Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rurageretse hagati y’uvuga ko yambuwe n’umunyemari bivugwa ko agendana imbunda unatinyitse

radiotv10by radiotv10
22/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rurageretse hagati y’uvuga ko yambuwe n’umunyemari bivugwa ko agendana imbunda unatinyitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage uvuga ko yambuwe amafaranga akabakaba miliyoni 2 Frw n’umushoramari nyiri uruganda ‘Imena Coffee’ ruherereye mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi unavugwaho kuba akomeye atinywa n’abayobozi ngo kuko anagendana imbunda, arasaba kwishyurwa, mu gihe uyu munyemari we avuga ko nta mwenda amufitiye.

Umuturage witwa Ukwiye Marius avuga ko muri Gicurasi umwaka ushize yagemuriye toni ebyiri za kawa uru ruganda, mu bihe bitandukanye, bakamuha udupapuro duto tugaragaza ingano y’ikawa bakiriye.

Uyu muturage avuga ko aho atangiriye kwishyuza, nyiri uru ruganda yamubwiye ko amafaranga yayahaye uwari ushinzwe gucunga uru ruganda (manager) akayarya bityo ko ari we agomba kwishyuza.

Marius agira ati “Bagombaga kumpa 1 958 400 Frw. Nyiri uruganda yambwiye ko amafaranga yayahaye manager arayarya ambwira ko ari we ngomba kwishyuza.”

Bivugwa ko uyu Uzabakiriho Felix nyiri uruganda yagiranye ibibazo n’uwari manager we ngo wamuteje igihombo ndetse akanatabwa muri yombi ariko akaza kurekurwa n’Ubushinjacyaha.

Uzabakiriho Felix uvugwaho kwambura uyu muturage we, avuga ko nta musaruro we winjiye mu ruganda rwe ndetse ko amajeto yitwa ko afite nta gaciro we ayaha.

Ati “Ntacyo twamwambuye, umusaruro we ntawo nzi. Njyewe umusaruro nemera ni uri ku mafishi. Ifishi ye ntayo mbona nta n’ihari. Nta nyandiko n’imwe dufite ye ibigaragaza. Jeto n’ifishi biratandukanye, jeto ni agapapuro.”

Ni mu gihe abaturage basanzwe bagemura ikawa kuri uru ruganda bavuga ko n’ubusanzwe na bo bahabwa utwo dupapuro bita Jeto.

Ngirinshuti Clement ati “Kariya ka Jeto ni ko konyine nta fishi aba yakwandikiye. Ni ko gusa batanga kandi iyo ugize ibyago ukagatakaza ntacyo wishyuza.”

Ku ya 31 Mutarama uyu mwaka ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi busubiza uyu muturage bwasabye ubw’Umurenge wa Gikundamvura gukemura iki kibazo mu minsi 15 ariko uyu muturage avuga ko ntacyakozwe ku mpamvu bamwe bavuga ko uwishyuzwa yaba atinywa n’abayobozi.

Marius agira ati “Umuyobozi wese ngezeho numva atinya uriya mugabo. Ngo ni uko yabaye umusirikari.”

Clement na we ati “None se umuntu witwaza imbunda ku ipokezo (ku rukenyerero) wabuzwa n’iki kumutinya. Pisitori arayigendana, none se ko batubwira ko ari umujepe.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rusizi, Habimana Alfred yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo yakimenye agasaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gikundamvura kugikurikirana agira n’icyo avuga ku kuba uyu mushoramari yaba atinywa n’abayobozi.

Agira ati “Twohereje yo abagikurikirana barimo umuyobozi w’umurenge ngo ahamagare impande zombi ndetse uwo muturage bamusabye kuzana aho bagiye bandika umusaruro yabahaye kugira ngo nihaba ho kubyumvikana ho tumusabe kumwishyura, nahoze mbaza bambwira ko hari ibyo bamutumye atarazana. Aramutse abizanye tukabona ko bifite ukuri twamwishyuriza. Nta muntu utinyitse ku buryo yatinywa n’inzego zose ngo agere aho yambura abaturage kubera icyo ari cyo.”

Ubuyobozi bw’umurenge wa Gikundamvura buvuga ko butegereje amasezerano uyu muturage yagiranye n’uruganda ngo bubone kumwishyuriza ndetse na we akavuga ko nta fishi uyu muturage afite igaragaza ko yaruhaye ikawa mu gihe we avuga ko ubusanzwe ibyo byose ntabijya bikorwa uretse amajeto gusa.

Yandikiye ubuyobozi asaba kurenganurwa
Ubuyobozi bwaramusubije
Kamwe mu dupapuro yandikirwaga ko umusaruro agemuye wakiriwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 + 3 =

Previous Post

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi w’Urwego rumwe rwo mu Butasi muri America

Next Post

Inkuru y’akababaro: Umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda Jean Lambert Gatare yitabye Imana

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro: Umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda Jean Lambert Gatare yitabye Imana

Inkuru y’akababaro: Umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda Jean Lambert Gatare yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.