• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Rwanda&Burundi: Hahishuwe indi ntambwe yari yatewe mbere y’amagambo ya Perezida Ndayishimiye

radiotv10by radiotv10
26/03/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Icyo u Rwanda ruvuga ku biri gukorwa ku mubano warwo n’u Burundi bitanga icyizere
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibyatangajwe na Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, bibabaje kuko yabivuze mu gihe hari hatangiye gukorwa ibiganiro bigamije kuzahura umubano w’ibi Bihugu byombi umaze igihe utifashe neza, ndetse ko abakuriye Dipolomasi zabyo bari baganiriye kandi bumvaga kimwe ibibazo bihari.

Ni nyuma yuko Perezida Evariste Ndayishimiye yongeye kuzamura ibirego by’ibinyoma ashinja u Rwanda, ko rufite umugambi wo gutera Igihugu cye ngo ruciye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu kiganiro aherutse kugirana na BBC, Perezida Ndayishimiye yongeye gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bwe, avuga ko rufite umugambi wo kuwukoresha rugatera Igihugu cye.

Ndayishimiye yageze n’aho avuga ko ngo mu gihe u Rwanda rwaba rushaka “gutera Bujumbura baciye muri Congo, natwe Kigali si kure duciye mu Kirundo.”

Yatangaje ibi mu gihe mu minsi ishize abahagarariye inzego z’ubutasi hagati y’Ibihugu byombi bahuriye mu Ntara ya Kirundo, mu biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo biriho, kugira ngo umubano w’ibi Bihugu byombi wongere usubire ku murongo, n’imipaka ifungurwe.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe; mu butumwa yanyujije kuri X, yavuze ko “amagambo ya nyakubahwa Perezida w’u Burundi arababaje cyane, mu gihe abayobozi b’Igisirikare n’ubutasi b’Ibihugu byombi bari bari mu biganiro, kandi bari bamaze kugera ku kwemeranya ko hagomba kubaho gucubya umwuka mubi yaba mu bya gisirikare ndetse no mu mvugo.”

Minisitiri Nduhungirehe yakomeje agira ati “Nanjye ubwanjye nari nabiganiriyeho na mugenzi wanjye w’u Burundi ubwo twari mu nama y’Abaminisitiri ihuriweho ya EAC na SADC i Harare tariki 17 Werurwe 2025, kandi rwose twari twahuje umurongo kuri iki kibazo.”

Minisitiri Olivier Nduhungirehe, yakomeje avuga ko nubwo Perezida w’u Burundi yatangaje aya magambo asa nk’asubiza ibintu irudubi, u Rwanda ruzakomeza guharanira ko hagati yarwo n’u Burundi haba amahoro kimwe no mu karere k’Ibiyaga Bigari, kandi ko yizeye ko u Burundi buzisubiraho kuri ibi byatangajwe na Perezida wabwo.

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame aherutse kugirana n’abaturage, ubwo yagarukaga ku mubano w’u Rwanda n’Ibihugu bibiri by’ibituranyi (u Burundi na DRC) yavuze ko kimwe muri ibi Bihugu cyahindukiye kikaba cyifuza ko ibibazo biri hagati yacyo n’u Rwanda bitorerwa umuti.

Benshi bahise bakeka u Burundi, ndetse bikaba byari byanashimangiwe na Minisitiri Olivier Nduhungirehe mu kiganiro aherutse kugirana na RBA, aho yavuze ko nubwo ibiganiro hagati y’Ibihugu byombi bikiri mu ntangiriro, ariko hari icyizere ko bizagira icyo bitanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

General Muganga yibukije ipfundo ry’umubano w’Ingabo z’u Rwanda-RDF n’iza Uganda-UPDF

Next Post

Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

Uko hafashwe abasore bakekwaho kunywa no gucuruza urumogi nyuma yo kubanza kwanga gukingurira Polisi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.