Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

radiotv10by radiotv10
12/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hari amatorero yo muri Congo yagaragaje ko yahaye ikaze M23 i Goma

Hirya y'ejo hashize zahuye n'Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nanga

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bukuru bw’amadini abiri yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwahuye n’ubuyobozi bukuru bwa AFC/M23, bagirana ibiganiro.

Ni ibiganiro bibaye nyuma y’ibyumweru bibiri umutwe wa M23 ufashe umujyi wa Goma, wawubohoje mu mpera z’ukwezi gushize, tariki 27 Mutarama 2025.

Amakuru dukesha Umunyamakuru Steve Wembi akaba n’Umuyobozi mukuru wa Info Direct, avuga ko ibi biganiro byabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Gashyantare 2025.

Ni ibiganiro byabaye hagati y’Ubuyobozi Bukuru bwa AFC/M23 n’ubw’Inama y’Abepisikopi-Gaturika (CENCO) ndetse n’ubw’Itorero ry’Abangilikani (ECC).

Intumwa zo muri izi nzego z’imiryango ishingiye ku myemerere n’Ubuyobozi bwa M23, zahuriye ku Mupaka Munini uguza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’u Rwanda uzwi nka Grande Barrière.

Mu bayobozi ba AFC/M23 bitabiriye ibi biganiro byabahuje n’abo muri iyi miryango ishingiye ku myemerere, barimo Umuhuzabikorwa w’Ihuriro AFC ririmo n’umutwe wa M23, Corneille Nanga ndetse n’uherutse guhabwa inshingano zo kuba Guverineri Wungiriye w’Intara ya Kivu ya Ruguru, Manzi Willy.

Uku guhura k’ubuyobozi bwa M23 n’ubw’amwe mu matorero akorera mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, kubayeho nyuma y’umunsi umwe Perezida wa M23, Betrand Bisimwa atangaje ko ubu umwuka umeze neza mu Mujyi wa Goma, ndetse ko ibikorwa binyuranye biri gukorwa nta nkomyi birimo n’amashuri yongeye gusubukura gutanga amasomo ku wa Mbere w’iki cyumweru tariki 10 Gashyantare 2025.

Amadini n’amatorero muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakunze kugaragaza ko ashyigikiye ko ibibazo biri mu burasirazuba bw’iki Gihugu, byakemuka binyuze mu nzira z’ibiganiro, bagasaba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa kwemera kwicara ku meza y’ibiganiro n’umutwe wa M23.

Harimo n’abo muri Kiliziya Gatulika
Bahuriye kuri Grande Barrière

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 + eleven =

Previous Post

M23 yongeye kuburira Congo ku bibera mu wundi mujyi inakomoza ku Ngabo z’u Burundi

Next Post

Agezweho mu cy’Amahoro: Rayon yatangiye 1/8 imwenyura, APR na Police FC ziratsikira

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Agezweho mu cy’Amahoro: Rayon yatangiye 1/8 imwenyura, APR na Police FC ziratsikira

Agezweho mu cy’Amahoro: Rayon yatangiye 1/8 imwenyura, APR na Police FC ziratsikira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.