Wednesday, August 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe umubare uri hejuru w’abahitanywe n’Ibitero bya Israel nyuma y’agahenge

radiotv10by radiotv10
19/03/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hatangajwe umubare uri hejuru w’abahitanywe n’Ibitero bya Israel nyuma y’agahenge
Share on FacebookShare on Twitter

Ibitero by’indege bya Israel byagabwe kuri Gaza, byahitanye abantu barenga 330 nk’uko byatangajwe n’inzego z’ubuzima za Palestina, mu gihe hari hamaze amezi atatu hariho agahenge.

Ibi byahagaritse agahenge kari kamaze amezi abiri mu mirwano ihanganishije umutwe wa Hamas n’igisirikare cya Israel (IDF).

IDF yatangaje ko ibibi tero byagabwe byari bigamije kugukuraho ibikorwa byiswe iby’iterabwoba bya Hamas, nk’uko byatangajwe n’ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu na Minisitiri w’Ingabo Israel Katz, ari na bo bategetse ko hagabwa ibyo bitero mu gitondo cyo ku wa Kabiri.

Itangazo ryashyizwe hanze n’Igisirikare cya Israel, rivuga  ko impamvu y’iyo myanzuro ari uko Hamas yakomeje kwanga kurekura imfungwa z’Abanya-Israel ndetse ikanga n’ibitekerezo byose byatanzwe n’intumwa ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Steve Witkoff, n’abandi bahuza bagize uruhare mu biganiro, bityo ko ko byari ngombwa ko hakoreshwa ingufu kugira ngo ifungure imfungwa zayo zigikomeje gufatwa muri Gaza.

Iri tangazo rigira riti “Guhera ubu, Israel izakomeza kugaba ibitero kuri Hamas hifashishijwe imbaraga zose zishoboka za gisirikara.”

Mu mpera z’icyumweru gishize, nibwo gahunda yo kugaba ibi bitero yari yatanzweho icyifuzo n’Ingabo za Israel (IDF), nyuma kiza kwemezwa ndetse gishyirwa mu bikorwa kuri uyu wa Kabiri.

Ambasaderi wa Israel mu Muryango w’Abibumbye (ONU), Danny Danon, yaburiye Hamas asaba ko irekura imfungwa zose, avuga ko bitabaye ibyo bazafatwa nk’abanzi, ndetse bizabagiraho ingaruka zikomeye.

Hamas ishinja Israel kurenga ku masezerano y’agahenge, kandi ko ibi bitero byayo biri gushyira mu kaga imfungwa z’Abanya-Israel zikiri muri Gaza.

Kugeza ubu Hamas ntiratangaza ko yongeye gutangiza intambara, ahubwo yasabye abahuza ndetse n’Umuryango w’Abibumbye kugira uruhare mu gukemura iki kibazo.

Shemsa UWIMANA

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 5 =

Previous Post

BREAKING: Perezida Kagame na Tshisekedi bahuriye mu biganiro

Next Post

Iburasirazuba: Abishyuzaga amafaranga y’amezi atatu bakoreye mu mushinga wahagaze baremwe agatima

Related Posts

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

by radiotv10
05/08/2025
0

The United Nations High Commissioner for Refugees (UNHCR) has announced that before the end of this year, Uganda could host...

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

by radiotv10
05/08/2025
0

Guverineri Wungirije w’Intara ya Kivu ya Ruguru washyizweho na AFC/M23, yashimye Umugaba Mukuru w’Abarwanyi ba M23, Maj Gen Sultani Makenga...

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

by radiotv10
05/08/2025
0

Ishami ry'Umuryango w'Abibumbye ryita ku Mpunzi, riratangaza ko mbere yuko uyu mwaka urangira, Igihugu cya Uganda gishobora kuzaba cyarakiriye impunzi...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Ibikubiye mu ijambo rya Gen.Makenga imbere y’abayobozi bashyizweho na AFC/M23

by radiotv10
05/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23, Maj Gen Sultani Makenga yasabye abayobozi mu nzego zinyuranye mu bice bigenzurwa n’iri Huriro mu...

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

Impamvu igaragazwa n’abavuga ko Minisitiri w’Umutekano muri Congo agomba kwegura

by radiotv10
05/08/2025
0

Umwe mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, urasaba Minisitiri w’Umutekano kwegura kuko adashoboye inshingano...

IZIHERUKA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe
MU RWANDA

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

by radiotv10
05/08/2025
0

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

05/08/2025
Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

05/08/2025
Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

Umutoza wa mbere usezeye shampiyona ya 2025-2026 itaranatangira yatanze umucyo ku cyabimuteye

05/08/2025
Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

Ubutumwa bw’umwe mu bayobozi muri Kivu ya Ruguru buvuga kuri Gen.Sultani Makenga wa M23

05/08/2025
Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

Hatangajwe umubare w’impunzi zibarirwa mu mamiliyoni zishobora kwerecyeza muri Uganda zirimo izizava muri DRCongo

05/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iburasirazuba: Abishyuzaga amafaranga y’amezi atatu bakoreye mu mushinga wahagaze baremwe agatima

Iburasirazuba: Abishyuzaga amafaranga y’amezi atatu bakoreye mu mushinga wahagaze baremwe agatima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

BREAKING: RDF yavuze kuri dosiye iregwamo abantu 22 barimo Abofisiye babiri n’abanyamakuru bafunzwe

Rayon yishyuye Youssou Diagne wayishyuzaga miliyoni 2Frw imuha umunsi atagomba kurenza atagaruka

Eng.-Millions of refugees, including those from DRC expected to flee to Uganda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.