Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Urubyiruko ruravuga isomo rikomeye rwigira mu mateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
09/04/2025
in MU RWANDA
0
Urubyiruko ruravuga isomo rikomeye rwigira mu mateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urubyiruko rwo mu Karere ka Ngoma, ruvuga ko amateka ashaririye y’ibyabaye mu Rwanda, rugomba kuyigiraho kugendera kure ivangura n’amacakubiri, bityo ko bazakoresha imbaraga zose bagasigasira ubumwe bw’Abanyarwanda.

Uru rubyiruko rwo mu Murenge wa Mutenderi, rwatangaje ibi nyuma yo kongera gusobanurirwa amateka mabi yaranze u Rwanda akarugeza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Bavuga ko aya mateka abasigira umukoro wo guhanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi, kuko bo bamaze kunga ubumwe mu ngeri zitandukanye kandi bazakomeza kubuharanira.

Safi Olivier yagize ati “Iyo wumvise aya mateka, mu by’ukuri arababaje cyane. Nkuko tubibona mu mateka nk’urubyiruko rwagizemo uruhare kugira ngo Jenoside ibe aho twakoreshejwe. Nkatwe igisubizo dukuramo ni icy’uko aya mateka atazongera kuturangwaho, byaduteye ipfunwe rero ntabwo twakwishimira ko ayo mateka azongere agaruke twabonye ko ari Amateka mabi.”

Safi Olivier asaba urubyiruko bagenzi be guhaguruka bakarwanya ingebitekerezo ya Jenoside no kwamagana abakomeza gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, kimwe n’abagoreka amateka.

Umugwaneza Divine na we yagize ati “Mbere hari harimo amacakubiri mu rubyiruko ariko ubu ngubu ntayarimo, umuntu wese abona mugenzi we akabona basa kandi ari bamwe.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie avuga amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi akwiye kubera isomo urubyiruko mu rugamba rw’Iterambere, baharanira guha ukuri abashaka kugoreka aya mateka.

Ati “Ni mwe Rwanda rw’ejo, amateka yacu nimuyigireho muharanire kwiteza imbere no guteza imbere Igihugu cyacu muri rusange. Mukomeze kandi inzira y’ubumwe bw’Abanyarwanda mwatangiye, mwirinde kandi mwamagane ababayobya ndetse n’abirirwa bagoreka amateka ku mbuga nkoranyambaga, mwibatinya nimubasubize mubabwire ukuri nubwo bakwirengagiza bakuzi.”

I Mutenderi ahatangirijwe ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, mu Rwibutso rwaho haruhukiyemo inzirakarengane 4 154 z’Abatutsi biciwe muri aka gace ka Mutenderi no mu nkengero zako.

Urubyiruko ruvuga ko rwiyemeje guhangana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Niyonagira Nathalie yasabye ababyiruko gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − seventeen =

Previous Post

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Next Post

Ubuhamya bubabaje bw’ibyamubayeho muri Jenoside n’uburyo inyigisho z’isanamitima zamufashije gukira ibikomere

Related Posts

Eng.-What caused the RDF drone accident?

Eng.-What caused the RDF drone accident?

by radiotv10
17/09/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) has announced that one of its small unmanned aircraft (a drone), which was being used...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

by radiotv10
17/09/2025
0

Bamwe mu barimu bigisha mu mashuri abanza byumwihariko mu cyiciro cya mbere, baravuga ko kwigisha ingunga ebyiri (bamwe igitondo, abandi...

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko indege nto yazo yo mu bwoko bwa drone yakoreshwaga mu myitozo, yataye inzira...

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

by radiotv10
17/09/2025
0

The first African hosting of the UCI Road World Championships in September 2025, will not be a mere sporting event...

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

IZIHERUKA

Eng.-What caused the RDF drone accident?
MU RWANDA

Eng.-What caused the RDF drone accident?

by radiotv10
17/09/2025
0

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

17/09/2025
Iby’ingenzi wamenya ku yandi mavugurura agiye gukorwa mu burezi bw’u Rwanda

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

17/09/2025
Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

17/09/2025
Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

Rwanda’s political readiness to host the World on two wheels

17/09/2025
U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ubuhamya bubabaje bw’ibyamubayeho muri Jenoside n’uburyo inyigisho z’isanamitima zamufashije gukira ibikomere

Ubuhamya bubabaje bw’ibyamubayeho muri Jenoside n’uburyo inyigisho z’isanamitima zamufashije gukira ibikomere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-What caused the RDF drone accident?

Hashyizwe hanze ibimenyetso bigaragaza ko ushinjwa kwica Charlie Kirk ari we wabikoze

Imbogamizi za mbere zahise zigaragara mu mpinduka ziherutse gushyirwa mu burezi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.