Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika

radiotv10by radiotv10
18/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uri mu bagezweho mu buhanzi bw’indirimbo zaririmbiwe Nyagasani, avuga ko atakuranye inzozi zo kuba umuhanzi, ahubwo ko na we byaje bimutunguye, kuko yumvaga intego ze ari ukuzakora imirimo isanzwe.

Uyu muhanzi ufite igitaramo kuri Pasika kuri iki Tyumweru tariki 20 Mata 2025, ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru, yabajijwe ibanga akoresha agakora ibitaramo binini byitabirwa ku rwego rwo hejuru kandi ari umuhanzi utamaze imyaka myinshi.

Ni nyuma yuko umwaka ushize na bwo yakoze igitaramo muri BK Arena akayuzuza, bityo ko akwiye gusangiza abandi bahanzi ibanga akoresha kugira ngo ibi abigereho.

Yagize ati “Mu by’ukuri ibi bintu byarantunguye sinigeze nsaba Imana kuba umuhanzi, nari mfite inzozi zo kwiga nkazikorera imirimo itandukanye kugira ngo mbone amafaranga. Ibintu nabaga mu rusengero ndirimba nk’uko abandi baririmba, nyuma ya Covid nsohoye indirimbo abantu barayikunda. Ni kumwe Imana ikwikundira ikakwihera, abantu barayikunze baranshyigikira na n’ubu.”

Akomeza avuga ko bitewe n’ubunararibonye bucye afite, adashobora kugira inama yagira abandi bahanzi.

Ati “Mu by’ukuri nta banga, naba nkubeshye pe gusa nyuma y’imyaka 20 cyangwa icumi nzaba mfite inama yo kugira abandi bahanzi, imyaka ibiri itatu maze mu byo nkora haracyarimo amakosa ndacyari kwiga uko ibintu babikora wenda inama natanga nabwira umuntu ngo ntucike intege ku nzozi zawe.”

Chryso Ndasingwa utaramara igihe kinini yunjiye mu buhazi, nimwe mu bahanzi bamaze kubaka igikundiro mu bakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana, akaba afite igitaramo kizaba kuri iki Cyumweru, kizaba kirimo abandi bahanzi bazwi nka True Promesses, Papy Clever na Dorcas ndetse na Arsene Tuyi.

Chriso ni umwe mu bahanzi bakunzwe muri Gosple Nyarwanda
Mu kiganiro n’Itangazamakuru

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Icyo Rayon isaba nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Mukura n’icyo izakora nikitubahirizwa

Next Post

Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo

Related Posts

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

How social media Is Changing the Meaning of Fame

How social media Is Changing the Meaning of Fame

by radiotv10
20/01/2026
0

Fame used to be rare. It was reserved for movie stars, musicians, athletes, and public figures who gained recognition through...

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Abahanzi Bruce Melodie na The Ben baherutse guhurira mu gitaramo kimwe cyatangije umwaka wa 2026, byamaze kwemezwa ko bagiye gukora...

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

by radiotv10
16/01/2026
0

Umunyamakuru Angelibert Mutabaruka uzwi nka Angeli Mutabaruka yavuze igihe yahuriye bwa mbere na KNC batangiye bakorana bombi ari abanyamakuru, nyuma...

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuririmbyi w’indirimbo z’Imana, Uwiringiyimana Théogène wamamaye nka ‘Theo Bosebabireba’ yavuze ko abamututse ko yagaragaye aririmba indirimbo ‘Pom Pom’ bamuhoye ubusa...

IZIHERUKA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi
AMAHANGA

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

by radiotv10
22/01/2026
0

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
Why Some People Feel Tired After Socializing

Why Some People Feel Tired After Socializing

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo

Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Haravugwa ikibazo cyateye ihungabana rikomeye ry’uburezi mu Burundi

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.