Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze

radiotv10by radiotv10
07/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rubavu: Hari uvuga ko yishinganisha kubera ibyakurikiye amakuru yatanze
Share on FacebookShare on Twitter

Umuturage wo mu Murenge wa Nyakiriba mu Karere ka Rubavu, avuga ko yishinganisha kubera amakuru yatanze yanatumye bamwe mu bayobozi b’inzego z’Umudugudu wabo bahagarikwa, bigakurikirwa no kwitwa uwigometse.

Mu mwaka ushize wa 2024, RADIOTV10 yaganiriye n’abaturage batuye mu Midugudu ya Runaba na Gisangani mu Kagari ka Bisizi, mu Murenge wa Nyakiliba mu Karere ka Rubavu ku kibazo cy’uko bakwagwa ruswa n’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze kugira ngo bubake ariko nabwo ngo bikarangira zimwe nzu zisenywe.

Nyuma y’aho gato bamwe mu bayobozi b’inzego z’ibanze barimo n’Umukuru w’Umudugudu wa Runaba barahagaritswe.

Munyentwari Alphonse ni umwe muri abo baturage utuye mu Mudugudu wa Runaba, ushinja uwahoze ari Umukuru w’Umudugudu kumuteranya ku buyobozi bushya ngo akitwa igihazi [umuntu wananiranye] mu buryo we afata nko kumwihimuraho kubera amakuru yatanze.

Ati “Bashyizeho abashya turabishima ariko uwo wavuyeho akomeza kumpiga akagenda anteranya mu Mudugudu ngo ndi igihazi, rero mwankorera ubuvugizi ntazapfa ntazi icyo nzira kuko nk’ubu polisi yaza ishaka abanditswe mu bihazi ugasanga barantwaye kandi ntari igihazi.”

Abaturanyi b’uyu muturage bahamya ko nta myitwarire yo kunanirana bamuziho. Havuginote Evariste ati “Nk’umuturanyi nta by’ubuhazi tumuziho kuko akorera abaturage bakamuhemba bakurikije ibyo yabakoreye kubera ko atunzwe n’akazi ko gucukura amabuye.”

Sebishyimbo Cyprien wahoze ayobora Umudugudu wa Runaba utuwemo n’uyu muturage, yahakanye ibyo amushinja anavuga ko yaba ashaka kumuharabika.

Ati “Izo nkuru aho azivana simpazi rwose ni ugushaka kumparabika kandi turaturanye nta n’icyo twapfaga gusa yaraje arandeba, nako ni miturire wampamagaye ngo ari kwa Munyentwari ndamubwira nti ‘niba ariho uri rero mumushakire akarima k’igikoni’, ubwo rero niba hari ibyo batumvikanyeho nibyo ari guheraho avuga ko namwise igihazi kandi ntiyiba sinabeshya.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyakiliba, Tuyishime Jean Bosco Naho yasabye uyu muturage kwegera inzego akazigaragariza iki kibazo.

Ati “Ntabwo igihazi cyemezwa n’umuntu umwe ahubwo we niba afite ikibazo azaze tumufashe kuko ubuyobozi bw’u Rwanda ntabwo burangirira mu Mudugudu.”

Munyentwari Alphonse avuga ko amakuru yatanze akomeje kumugiraho ingaruka
Abaturanyi be bavuga ko nta ngeso mbi bamuziho

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Bavuze impamvu ituma barenga ku mabwiriza ya Leta bakajya gusengera ahatemewe

Next Post

Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

Related Posts

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

by radiotv10
10/04/2026
0

Ubuyobozi bwa Leta ya Michigan muri Leta Zunze Ubumwe za America, bwemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi buzajya bwifatanya...

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

by radiotv10
10/04/2026
1

Tariki 10 Mata 1994 wari umunsi wa kane wa Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’ubwicanyi bukomeye bwabereye mu bice binyuranye by’Igihugu,...

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

by radiotv10
10/04/2026
0

Abatuye mu isantere ya Shuni iherereye mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, binubira umuco wo 'kuzitura', bavuga ko...

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
10/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa Toronto muri Canada yatangaje ku mugaragaro ko tariki 07 Mata ari umunsi mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakewe...

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

by radiotv10
10/04/2026
0

Mu gihe u Rwanda rwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bamwe mu barokotse Jenoside batuye mu...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.