Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abiga muri Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye bavuga ko kuba ari yo yakira benshi hari imbogamizi bizana

radiotv10by radiotv10
18/03/2025
in MU RWANDA
1
Abiga muri Kaminuza y’u Rwanda y’i Huye bavuga ko kuba ari yo yakira benshi hari imbogamizi bizana
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, bavuga ko kubari ryo ryakira abanyeshuri benshi, bituma havuka imbogamizi yo kugorwa no kubona amacumbi, dore ko ifite ay’iri shami ashobora kwakira abanyeshuri 30% gusa.

Iri shami rya Kaminuza y’u Rwanda, ubu ryigamo abanyeshuri barenga ibihumbi 10 biga mu mashami atandukanye. Muri bo abatarenga 3 000 ni bo bonyine bashobora gucumbikirwa n’amacumbi y’iyi Kaminuza.

Nkurunziza Straton wiga muri iyi Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, avuga ko uretse kuba iyi kaminuza ifite amacumbi macye, no hanze yayo bitoroshye kubona aho abanyeshuri bacumbika.

Ati “Muri Kaminuza hari macye cyane ku buryo hafi y’abanyeshuri bose biga muri kaminuza bibasaba kwicumbikira hanze kandi na ho amacumbi ni macye cyane aranahenze.”

Uwimana Console na we ati “Usanga ubuzima bw’umunyeshuri wa Kaminuza bugoye kuko usanga bimusaba gushaka ibyo kurya na byo byahenze, icumbi rirahenze kandi binadusaba kujya kurishaka aho riri haba ari kure kandi rihenze.”

Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice avuga ko hakenewe umusanzu w’abikorera mu gushaka umuti w’iki kibazo kuko bitakorwa na Leta gusa.

Ati “Ni ugufatanya na ba Rwiyemezamirimo tukubaka amacumbi  kugira ngo abanyeshuri babashe kubona aho bacumbikirwa mu buryo bworoshye.”

Umujyi wa Huye ni umwe mu mijyi yunganira Kigali ukagira umwihariko wo gucumbikira ibigo byinshi by’amashuri birimo na za kaminuza zirangajwe imbere n’ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ubu rifite abanyeshuri barenga ibihumbi 10, ariko bikaba biteganyijwe ko umwaka utaha uyu mubare uzazamukaho hafi 40%.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. Aimable says:
    4 months ago

    Abo banyeshuri biga i Huye baratebya cyane😀😀😀😀.
    Bazatubaze twe twiga i Kigali, mwene icyo kibazo ntitukikivuga, bo bafite amahirwe kuko amazu yaho aracyahendutse, uwabaha ayo mubiryogo bakwihanagura.
    Ikintu nka Hec yadufasha, yareba uburyo itwongerera Living allowance, tukareba ko byajya bivamo.

    Murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + ten =

Previous Post

Hagaragajwe intandaro y’ikibazo kinubirwa n’abajya kwivuriza mu Bitaro bya Gisenyi

Next Post

Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere

Related Posts

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bageze mu izabukuru bo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bavuga ko amafaranga bari batangiye guhabwa...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
01/07/2025
2

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
01/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

by radiotv10
01/07/2025
0

Dosiye ikubiyemo ikirego kiregwamo Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo guhungabanya Umudendezo w’Igihugu, yamaze kugezwa mu Rukiko kugira ngo ruzamuburanishe...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

IZIHERUKA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro
AMAHANGA

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

01/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

01/07/2025
Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

01/07/2025
Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

Ikirego kiregwamo umunyapolitiki Ingabire Victoire cyamaze kugezwa mu Rukiko

01/07/2025
Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere

Ibyagaragaye mu nama ya EAC na SADC yiga ku bya Congo byatanze icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

Bahawe ‘Saza Neza’ bibaha icyizere cyo kuramba bayamburwa batazi ikibiteye none bagiye gusaza nabi

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.