Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Inkuru y’urubyiruko rufite ubumuga rukora ibikora ku mutima benshi ariko babitangiye bacibwa intege

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Inkuru y’urubyiruko rufite ubumuga rukora ibikora ku mutima benshi ariko babitangiye bacibwa intege
Share on FacebookShare on Twitter

Abakobwa babiri bafite ubumuga bw’ingingo bo mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, bari mu rubyiruko rw’abakorerabushake (Youth Volunteers) bavuga ko babitangiye bacibwa intege n’abantu bababwiraga ko ntacyo babasha gukora mu bikorwa uru rubyiruko rukora, ariko ubu barabibashimira, nabo bakishimira ko byatumye bisanga mu bandi bikanabahindurira ubuzima.

Dusenge Melida na Nyirahategekimana Primitiva, bombi bafite ubumuga bw’ingingo bubasaba kwifashisha inyunganirangingo, aho umwe agendera mu kagare, na ho undi akifashisha imbago.

Bavuga ko nubwo bafite ubumuga biyumvisemo ko bagomba gufatanya na bagenzi babo badafite ubumuga mu mirimo itandukanye urubyiruko rw’abakorera bushake rukora batitaye ku babacaga intege bababwira ko ntabyo bazashobora.

Dusenge Melida agira ati “Ngitangira nyine abantu baravugaga ngo ‘ubu se uyu we azabishobora?’ bakongera bati ‘ubu se uzabasha kugenda?’ Ariko nkababwira ko nubwo mfite ubumuga ariko nshoboye.”

Nyirahategekimana na we ati “Mu nshuti zanjye harimo benshi banciye intege ngo ibintu ndimo gushaka kujyamo ntabwo nzabishobora.”

Bavuga ko kujya mu bandi byahinduye imibereho yabo n’uburyo biyumvaga mbere, kuko byatumye badakomeza guheranwa n’ubumuga ndetse umwe muri bo akaba yarabonye akazi kamuhemba amafaranga buri kwezi nyamara yaragatangiye ari umukorerabushake.

Nyirahategekimana ati “Kuba ndi umu youth biramfasha cyane mu buryo bwo kutigunga kuko mba ndi muri bagenzi banjye tudahuje ibibazo.”

Kugeza ubu Dusenge Melida afite akazi ku ivuriro ry’ibanze rya Pera aho yatangiye ari umukorerabushake nabwo, ariko nyuma agahabwa akazi kamuhemba amafaranga ya buri kwezi amufasha mu mibereho

Ati “Ubu mbona isabune n’amavuta yo kwisiga bitangoye nkabona imyambaro n’ibyo kurya.”

Umuhuzabikorwa w’Urubyiruko rw’Abakorerabushake mu Karere ka Rusizi, Bampire Gervais avuga ko aba bombi kuba bafite ubumuga bitababuza gufatanya n’abandi kuko mu mbaraga nke hari ibindi bakora neza kurusha n’abadafite ubumuga.

Agira ati “Babikora babikunze, muri covid-19 twari kumwe buriya mu mbaraga nke z’umubiri hari ibindi bikorwa bakora kandi neza, urabona nko mu muganda hakorerwamo ibikorwa byinshi, ashobora kutikorera itafari ariko afite ikindi yakora nko kwegereza amazi yo kunywa abari mu muganda no kwandika abitabiriye umuganda (database) kandi babikora neza.”

Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’abantu bafite ubumuga mu Ntara y’Iburengerazuba, Leandre Mugiraneza ashima umuhate w’uru rubyiruko, akavuga ko bigaragaza ko amahugurwa abafite ubumuga bahabwa muri rusange agamije kubereka ko kubugira bitabambura ubundi bushobozi atangiye gutanga umusaruro

Ati “Biba ari byiza cyane kuko byereka abandi bose muri rusange ko abafite ubumuga na bo hari icyo bamarira Igihugu, iyo rero hagize ufite ubumuga wiyumvisemo ubushake n’ubushobozi twumva ubutumwa duhabwa mu matsinda yacu bwaratanze umusaruro.”

Mu Karere ka Rusizi habarurwa urubyiruko rw’abakorerabushake (Youth Volunteers) rugera ku 52 416, muri bo 5007 ni abo mu Murenge wa Bugarama ari na ho aba babarizwa.

Dusenge Melida ubu yabonye akazi,
Abasha kubona ay’isabune
Nyirahategekimana Primitiva avuga ko kujya hamwe n’urubyiruko byamufashije kuva mu bwigunge

Umuhuzabikorwa w’Urubyiruko rw’Abakorerabushake mu Karere ka Rusizi, Bampire Gervais ashima uru rubyiruko

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 5 =

Previous Post

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku ngeso zimaze iminsi zigaragara mu rubyiruko zirutesha agaciro

Next Post

Musanze: Hasobanuwe impamvu hafashwe icyemezo cyo kwica imbogo zari zatorotse Pariki

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Musanze: Hasobanuwe impamvu hafashwe icyemezo cyo kwica imbogo zari zatorotse Pariki

Musanze: Hasobanuwe impamvu hafashwe icyemezo cyo kwica imbogo zari zatorotse Pariki

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.