Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Bavuze impamvu ituma barenga ku mabwiriza ya Leta bakajya gusengera ahatemewe

radiotv10by radiotv10
07/04/2025
in MU RWANDA
0
Bavuze impamvu ituma barenga ku mabwiriza ya Leta bakajya gusengera ahatemewe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu basengera munsi y’urutare rwisukaho amazi y’amashyuza ruherereye mu Murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, bavuga ko nubwo bazi neza ko hashyira ubuzima bwabo mu kaga ndetse ko Leta itabyemera, bakabikora kubera ibitangaza by’Imana bahabonera.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 wageze kuri uru rutare ruherereye mu Kagari ka Mashyuza munsi y’aho amazi y’amashyuza y’umugezi wa Rubyiro, amanukira, yahasanze abagore batatu n’umugabo umwe basenga, icyakora ntibyamushobokeye kugira icyo ababaza kuko bahise bavamo bariruka.

Abandi basanzwe basengera aha hantu bavuga ko haba hari imbaraga z’Imana zibafasha gukira indwara no kuva mu bibazo bimwe na bimwe.

Minani Jean Bosco ati “Natangiye kuhasengera ndi umusore mfite imyaka 29, ubu ngize 45. Hano iyo mpaje imbere yanjye hari ikibazo cy’uburwayi ndahasengera bugakurwaho. Iyo uhaje wari buzafungwe icyo gifungo gikurwaho. Ariya mazi iyo uyagiyemo za karande z’imiryango zivaho n’abadayimoni bakagenda.”

Nyirantwali Drocela na we ati “Maze imyaka itatu mpasengera, nahaje ndi umurwayi wo mu mutwe ku buryo bukomeye ndetse inshuti n’abavandimwe baramvuyeho ariko ubu ndi umuntu muzima kuko ndanahinga mu gihe mbere aho nageraga bahitaga bamfata bakamboha.”

Nubwo bavuga ko gusengera aha hantu byaba bibafasha, ku rundi ruhande bihabanye n’amabwiriza ya Leta, ndeyse bamwe bakavuga ko bayica nkana kubera ibyo bita inyungu z’amasengesho bahakorera.

Minani Jean Bosco ati “Urumva nyine tuba twatandukiriye ku bw’uburibwe n’ibibazo dufite.”

Drocela na we ati “Ariko uko biri kose turi kugenda tugerageza nyine ntabwo tukihaza kenshi nka mbere.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Bonaventure Twizere Karekezi yibutsa abasengera ahatemewe ko baba banyuranya n’amabwiriza kandi ko bishobora kubaviramo igifungo, agasaba abasenga ko bakwiye gusengera ahemewe n’amategeko.

Ati “Aho hantu ni ahantu hashobora guteza impanuka kuko unahageze hari n’icyapa kibuza abantu kuhasengera, kikaba ikigaragaza ko ababirengaho babizi neza ko bibujijwe. Icya kabiri, ni uko gusenga byemewe, ariko bigomba gukorerwa ahemewe nabwo.”

SP Bonaventure Twizere Karekezi avuga ko amabwiriza yashyizweho kugira ngo yubahirizwe, bityo ko uzayarengaho azahanwa hakurikije amategeko, anibutsa ko gusengera ahantu nk’aha hanashobora gushyira ubuzima mu kaga bishobora kuviramo ababikora igifungo kiri hagati y’amezi 6 n’umwaka mu gihe babihamywa n’urukiko.

Abasengera aha hantu kandi hari ababona ko hashobora gukorerwa n’ibindi
Abahasengera bavuga ko hari ibitangaza bahakura

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 10 =

Previous Post

Kwibuka31: Bimwe mu byabaye ku ya 07/04/1994…Hashyizweho bariyeri, Abatutsi batangira guhigwa no kwicwa

Next Post

Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.