Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Menya ibiri kuba hamwe na TV10: Tubazaniye amakuru avunaguye ya saa 12:30’

radiotv10by radiotv10
01/12/2021
in Uncategorized
0
Menya ibiri kuba hamwe na TV10: Tubazaniye amakuru avunaguye ya saa 12:30’
Share on FacebookShare on Twitter

Guhaza ibyifuzo byanyu ni ihame ku gitangazamakuru RADIOTV10 ubu cyazanye gahunda y’amakuru avunaguye izajya atambuka kuri TV10 saa sita n’igice z’amanywa [12:30’] ikazajya ibamenyesha amakuru yaramutse n’ayiriwe kuri uwo munsi.

Kimwe mu bizwi kuri RADIOTV10 ni amakuru yizewe kandi akozwe kinyamwuga, yaba ari ay’ibyabereye mu Rwanda, mu karere ndetse no ku Isi hose muri rusange.

Mu rwego rwo gukomeza guhaza ibyifuzo byanyu, guhera kuri uyu wa Kabiri tariki ya 30 Ugushyingo 2021, TV10 yatangije gahunda y’amakuru avunaguye azajya atambuka saa sita n’igice [12:30’] z’amanywa.

Iyi gahunda igamije gufasha abakunzi ba TV10 kumenya iby’ingenzi byabaye ndetse n’ibiri kuba kuri uwo munsi haba mu Rwanda ndetse n’ahandi.

Mu buzima busanzwe, saa sita ni isaha y’akaruhuko nyuma y’akazi kenshi umuntu aba yaramukiyemo, akareba uko aruhura ubwonko n’umubiri muri ayo masaha.

Mu rwego rwo gufasha abakunzi ba TV10 kugubwa neza muri ako karuhuko, tuzajya tubagezaho ayo makuru kugira ngo muruhuke ariko munamenya n’ibikomeje kuba mu gihugu ndetse n’abandi hose.

TV10 izakomeza kugeza ku bakunzi bayo amakuru avunaguye saa sita n’igice z’amanywa (12:30’). Amakuru arambuye yo nk’ibisanzwe ni saa moya n’igice z’ijoro (19:30’).

Ukwiyongera kw’Amakuru muri gahunda za TV10 ni intambwe ya mbere yo gutuma TV10 iba iya mbere muri televiziyo zigenga mu gutangaza amakuru mashya kandi yizewe, ku gihe no mu buryo bwa kinyamwuga.

Abakozi ba TV10 bari mu mirimo ibagezaho amakuru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 3 =

Previous Post

Rayon&AS Kigali: Abafana bararebana ay’ingwe kubera ibara ry’ubururu…Ubuyobozi buti “Ni amarangamutima adafite aho ashingiye”

Next Post

Abanyarwanda baributswa ko kurinda uburenganzira bwa muntu bitareba Leta gusa

Related Posts

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

Ubutumwa bwa Komiseri muri FPR-Inkotanyi bunenga abayobozi baranduye imyaka y’abaturage

by radiotv10
30/03/2026
0

Komiseri mu Muryango FPR-Inkotanyi, Habonimana Charles yanenze abayobozi bo mu Karere ka Nyarugenge baranduye ibishyimbo by’abaturage, avuga ko ibyemezo nk’ibi...

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

Ubujurure bwa Gasogi Utd bwatewe ubwatsi

by radiotv10
26/03/2026
0

Nyuma yuko Gasogi utd itewe mpaga y’ibitego 3-0 n’amande ya miliyoni 2 Frw nyuma yo kubura ku kibuga cya Stade...

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

Irebere amafoto y’ingenzi y’ibirori by’imbonekarimwe bya Basketball byitabiriwe na Perezida Kagame n’abandi banyacyubahiro n’ibyamamare

by radiotv10
17/02/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wa NBA All-Star Game uhuza abakinnyi bakomeye muri Shampiyona ya Basketball muri Leta Zunze Ubumwe...

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

by radiotv10
10/02/2026
0

Abapolisi 160 bitegura koherezwa mu butumwa bw'Umuryango w'Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, baganirijwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Umwarimu wo muri Kaminuza uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rumukurikiranyeho gusambanya abana b’abakobwa biga mu mashuri yisumbuye, hari...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abanyarwanda baributswa ko kurinda uburenganzira bwa muntu bitareba Leta gusa

Abanyarwanda baributswa ko kurinda uburenganzira bwa muntu bitareba Leta gusa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.