Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in MU RWANDA
0
Perezida Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka n’Umugoroba w’Ikiriyo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yitabiriye Urugendo rwo Kwibuka [Walk to Remember] n’Ijoro ry’Ikiriyo, biri mu bikorwa byakozwe ku munsi wa mbere w’Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Uru rugendo rwo Kwibuka rwabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Mata 2025, rwatangiriye ku Biro by’Akarere ka Gasabo, rusorezwa kuri BK Arena ahabereye Ijoro ry’Ikiriyo.

Umukuru w’u Rwanda, Paul Kagame yitabiriye uru rugendo rwarimo n’abandi bayobozi mu nzego Nkuru z’Igihugu, ndetse rwanitabiriwe n’abiganjemo urubyiruko rurimo abasanzwe bakoresha imbuga nkoranyambaga cyane ndetse n’abo mu zindi nzego nko mu buhanzi.

Nyuma yuko abitabiriye uru rugendo bageze kuri BK Arena, hanabaye Umugoroba w’ikiriyo waranzwe n’ibikorwa binyuranye birimo ubuhamya bwatanzwe na Murangwayire Liliane uvuka Murenge wa Ntarama mu Karere ka Bugesera.

Mu buhamya bwe, Murangwayire yagaragaje ubugome ndengakamere Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranywe, aho umuryango yavukagamo wari ugizwe n’abantu 12 barimo ababyeyi babiri, ariko ukaba wararokotsemo abantu batatu.

Muri iri Joro ry’Ikiriyo, Perezida w’Umuryango uharanira Inyungu z’Abarokotse Jenoside, IBUKA, Dr Gakwenzire Philibert, yibukije ko igikorwa cyo Kwibuka kigamije kuzirikana abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no kubaho icyubahiro.

Nanone kandi igihe nk’iki kigomba kubera abantu umwanya wo gutekereza ku nkomoka y’amacakubiri yabibwe mu Banyarwanda akageza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi igahitana abarenga miliyoni imwe, kugira ngo ibyabaye bitazongera ukundi.

Yavuze ko nanone abantu baba bakwiye kongera kuzirikana ku rugendo rw’ubumwe n’ubudaheranwa byafashije Abanyarwanda bakaba bageze aho bageze ubu nyuma y’imyaka 31.

Perezida Kagame yitabiriye urugendo rwo Kwibuka

Ni Urugendo rwarimo abiganjemo urubyiruko

Uru rugendo rwakurikiwe n’Umugoroba w’Ikiriyo
Hacanywe urumuri hazirikanwa inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Murangwayire Liliane yagaragaje uburyo Jenoside yakoranywe ubugome ndengakamere
Abanyeshuri ba Muzika bataramiye abitabiriye umugoroba w’Ikiriyo

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 17 =

Previous Post

Ikitaratwishe ngo kiturangize cyaradukomeje- Perezida Kagame yashimangiye ko ntacyo Abanyarwanda batabasha guhangana nacyo

Next Post

Bagaragaje igituma batavurwa kandi barishyuye ‘Mituweli’ bo bafata nk’ikitari gikwiye kuba impamvu

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Bagaragaje igituma batavurwa kandi barishyuye ‘Mituweli’ bo bafata nk’ikitari gikwiye kuba impamvu

Bagaragaje igituma batavurwa kandi barishyuye ‘Mituweli’ bo bafata nk’ikitari gikwiye kuba impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.