Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuze impamvu ituma barenga ku mabwiriza ya Leta bakajya gusengera ahatemewe

radiotv10by radiotv10
07/04/2025
in MU RWANDA
0
Bavuze impamvu ituma barenga ku mabwiriza ya Leta bakajya gusengera ahatemewe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basengera munsi y’urutare rwisukaho amazi y’amashyuza ruherereye mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko nubwo bazi neza ko hashyira ubuzima bwabo mu kaga ndetse ko Leta itabyemera, bakabikora kubera ibitangaza by’Imana bahabonera.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze kuri uru rutare ruherereye mu Kagari ka Mashyuza munsi y’aho amazi y’amashyuza y’umugezi wa Rubyiro, amanukira, yahasanze abagore batatu n’umugabo umwe basenga, icyakora ntibyamushobokeye kugira icyo ababaza kuko bahise bavamo bariruka.

Abandi basanzwe basengera aha hantu bavuga ko haba hari imbaraga z’Imana zibafasha gukira indwara no kuva mu bibazo bimwe na bimwe.

Minani Jean Bosco ati “Natangiye kuhasengera ndi umusore mfite imyaka 29, ubu ngize 45. Hano iyo mpaje imbere yanjye hari ikibazo cy’uburwayi ndahasengera bugakurwaho. Iyo uhaje wari buzafungwe icyo gifungo gikurwaho. Ariya mazi iyo uyagiyemo za karande z’imiryango zivaho n’abadayimoni bakagenda.”

Nyirantwali Drocela na we ati “Maze imyaka itatu mpasengera, nahaje ndi umurwayi wo mu mutwe ku buryo bukomeye ndetse inshuti n’abavandimwe baramvuyeho ariko ubu ndi umuntu muzima kuko ndanahinga mu gihe mbere aho nageraga bahitaga bamfata bakamboha.”

Nubwo bavuga ko gusengera aha hantu byaba bibafasha, ku rundi ruhande bihabanye n’amabwiriza ya Leta, ndeyse bamwe bakavuga ko bayica nkana kubera ibyo bita inyungu z’amasengesho bahakorera.

Minani Jean Bosco ati “Urumva nyine tuba twatandukiriye ku bw’uburibwe n’ibibazo dufite.”

Drocela na we ati “Ariko uko biri kose turi kugenda tugerageza nyine ntabwo tukihaza kenshi nka mbere.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi yibutsa abasengera ahatemewe ko baba banyuranya n’amabwiriza kandi ko bishobora kubaviramo igifungo, agasaba abasenga ko bakwiye gusengera ahemewe n’amategeko.

Ati “Aho hantu ni ahantu hashobora guteza impanuka kuko unahageze hari n’icyapa kibuza abantu kuhasengera, kikaba ikigaragaza ko ababirengaho babizi neza ko bibujijwe. Icya kabiri, ni uko gusenga byemewe, ariko bigomba gukorerwa ahemewe nabwo.”

SP Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko amabwiriza yashyizweho kugira ngo yubahirizwe, bityo ko uzayarengaho azahanwa hakurikije amategeko, anibutsa ko gusengera ahantu nk’aha hanashobora gushyira ubuzima mu kaga bishobora kuviramo ababikora igifungo kiri hagati y’amezi 6 n’umwaka mu gihe babihamywa n’urukiko.

Abasengera aha hantu kandi hari ababona ko hashobora gukorerwa n’ibindi
Abahasengera bavuga ko hari ibitangaza bahakura

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Urubyiruko rw’abakobwa rufite amatsiko yo kubona agakingirizo k’abagore bumva ariko bataraca iryera

Next Post

Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.