Wednesday, April 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye

radiotv10by radiotv10
14/03/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Akaliza nyiri Billion Traders FX yasabiwe gufungwa imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari 5 kubera gutanga sheki itazigamiye
Share on FacebookShare on Twitter

Ubushinjacyaha bwasabiye Akaliza Sophie igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya Miliyari zirenga 5 Frw ku cyaha akurikiranyweho cyo gutanga sheki itazigamiwe kuri Muyango Deo Rutayisire uri mu bantu barenga 500 barega umugabo we Manzi Davis kubariganya amafaranga arenga miliyari 13 Frw binyuze mu kigo gitanga serivisi z’ivunjisha rikorerwa kuri internet cya ’Billion Traders FX.

Manzi n’umugore we Sophie bakurikiranyweho kuba barakaga abaturage amafaranga babizeza inyungu z’umurengera ariko birangira ibyo babasezeranyaga bidashyizwe mu bikorwa ndetse n’amafaranga yabo ntibayabasubiza.

Taliki 08 Mata 2024 Umugore wa Manzi Davis witwa Akaliza Sophie yari yahaye Muyango Deo Rutayisire sheki ya Miliyoni 532 Frw yo kumwishyura, igihe kigeze basanga amafaranga ntayariho.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Werurwe 2025 Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ruherereye mu Kagarama nibwo rwaburanishije uru rubanza Muyango Deo aregamo Akaliza Sophie.

Akaliza Sophie ntiyagaragaye mu rukiko, nubwo yari yaramenyeshejwe ariko urubanza rwaburanishijwe adahari.

Umushinjacyaha yasabye ko Urukiko rwakwakira ikirego cy’Ubushinjacyaha rugahamya Akaliza Sophie icyaha cyo gutanga sheki itazigamiwe, bityo rukamukatira igifungo cy’imyaka itanu 5 n’ihazabu y’amafaranga Miliyari 5 na Miyoni 320, yikubye inshuro 10 nk’uko amategeko abiteganya.

Hagati aho umwuganizi wa Muyango Deo Rutayisire mu mategeko yasabye indishyi za Miliyari zisaga 10 Frw nyuma y’igihe gishize ahaye amafaranga uyu muryango binyuze kuri Sophie Akariza nyiri Kigo cya Billion Traders FX kugira ngo bajye bamucururiza, kikamwungukira inyungu.

Muyango Deo Rutayisire, mu Rukiko yavuze ko mu mwaka wa 2023-2024 yagiye aha Sophie Akariza ibihumbi by’amadorari amwizeza ko ari umuhanga mu gucuruza amafaranga ndetse afite n’ikoranabuhanga rimufasha mu gucuruza amafaranga. Kandi yamwizezaga ko ibyo bakora byemewe n’amategeko kuko bari bafite icyemezo gitangwa n’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere RDB.

Umucamanza yapfundikiye urubanza yanzura ko umwanzuro kuri uru rubanza uzatangazwa Taliki 10 Mata 2025 saa munani z’amanywa.

NTAMBARA Garleon

RADIOTV10

 

Comments 1

  1. coin thumbler says:
    7 months ago

    Hi і am kavin, іts my fіrst time to commenting anywheгe, when i read this piece of writing i thought i couⅼd alѕo make comment due to this sensiblе
    article.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

M23 yamaganiye kure ibyatangajwe ku mibare ihanitse y’abantu bahitanywe n’imirwano y’i Goma

Next Post

BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

Related Posts

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

by radiotv10
28/04/2026
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare NISR cyagaragaje amazina 10 ya mbere yiswe abana bavutse umwaka ushize wa 2025, aho mu bakobwa, iriza...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga yabuze nyirayo

by radiotv10
28/04/2026
0

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko hari amafaranga yatawe n’umuntu mu muhanda wa Remera-Giporoso mu Karere ka Gasabo kandi ko yatoraguwe,...

Signs from your body you should not ignore, especially for young women

Signs from your body you should not ignore, especially for young women

by radiotv10
28/04/2026
0

Your body is constantly communicating with you through small changes, discomfort, or even subtle shifts in mood and energy. The...

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

Akurikiranyweho gusambanya abakobwa yizezaga ibitangaza bahuriraga muri group ya WhatsApp yitwa ‘shaka umukunzi’

by radiotv10
28/04/2026
0

Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwafunze uwitwa Jean d’Amour ukurikiranyweho gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato abakobwa batandukanye abizeza akazi, nyuma yuko babaga...

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe ko mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 3.800 Frw

by radiotv10
28/04/2026
0

Raporo ya 2025 y’Urwego rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, igaragaza ko umwaka ushize mu Rwanda handitswe ishoramari rya Miliyari 2.62...

IZIHERUKA

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma
AMAHANGA

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

by radiotv10
28/04/2026
0

Congo yashyize hanze ibimenyetso biri muri raporo ishinja u Rwanda gufasha M23

Ibisobanuro bya mbere byatanzwe na Guverinoma ya Congo ku kwakira abimukira birukanywe muri America

28/04/2026
Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

28/04/2026
Perezida Ndayishimiye yashyize hanze ukuri ku by’uko abasirikare b’u Burundi bahanganye na M23

I Burundi haravugwa ubwoba bwatumye Perezida Ndayishimiye ategeka ko habaho kwimura intwaro i Bujumbura

28/04/2026
Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

Menya amazina 10 ya mbere yiswe abana benshi bavutse mu Rwanda mu mwaka umwe

28/04/2026
Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

Umunyamakuru M. Irene yateguje ko agiye gukina filimi azahuriramo n’ubimenyereweho

28/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

BREAKING: Perezida Kagame yakoze impinduka mu Buyobozi bwa RDF

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Breaking: Perezida w’u Burundi yakoze impinduka muri Guverinoma

Ibisobanuro bya mbere byatanzwe na Guverinoma ya Congo ku kwakira abimukira birukanywe muri America

Uganda yataye muri yombi abanyamahanga barenga 200 biganjemo abasanzwe ahantu hamwe bakora ibidasobanutse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.