Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umunyamakuru wigereye i Goma urugamba rugihumuza yatubwiye ibyo yiboneye

radiotv10by radiotv10
04/02/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
1
Umunyamakuru wigereye i Goma urugamba rugihumuza yatubwiye ibyo yiboneye
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo ukubutse i Goma ahaherutse kubera imirwano iremereye yahuje FARDC n’umutwe wa M23 wahise unafata uyu mujyi, yatubwiye byinshi yiboneye muri uyu mujyi, we avuga ko ibyo yatangaje ari bicye, kuko harimo n’ibyari biteye ubwoba nk’abasirikare n’abarwanyi baguye muri iyi mirwano ndetse n’ibikoresho bya rutura FARDC yataye.

Ni mu kiganiro RADIOTV10 yagiranye n’uyu munyamakuru w’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA), nyuma yo kuva i Goma no mu bice byegereye uyu mujyi wari umaze kuba isibaniro ry’imirwano.

Jean Pierre Kagabo avuga ko yagiye ajya gutara inkuru zigaragaza uko mu Karere ka Rubavu byari byifashe kuko imirwano yaberaga hakurya yagiraga ingaruka ku Baturarwanda, ariko aho urugamba ruhumurije Umujyi wa Goma umaze gufatwa na M23, yifuje kujya kureba uko byifashe ahaturukaga ibyo byose byagize ingaruka ku Banyarwanda, aho byahitanye Abaturarwanda 15 bigakomeretsa abarenga 100.

Avuga ko mu biganiro yagiranye n’abari i Goma, bavuze ko uruhande rwa Leta ya Kinshasa bari bafite umugambi wo gutera u Rwanda, ndetse ko bishimangirwa n’ibikoresho bya gisirikare bikomeye byari birunze i Goma.

Ati “Imbunda twabonye icyerekezo zari zirimo n’amakuru twagiye duhabwa n’abari bari hafi, ni uko bashakaga guteza intambara ku Rwanda, cyane cyane uriya Mujyi wa Gisenyi bakawuhindura umuyobonga, ibikorwa remezo bihari by’ingenzi bakabyangiza, baranabigerageje ntibabishobora.”

Avuga ko abarashishaga izi mbunda barimo n’abafashwe mpiri na M23, barimo abasirikare ba Congo bo mu mutwe udasanzwe uzwi nka Les Hiboux ndetse n’abagize itsinda ry’abasirikare barinda umukuru w’Igihugu, aho bari bari hitwa Mubambiro, bari begeranye n’ikigo cy’Abasirikare ba Afurika y’Epfo, ndetse ko bose bafatanyije kurasa mu Rwanda.

Uyu munyamakuru avuga ko yabonye byinshi kurusha ibyo yatangaje mu nkuru zatambutse ku gitangazamakuru akorera. Ati “Aha ni ahantu ugera ukumva byinshi […] nagira ngo mbabwire ko ibyo mwumvise muri iyo nkuru, ni bicyeya kandi nta n’ubwo ndiburenze ibyo.”

Ibirindiro bya FARDC byari biherereye ahitwa Kasengese haniciwe uwari Guverineri wa Kivu ya Ruguru, Maj Gen Peter Cirimwami Nkuba, hagaragaye ibimenyetso byerekana ko na ho habereye urugamba rukomeye.

Aha Kasengese kandi hari ibirindiro by’abacancuro b’Abanyaburayi na bo bakubiswe incuro na M23 bakishyikiriza MONUSCO na yo yabashyikirije u Rwanda kugira ngo basubizwe iwabo. Kuri ibi birindiro by’abacancuro na ho hagaragaye ibitwaro bikomeye bakoreshaga.

Ati “Bari bahafite ibirindiro bikomeye barubatse indake. Bigaragara ko na bo bari ku rugamba.”

Jean Pierre Kagabo, avuga ko akurikije ibikoresho bya gisirikare byasizwe n’uruhande rwa Leta ya Congo yaniboneye n’amaso ye, ahamya ko M23 ishatse kugera i Kinshasa nk’uko ibivuga, yabikora.

Ati “Hariya hari intwaro zihenze n’ibikoresho bindi bikenewe mu rugamba. Murabizi ko M23 yavugaga ngo ‘umuterankunga wacu wa mbere ni Tshisekedi, kubera ko uko baduteye cyangwa uko dufashe ahantu dufata ibikoresho’. Ibyo bafashe, nahoze numva hari abatera urwenya ngo byabageza Kisangani, ariko njye nabonaga byabageza na Kinshasa.”

Uyu munyamakuru avuga ko nubwo atari inzobere mu bya gisirikare ariko yiboneye ibitwaro bya rutura ndetse n’ibikoresho bya gisirikare bikoranye ikoranabuhanga nk’indege zitagira abapilote (Drone) n’izindi z’intambara nka Sukhoi 25.

Ati “Icyarimo gikomeye cyane, biriya Tshisekedi yavugaga ati ‘njye nshobora guhagarara ku butaka bw’Igihugu cyanjye nkarasa i Kigali, ntabwo ari imikino, izo mbunda uko uzireba uko zari zirunze aho n’aho zari ziri, ntabwo wahamya ko zari izo kurwanya M23 gusa.”

Avuga ko nk’ibifaru yagiye abona byatwitswe na M23, harimo n’imirambo y’abantu bagiye bashiriramo barimo n’abo mu ngabo za SADC byumwihariko iza Afurika y’Epfo.

 

Ku kibuga cy’indege byari ibindi bindi

Umunyamakuru Jean Pierre Kagabo, avuga ko ku Kibuga cy’Indege cya Goma, ahari hari ikoranabuhanga rihambaye ryafashaga abari muri uru rugamba (FARDC n’abayifasha) na ho hari intwaro zikomeye kuko ari na ho byaruhukiraga bivuye i Kinshasa.

Ati “Ku kibuga cy’indege cya Goma, bari bahashyize imbaraga cyane kuko ni ho honyine, ibikoresho byose byinjiye bije gufasha izo ngabo ni ho byazaga, noneho ariko n’igihe byakomeye basumbirijwe, ni ho bakoreshaga bagiye guhunga.”

Ibi byatumye hashyirwa abasirikare badasanzwe (special force) ku mpande zose z’ingabo zirwana ku ruhande rwa Leta (iza FARDC, abarwanyi ba FDLR, n’ingabo za SADC) ndetse n’abacancuro b’Abanyaburayi.

Abajijwe ukuntu uruhande nk’uru rwari rufite byose rwatsinzwe n’umutwe wa M23, Kagabo yagize ati “Iyi ntambara izigwa mu mateka kuko na bo ntabwo bazi ikintu cyababayeho, gusa icyo numvise, bamwe mu ngabo zahungiye mu Rwanda, bavuze ko bageze aho bakabura itumanaho n’abayobozi babo b’uruganda. Ntibazi icyabaye, ariko ikoranabuhanga bakoreshaga ryahise rivaho.”

Jean Pierre Kagabo avuga ko icyamujyanye muri Congo, kwari ukureba umuntu wagiriye nabi u Rwanda mu bikorwa byahitanye inzirakarengane z’Abanyarwanda 15, we akaba ategereje ubutabera.

Mu butumwa Perezida Paul Kagame yatangiye mu nama idasanzwe y’Abakuru b’Ibihugu bigize EAC yigaga ku bibazo byo mu burasirazuba bwa DRC, yanagarutse kuri aba Banyarwanda baburiye ubuzima muri ibi bikorwa byo muri Congo.

Yagize ati “Mu minsi itatu ishize twatakaje abantu, hari ibisasu byinshi byarashwe biturutse mu burasirazuba bwa Congo byavuye i Goma, byishe abarenga icumi abandi magana barakomereka, ibyo tugomba kuzagira uburyo tubikemura, ibyo simbifiteho ikibazo.”

IKIGANIRO CYOSE

RADIOTV10

Comments 1

  1. Audace Nkunzimana says:
    1 year ago

    Great Job

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Igisubizo gihabwa abafitiye urujijo umushinga bategerezanyije amatsiko cyumvikanamo ko bagifite igihe cyo gutegereza

Next Post

Minisitiri yageneye ubutumwa urubyiruko ku cyemezo cy’umuhanzikazi cyazamuye uburakari hagati yarwo n’abahanzi b’abanyamahanga

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri yageneye ubutumwa urubyiruko ku cyemezo cy’umuhanzikazi cyazamuye uburakari hagati yarwo n’abahanzi b’abanyamahanga

Minisitiri yageneye ubutumwa urubyiruko ku cyemezo cy’umuhanzikazi cyazamuye uburakari hagati yarwo n’abahanzi b’abanyamahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.