• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe

radiotv10by radiotv10
14/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hari indwara bajyana muri gakondo bazi ko ari amarozi bikazagaragara ko ari iy’amavuriro asanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kirehe barwaye impyiko, bavuga ko babanzaga gukeka ko ari amarozi ndetse bakagana abavuzi gakondo, bikananirana nyuma bahindukira bagiye kwa muganga, bagasanga ari iyi ndwara ivurirwa mu mavuriro asanzwe.

Ahishakiye Esperence wo mu Kagari ka Gatarama mu Murenge wa Kigina muri aka Karere ka Kirehe, avuga ko yarwaye indwara abanza kugagana abavuzi gakondo birananirana.

Nyuma yigiriye inama yo kugana ibitaro, baza gusanga arwaye impyiko, ubundi abaganga bamwitaho kugeza ubwo yakize iyi ndwara yari imurembeje.

Ati “Nageze ku Bitaro bya Kirehe bampa taransiferi injyana ku Bitaro Bikuru bya Rwamagana. Abaganga baranyakira baramfasha. Nageze muri Diyarize inshuro eshatu bampa imiti uko bikwiye baje kumbwira ko impyiko zakize baransezerera ndataha.”

Aboneraho kugira inama abantu bihutira kujya kwivuriza mu bavuze gakondo, byumwihariko abashobora kugaragaza ibimenyetso by’indwara y’imyiko.

Ati “Abantu bakwiye kwihutira Ikigo Nderabuzima ntabwo bagomba kwihutira mu miti ya Kinyarwanda kuko irica ushobora kuhatakariza z’ubuzima bwawe ugapfa.”

Dr. Ntawanganyimana Etienne, Inzobere mu kuvura indwara y’impyiko, avuga ko ivurwa igakira iyo uyirwaye yayisuzumishihe kare, ndetse ko n’ubwoko bwayo budakira, ubuirwaye afashwa kugira ngo impyiko zitangirika cyangwa zasimburwa.

Ati “Indwara z’impyiko tuzigiramo ubwoko bibiri, hari indwara z’impyiko zikira, ni impyiko umuntu arwara bitewe n’ikibazo agize umwanya mutoya, atakaje amaraso menshi, atakaje amazi menshi uwo muntu arafashwa akagirwa inama yo gufata amazi menshi byakwanga ukaza no kwa muganga tukamuha amaserumu byakwangwa tukamushyira no muri Diyarize ariko izo zirakira.

Dufite n’izindi ndwa zidakira zitwa Koronike ni indwara abantu bakunda guhura na zo, ikintu cya mbere kibitera n’umuvuduko w’amaraso, ni Diyabete, ni bano bantu bakora imirimo y’ingufu ugasanga ntanyoye amazi menshi ahubwo anyoye inzoga. Icyo dukora ni ugufasha umuntu kugabanya umuvuduko kugira ngo impyiko zitangirika kugira ngo azagera muri cya gihe cyo kuyungurura amaraso no gusimbuza impyiko.”

Dr. Rutagengwa William, Umuyobozi w’Ikigo ‘Inshuti mu Buzima’, avuga ko mu Karere ka Kirehe hari abagaragaje ibimenyetso by’indwara z’impyiko, ndetse abayisanganywe, bakomeje kwitabwaho kandi ko hongewe imbaraga mu kubagezaho imiti.

Ati “Imiti itangwa iraboneka neza kugeza n’aho ubu ngubu hari abarwayi dushyira imiti mu rugo dukoresheje turiya tudege twa drone. Ibyo rero bituma abantu bose bakeneye iyo serivisi bayibona ubwo rero dukangurira abantu bose kwipimisha.”

Abaganga mu buvuzi bw’impyiko bavuga ko kubera imihindagurikire y’ibihe, by’umwihariko izamuka ry’ubushyuhe, aho ngo iyo bwiyongereyeho Dogere Seresiyusi imwe, bitera ibyago byo kurwara impyiko ku kigero cya 30%.

Ahishakiye Esperence wakize indwara y’impyiko agira inama abantu
Dr. Ntawanganyimana Etienne
Dr.Rutagengwa William

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + ten =

Previous Post

Amakuru agezweho mu ikipe ya Rayon imaze iminsi umusaruro warasubiye inyuma

Next Post

AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

AMAKURU MASHYA: Umucyo ku ihagarikwa ry’abatoza bo muri Rayon n’impamvu nyakuri zabiteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.