Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye

radiotv10by radiotv10
07/03/2025
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Itsinda rya RDF riri muri Centrafrique ryasuye Komanda w’Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye
Share on FacebookShare on Twitter

Intumwa za RDF ziyobowe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku Butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi ziri mu ruzinduko muri Repubulika ya Centrafrique, zasuye Umuyobozi w’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri iki Gihugu (MINUSCA), Lt Gen Humphrey Nyone.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 06 Werurwe 2025, aho Maj Gen Vincent Nyakarundi, ari kumwe n’Umuvugizi wa RDF, Brig Gen Ronald Rwivanga ndetse n’Umuyobozi Mukuru ushinzwe Imyitozo muri RDF, Lt Col Laurent Kabutura basuye ukuriye MINUSCA ku Cyicaro Gikuru.

Ni igikorwa cyabanjirijwe no kuba iri tsinda ry’Ingabo z’u Rwanda, ryabanje gusura ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro zigize itsinda rya RWANBATT 2 mu gace ka Bossembele.

Komanda wa MINUSCA, Lt Gen Humphrey Nyone yashimiye inzego z’umutekano z’u Rwanda ku kazi zikora gakomeye mu gushyira mu bikorwa inshingano z’Umuryango w’Abibumbye, avuga ko ingabo z’u Rwanda zifite umwihariko.

Agaruka nko ku zigize itsinda rya RWANBATT 1, zinarinda umutekano w’Umukuru w’Igihugu, Lt Gen Humphrey Nyone yagize ati “Ibyo ubwabyo, ni inyongera, hari ingabo nyinshi Bangui, ariko kugira ngo utoranywe mu bashinzwe umutekano w’Umukuru w’Igihugu, ni umwihariko.”

Naho kuri RWANBATT 2, uyu ukuriye MINUSCA, yavuze ko na zo ari ingabo zifatiye runini umutekano muri iki Gihugu cya Centrafrique, kuko zirinda umutekano mu bice byinjira i Bangui mu Murwa Mukuru w’iki Gihugu. Ati “Ni ipfundo ry’ubu butumwa kuko bakora neza.”

Ubwo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira ku butaka, Maj Gen Vincent Nyakarundi yasuraga RWANBATT 2 ku cyicaro Gikuru, yabagejejeho Ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, ubashimira ku kazi bakora mu gutanga umusanzu wabo mu kubungabunga amahoro n’ituze muri Centrafrique.

Uretse kuba RWANBATT 2 ifite inshingano zo kurinda umutekano mu bice byerecyeza i Bangui haba mu bikorwa byo gucunga umutekano wa nijoro, izi ngabo zinagaragara mu bikorwa bigamije imibereho myiza y’abaturage, nk’Umuganda ndetse no guha ubuvuzi ku buntu abaturage.

Komanda wa MINUSCA yagaragaje umwihariko wa RDF muri Centrafrique
Maj Gen Nyakarundi yanasuye RWANDABATT 2 abagezaho ubutumwa bwa Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 15 =

Previous Post

Abakinnyi ba Bugesera FC bigumuye banga gukora imyitozo…Menya impamvu

Next Post

Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda

Umwe mu banyarwenya bagezweho yavuze ingorane yakuriyemo zatumaga yumva ko ntawamukunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.