Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&Burundi: Hahishuwe indi ntambwe yari yatewe mbere y’amagambo ya Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibyatangajwe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, bibabaje kuko yabivuze mu gihe hari hatangiye gukorwa ibiganiro bigamije kuzahura umubano w’ibi Bihugu byombi umaze igihe utifashe neza, ndetse ko abakuriye Dipolomasi zabyo bari baganiriye kandi bumvaga kimwe ibibazo bihari.

Ni nyuma yuko Perezida Evariste Ndayishimiye yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ashinja u Rwanda, ko rufite umugambi wo gutera Igihugu cye ngo ruciye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro aherutse kugirana na BBC, Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwe, avuga ko rufite umugambi wo kuwukoresha rugatera Igihugu cye.

Ndayishimiye yageze n’aho avuga ko ngo mu gihe u Rwanda rwaba rushaka “gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Yatangaje ibi mu gihe mu minsi ishize abahagarariye inzego z’ubutasi hagati y’Ibihugu byombi bahuriye mu Ntara ya Kirundo, mu biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biriho, kugira ngo umubano w’ibi Bihugu byombi wongere usubire ku murongo, n’imipaka ifungurwe.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe; mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko “amagambo ya nyakubahwa Perezida w’u Burundi arababaje cyane, mu gihe abayobozi b’Igisirikare n’ubutasi b’Ibihugu byombi bari bari mu biganiro, kandi bari bamaze kugera ku kwemeranya ko hagomba kubaho gucubya umwuka mubi yaba mu bya gisirikare ndetse no mu mvugo.”

Minisitiri Nduhungirehe yakomeje agira ati “Nanjye ubwanjye nari nabiganiriyeho na mugenzi wanjye w’u Burundi ubwo twari mu nama y’Abaminisitiri ihuriweho ya EAC na SADC i Harare tariki 17 Werurwe 2025, kandi rwose twari twahuje umurongo kuri iki kibazo.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe, yakomeje avuga ko nubwo Perezida w’u Burundi yatangaje aya magambo asa nk’asubiza ibintu irudubi, u Rwanda ruzakomeza guharanira ko hagati yarwo n’u Burundi haba amahoro kimwe no mu karere k’Ibiyaga Bigari, kandi ko yizeye ko u Burundi buzisubiraho kuri ibi byatangajwe na Perezida wabwo.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana n’abaturage, ubwo yagarukaga ku mubano w’u Rwanda n’Ibihugu bibiri by’ibituranyi (u Burundi na DRC) yavuze ko kimwe muri ibi Bihugu cyahindukiye kikaba cyifuza ko ibibazo biri hagati yacyo n’u Rwanda bitorerwa umuti.

Benshi bahise bakeka u Burundi, ndetse bikaba byari byanashimangiwe na Minisitiri Olivier Nduhungirehe mu kiganiro aherutse kugirana na RBA, aho yavuze ko nubwo ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi bikiri mu ntangiriro, ariko hari icyizere ko bizagira icyo bitanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 15 =

Previous Post

General Muganga yibukije ipfundo ry’umubano w’Ingabo z’u Rwanda-RDF n’iza Uganda-UPDF

Next Post

Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.