Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Urujijo ku kiraro cyasenywe abagituriye bizezwa ibitangaza none ibyakurikiyeho sibyo batekerezaga

radiotv10by radiotv10
10/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Urujijo ku kiraro cyasenywe abagituriye bizezwa ibitangaza none ibyakurikiyeho sibyo batekerezaga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ikiraro bacagaho bajya mu ngo zabo cyasenywe kugira ngo cyubakwe neza, ariko amezi abaye ane batazi irengero rya rwiyemezamirimo wacyubakaga.

Ni ikiraro kiri ku muhanda ujya mu ngo z’abaturage bava mu Kagari ka Ryabizige bajya mu Mudugudu wa Nyakabanda mu Kagari ka Rwangara mu Murenge wa Cyanzarwe no gukomeza mu Murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu.

Bayavuge Liberatha ufite ubutaka bwarunzweho amabuye azifashishwa mu kubaka iki kiraro, agaruka ku mbogamizi afite kubera idindira ryo kucyubaka, ati “Rwiyemezamirimo yasutse amabuye n’umucanga mu nsina zanjye numva ko ntacyo bitwaye kuko bazabikuramo vuba, none amezi banza agiye kugera kuri ane cyangwa atanu ku buryo nabuze uko nahinga udushyimbo nahingagamo.”

Ni mu gihe kandi abaturiye iki kiraro na bo bagaragaza ko kimaze amezi arenga ane gisenywe ngo cyubakwe ariko bakaba baraherutse bacukura bakazana umucanga n’amabuye gusa.

Mukeshimana Jean bosco ati “Haje ba rwiyemezamirimo bavanaho ibiti twanyuragaho ngo bagiye kucyubaka ariko bamaze kugicukura gutya ntibongera kugikora.”

Abaturage bagaragaza ko uku gutinda gukora iki kiraro bigenda bibagiraho ingaruka bityo bagasaba ko kugikora byakwihutishwa.

Turikumwenimana Zakayo ati “Iyo nambutsaga imyaka y’abaturage nkayigeza haruya ku muhanda nabaga mfite ayanjye (amafaranga) none byarahagaze inzara ni yose.”

Uzayisenga Bosco ati “Twe tumeze nk’abafunzwe kuko abafite moto ni ukuzibitsa mu gasozi kuko tubura aho tuzinyuza, ikindi kuba kirangaye ni imbogamizi ku bana bacu kuko hari nk’umwana wanjye wiga muri garidiyene (nursery school) aherutse kugwamo, ni Imana yakinze akaboko.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper yavuze ko habayeho ikibazo cy’abatekenisiye bazi ikoranabuhanga riri gukoreshwa mu kubaka ibiraro muri iyi minsi, gusa akavuga ko byamaze gufata umurongo, nubwo atagaragaza igihe iki kiraro kizubakirwa.

Ati “Uyu ni umushinga utangiye vuba kandi ukoresha technology itandukanye n’izo twakoreshaga mbere, kubaka ibiraro bikoresheje amabuye ni technology ihendutse kandi ibiraro bikaba bikomeye ariko byasabye ko tujya dukura abakozi i Musanze kuko bo badutanze kubyubaka ariko ubu twamaze kubimenya ku buryo bitaba impamvu yo gukererwa.”

Umushinga wo kubaka iki kiraro uhuriyeho ibiraro bibiri bigomba kubakwa ku muferege umwe uri mu Mudugudu wa Nyakabanda mu Kagari ka Rwangara mu Murenge wa Cyanzarwe.

Iki kiraro ubu ni ikirangarizwa
Aba baturage bavuga ko bibateye impungenge

Ntibakibona uko bambuka ngo bajye gusura abavandimwe n’insutsi

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve − one =

Previous Post

Rwamagana: Abahinzi bavuga ko hari ibyo bakorewe bakabyishimira ariko hari ikibagiranye

Next Post

M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo

Related Posts

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

IZIHERUKA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…
MU RWANDA

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

09/04/2026
Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo

M23 yungutse imbaraga yizeza gukaza urugamba rwo kubohora Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.