Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rubavu: Abasenyewe na Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye bamaze imyaka ibiri mu rujijo

radiotv10by radiotv10
18/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Rubavu: Abasenyewe na Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye bamaze imyaka ibiri mu rujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo mu Mirenge ya Nyundo na Rugerero mu Karere ka Rubavu, bangirijwe n’ibiza byatewe n’umugezi Sebeya ubwo habaga ibiza bikomeye muri 2023, baravuga ko bamaze imyaka ibiri batazi aho bazerecyeza kuko bakiba mu nzu zasenyutse.

Ni nyuma y’ibiza byabaye muri Gicurasi 2023 byibasiye Intara y’Iburengerazuba, gusa bamwe mu bahuye n’ibi biza bafashijwe gusanirwa inzu, abandi barubakirwa mu rwego rwo kubasubiza mu buzima busanzwe n’ubwo hari n’abagaragaza ko batigeze bagerwaho n’ubufasha ubwo aribwo bwose.

Bamwe mu batuye muri iyi Mirenge ya Nyundo na Rugerero bagaragaza ko bagowe no kuba mu bukode muri icyo gihe cyose bagasaba ko bakurwa mu gihirahiro.

Liliane ati “Bari baratubwiye ko bazatangira kutwubakira mu kwa mbere. Rwose kubaho mu bukode ntibinyoroheye kuko nari menyereye kuba iwanjye nta muntu ubyukira ku muryango wanjye none ubu ni buri munsi kuko nk’amafaranga y’ubukode duheruka yararangiye.”

Undi witwa Murekatete yagize ati “Twarategereje twarananiwe, twarahebye mbese muri macye twarumiwe kuko aho ntuye ni nka metero 200 ariko banze ko nubaka, badusabye ngo twerekane ibibanza batwubakire turabibura none ko byabuze tuzajya hehe?”

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper avuga ko umushinga wo kwimura aba baturage batari bafite ibibanza bubakirwaho urimbanyije, kuko byasabye igihe gihagije bitewe n’uburemere bw’ibiza byabaye n’abo byagizeho ingaruka.

Ati “Biriya biza bya 2023 byari biremereye cyane bifite imbaraga zikomeye ku buryo bitari gushoboka gukemura ibibazo mu gihe gitoya ariko bakiva mu nkambi abaturage bahise bakodesherezwa ariko Leta itangira no kubakira abari bafite ibibanza, abasigaye babikwiye rero bose bazubakirwa muri site ya Kasonga na Ruranga mu Murenge wa Rugerero kandi dufite urutonde rw’agateganyo rw’imiryango 870 kandi Leta imaze iminsi yitegura kugira ngo yishyure ingurane batangire igikorwa cyo kubaka ndetse MINEMA yamaze gushyiraho n’abakozi bazakurikirana icyo gikorwa.”

Uyu muyobozi akomeza agaragaza ko Ubuyobozi bw’Akarere bwamaze kuzuza inzu 540 z’imiryango yahuye n’ibiza byatewe n’umugezi wa Sebeya.

N’abifuza kubaka bavuga ko babujijwe gusana
Bavuga ko hakwiye kugira igikorwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    10 months ago

    nta rujijo ruhari, mujye musobanuza. abasenyewe batishoboye bafashijwe kubaka abandi bagomba kwiyubakira, byagaragara ko batabishoboye, byemejwe n’inteko y’abaturage bakunganirwa ku buryo bw’umuganda. bikorwa ku busabe bw’umuntu ku giti cye. murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 − three =

Previous Post

Umuhuza mushya mu by’u Rwanda na Congo yahuye na Tshisekedi ku nshuro ya mbere

Next Post

Icyo Rayon isaba nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Mukura n’icyo izakora nikitubahirizwa

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangajwe ikigiye gukorwa ku kibazo gitunguranye cyasize impaka ku mukino wahuzaga Rayon na Mukura

Icyo Rayon isaba nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Mukura n’icyo izakora nikitubahirizwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.