ibyo bisanzwe bikorwa mu rwego rwa gisirikare rwose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Uko hafashwe abitwikiraga ijoro bakajya kwiba ibyuma byubatse umuhanda

Next Post

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri arusha imyaka 20

Related Posts

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

by radiotv10
30/08/2025
0

Major General James Birungi wahoze ari ari Umuyobozi Mukuru w’Urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda (CMI), yatawe muri yombi ajya gufungirwa...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

by radiotv10
29/08/2025
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ibikorwa bibi by’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatanze impuruza ku muryango mpuzamahanga, ku bitero biri...

Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa

Icyo abasesenguzi babona kizasigwa n’uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa N.Korea mu Bushinwa

by radiotv10
28/08/2025
0

Uruzinduko rwa Perezida w’u Burusiya n’uwa Koreya ya Ruguru mu Bushinwa; hari abavuga ko rugiye kwerekana uyoboye Isi hagati y’u...

Kenya: Uwahoze ari V/Perezida wiyemeje kurwanya Ruto akomeje kugaragaza ko akajije umurego

Kenya: Uwahoze ari V/Perezida wiyemeje kurwanya Ruto akomeje kugaragaza ko akajije umurego

by radiotv10
28/08/2025
0

Umuyobozi w’ihuriro ry’abatavura rumwe n’ubutegetsi muri Kenya, Rigathi Gachaguwa wigeze kuba Visi Perezida wa William Ruto, yongeye gushimangira ko ibyaha...

Ubutumwa Gen.Makenga yahaye Abapolisi ba mbere ba AFC/M23 mu gutangiza Igipolisi

Ubutumwa Gen.Makenga yahaye Abapolisi ba mbere ba AFC/M23 mu gutangiza Igipolisi

by radiotv10
28/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga wayoboye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro Igipolisi cy’iri Huriro, yasabye Abapolisi...

IZIHERUKA

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka
MU RWANDA

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka

by radiotv10
30/08/2025
0

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

30/08/2025
Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

30/08/2025
Hatangijwe ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga buzazanira amahirwe abaturiye Pariki y’Ibirunga

Hatangijwe ubuhinzi bwifashisha ikoranabuhanga buzazanira amahirwe abaturiye Pariki y’Ibirunga

30/08/2025
Beyond degrees and titles: “How youth measure success today”

Beyond degrees and titles: “How youth measure success today”

30/08/2025
Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

Agasuzuguro, gushyogozanya,…-Impamvu Ishyaka riyoborwa na Dr.Frank Habineza ryahagaritse bamwe mu bari mu buyobozi

29/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri arusha imyaka 20

Uko hatahuwe umusore ukekwaho gusambanya abana babiri arusha imyaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rusizi: Umwuka mubi uvugwa hagati ya Gifitu na SEDO wageze aho bafatana mu mashati, mudugudu arahagoboka

Maj.Gen.Birungi wayoboye urwego rw’Ubutasi bw’Igisirikare cya Uganda yatawe muri yombi

Ibyo bavuga kuri iyi nzu ikoreramo ubuyobozi bw’Akagari kabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.