Wednesday, July 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuze impamvu ituma barenga ku mabwiriza ya Leta bakajya gusengera ahatemewe

radiotv10by radiotv10
07/04/2025
in MU RWANDA
0
Bavuze impamvu ituma barenga ku mabwiriza ya Leta bakajya gusengera ahatemewe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basengera munsi y’urutare rwisukaho amazi y’amashyuza ruherereye mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko nubwo bazi neza ko hashyira ubuzima bwabo mu kaga ndetse ko Leta itabyemera, bakabikora kubera ibitangaza by’Imana bahabonera.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze kuri uru rutare ruherereye mu Kagari ka Mashyuza munsi y’aho amazi y’amashyuza y’umugezi wa Rubyiro, amanukira, yahasanze abagore batatu n’umugabo umwe basenga, icyakora ntibyamushobokeye kugira icyo ababaza kuko bahise bavamo bariruka.

Abandi basanzwe basengera aha hantu bavuga ko haba hari imbaraga z’Imana zibafasha gukira indwara no kuva mu bibazo bimwe na bimwe.

Minani Jean Bosco ati “Natangiye kuhasengera ndi umusore mfite imyaka 29, ubu ngize 45. Hano iyo mpaje imbere yanjye hari ikibazo cy’uburwayi ndahasengera bugakurwaho. Iyo uhaje wari buzafungwe icyo gifungo gikurwaho. Ariya mazi iyo uyagiyemo za karande z’imiryango zivaho n’abadayimoni bakagenda.”

Nyirantwali Drocela na we ati “Maze imyaka itatu mpasengera, nahaje ndi umurwayi wo mu mutwe ku buryo bukomeye ndetse inshuti n’abavandimwe baramvuyeho ariko ubu ndi umuntu muzima kuko ndanahinga mu gihe mbere aho nageraga bahitaga bamfata bakamboha.”

Nubwo bavuga ko gusengera aha hantu byaba bibafasha, ku rundi ruhande bihabanye n’amabwiriza ya Leta, ndeyse bamwe bakavuga ko bayica nkana kubera ibyo bita inyungu z’amasengesho bahakorera.

Minani Jean Bosco ati “Urumva nyine tuba twatandukiriye ku bw’uburibwe n’ibibazo dufite.”

Drocela na we ati “Ariko uko biri kose turi kugenda tugerageza nyine ntabwo tukihaza kenshi nka mbere.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi yibutsa abasengera ahatemewe ko baba banyuranya n’amabwiriza kandi ko bishobora kubaviramo igifungo, agasaba abasenga ko bakwiye gusengera ahemewe n’amategeko.

Ati “Aho hantu ni ahantu hashobora guteza impanuka kuko unahageze hari n’icyapa kibuza abantu kuhasengera, kikaba ikigaragaza ko ababirengaho babizi neza ko bibujijwe. Icya kabiri, ni uko gusenga byemewe, ariko bigomba gukorerwa ahemewe nabwo.”

SP Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko amabwiriza yashyizweho kugira ngo yubahirizwe, bityo ko uzayarengaho azahanwa hakurikije amategeko, anibutsa ko gusengera ahantu nk’aha hanashobora gushyira ubuzima mu kaga bishobora kuviramo ababikora igifungo kiri hagati y’amezi 6 n’umwaka mu gihe babihamywa n’urukiko.

Abasengera aha hantu kandi hari ababona ko hashobora gukorerwa n’ibindi
Abahasengera bavuga ko hari ibitangaza bahakura

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × three =

Previous Post

Kwibuka31: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

Next Post

Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

Related Posts

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

by radiotv10
29/07/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoreye ibirori byo gusezerera abasirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj Gen (Rtd) Wilson Gumisiriza,...

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

by radiotv10
29/07/2025
0

Inteko y’Umuco yagaragaje gahunda y’ibirori byo kwihiza Umuganura, isaba Abanyarwanda bose kuzawizihiza baganuzanya baharanira kuba Abanyarwanda b’umutima, badahujwe gusa no...

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

Harakurikiraho iki nyuma yuko abakoresha MTN Rwanda bahuye n’imbogamizi ikanabiseguraho?

by radiotv10
29/07/2025
0

Nyuma yuko abakoresha umurongo wa Sosiyete y’Itumanaho ‘MTN Rwanda’ bahuye n’imbogamizi zirimo guhamagarana, kanisegura ku bakiliya bayo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere...

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

Uburyo bwo kwandura Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura SIDA mu Rwanda

by radiotv10
29/07/2025
0

Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC gitangaza ko uburyo bwo kwandura indwara ya Hepatite B bwikubye inshuro 100 ugereranyije no kwandura Virusi...

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

Can Rwandan women balance career and family, or is that a lie?

by radiotv10
29/07/2025
0

In Rwanda today, the image of a modern woman is one of confidence, ambition, and independence. She’s climbing the corporate...

IZIHERUKA

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable
FOOTBALL

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

by radiotv10
29/07/2025
0

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

29/07/2025
Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

29/07/2025
AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

AMASHUSHO: Uwayoboye kimwe mu Bihugu bikomeye yagaragaye atwaye imodoka ishaje

29/07/2025
Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

Ku nshuro ya 13 RDF yasezereye abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru barimo Maj.Gen.(Rtd) Gumisiriza

29/07/2025
Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

Ubutumwa bugenewe Abanyarwanda bose bwerecyeye Ibirori by’Umuganura byegereje

29/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ari gusaba kugaruka- Perezida wa Rayon yatanze umucyo ku byavuzwe kuri myugariro Aimable

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Abasirikare batatu b’igisirikare cya Uganda baburiye ubuzima muri Congo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.