Wednesday, July 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rurageretse hagati y’uvuga ko yambuwe n’umunyemari bivugwa ko agendana imbunda unatinyitse

radiotv10by radiotv10
22/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rurageretse hagati y’uvuga ko yambuwe n’umunyemari bivugwa ko agendana imbunda unatinyitse
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage uvuga ko yambuwe amafaranga akabakaba miliyoni 2 Frw n’umushoramari nyiri uruganda ‘Imena Coffee’ ruherereye mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi unavugwaho kuba akomeye atinywa n’abayobozi ngo kuko anagendana imbunda, arasaba kwishyurwa, mu gihe uyu munyemari we avuga ko nta mwenda amufitiye.

Umuturage witwa Ukwiye Marius avuga ko muri Gicurasi umwaka ushize yagemuriye toni ebyiri za kawa uru ruganda, mu bihe bitandukanye, bakamuha udupapuro duto tugaragaza ingano y’ikawa bakiriye.

Uyu muturage avuga ko aho atangiriye kwishyuza, nyiri uru ruganda yamubwiye ko amafaranga yayahaye uwari ushinzwe gucunga uru ruganda (manager) akayarya bityo ko ari we agomba kwishyuza.

Marius agira ati “Bagombaga kumpa 1 958 400 Frw. Nyiri uruganda yambwiye ko amafaranga yayahaye manager arayarya ambwira ko ari we ngomba kwishyuza.”

Bivugwa ko uyu Uzabakiriho Felix nyiri uruganda yagiranye ibibazo n’uwari manager we ngo wamuteje igihombo ndetse akanatabwa muri yombi ariko akaza kurekurwa n’Ubushinjacyaha.

Uzabakiriho Felix uvugwaho kwambura uyu muturage we, avuga ko nta musaruro we winjiye mu ruganda rwe ndetse ko amajeto yitwa ko afite nta gaciro we ayaha.

Ati “Ntacyo twamwambuye, umusaruro we ntawo nzi. Njyewe umusaruro nemera ni uri ku mafishi. Ifishi ye ntayo mbona nta n’ihari. Nta nyandiko n’imwe dufite ye ibigaragaza. Jeto n’ifishi biratandukanye, jeto ni agapapuro.”

Ni mu gihe abaturage basanzwe bagemura ikawa kuri uru ruganda bavuga ko n’ubusanzwe na bo bahabwa utwo dupapuro bita Jeto.

Ngirinshuti Clement ati “Kariya ka Jeto ni ko konyine nta fishi aba yakwandikiye. Ni ko gusa batanga kandi iyo ugize ibyago ukagatakaza ntacyo wishyuza.”

Ku ya 31 Mutarama uyu mwaka ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi busubiza uyu muturage bwasabye ubw’Umurenge wa Gikundamvura gukemura iki kibazo mu minsi 15 ariko uyu muturage avuga ko ntacyakozwe ku mpamvu bamwe bavuga ko uwishyuzwa yaba atinywa n’abayobozi.

Marius agira ati “Umuyobozi wese ngezeho numva atinya uriya mugabo. Ngo ni uko yabaye umusirikari.”

Clement na we ati “None se umuntu witwaza imbunda ku ipokezo (ku rukenyerero) wabuzwa n’iki kumutinya. Pisitori arayigendana, none se ko batubwira ko ari umujepe.”

Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rusizi, Habimana Alfred yabwiye RADIOTV10 ko iki kibazo yakimenye agasaba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gikundamvura kugikurikirana agira n’icyo avuga ku kuba uyu mushoramari yaba atinywa n’abayobozi.

Agira ati “Twohereje yo abagikurikirana barimo umuyobozi w’umurenge ngo ahamagare impande zombi ndetse uwo muturage bamusabye kuzana aho bagiye bandika umusaruro yabahaye kugira ngo nihaba ho kubyumvikana ho tumusabe kumwishyura, nahoze mbaza bambwira ko hari ibyo bamutumye atarazana. Aramutse abizanye tukabona ko bifite ukuri twamwishyuriza. Nta muntu utinyitse ku buryo yatinywa n’inzego zose ngo agere aho yambura abaturage kubera icyo ari cyo.”

Ubuyobozi bw’umurenge wa Gikundamvura buvuga ko butegereje amasezerano uyu muturage yagiranye n’uruganda ngo bubone kumwishyuriza ndetse na we akavuga ko nta fishi uyu muturage afite igaragaza ko yaruhaye ikawa mu gihe we avuga ko ubusanzwe ibyo byose ntabijya bikorwa uretse amajeto gusa.

Yandikiye ubuyobozi asaba kurenganurwa
Ubuyobozi bwaramusubije
Kamwe mu dupapuro yandikirwaga ko umusaruro agemuye wakiriwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 4 =

Previous Post

Perezida Kagame yaganiriye n’Umuyobozi w’Urwego rumwe rwo mu Butasi muri America

Next Post

Inkuru y’akababaro: Umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda Jean Lambert Gatare yitabye Imana

Related Posts

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Kagari ka Mwezi mu Murenge wa Karengera, mu Karere ka Nyamasheje, bahangayikishijwe n’imibereho y’umugabo wirukanywe mu nzu...

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

by radiotv10
09/07/2025
0

Abaturage bo mu Murenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, baravuga ko bahawe ubutaka na Leta ngo bakoreremo ubucukuzi bw’Amabuye...

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

IZIHERUKA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we
MU RWANDA

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

by radiotv10
09/07/2025
0

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

09/07/2025
DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

08/07/2025
Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru y’akababaro: Umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda Jean Lambert Gatare yitabye Imana

Inkuru y’akababaro: Umunyamakuru w’umunyabigwi mu Rwanda Jean Lambert Gatare yitabye Imana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyamasheke: Umukire aravugwaho kuba intandaro y’ibibazo byugarije umugabo birimo gusohorwa mu nzu n’umugore we

Kirehe: Icyo basaba ku byo babona nk’itonesha ku mutungo bari bahawe ngo babyaze umusaruro

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.