Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika

radiotv10by radiotv10
18/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uri mu bagezweho mu buhanzi bw’indirimbo zaririmbiwe Nyagasani, avuga ko atakuranye inzozi zo kuba umuhanzi, ahubwo ko na we byaje bimutunguye, kuko yumvaga intego ze ari ukuzakora imirimo isanzwe.

Uyu muhanzi ufite igitaramo kuri Pasika kuri iki Tyumweru tariki 20 Mata 2025, ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru, yabajijwe ibanga akoresha agakora ibitaramo binini byitabirwa ku rwego rwo hejuru kandi ari umuhanzi utamaze imyaka myinshi.

Ni nyuma yuko umwaka ushize na bwo yakoze igitaramo muri BK Arena akayuzuza, bityo ko akwiye gusangiza abandi bahanzi ibanga akoresha kugira ngo ibi abigereho.

Yagize ati “Mu by’ukuri ibi bintu byarantunguye sinigeze nsaba Imana kuba umuhanzi, nari mfite inzozi zo kwiga nkazikorera imirimo itandukanye kugira ngo mbone amafaranga. Ibintu nabaga mu rusengero ndirimba nk’uko abandi baririmba, nyuma ya Covid nsohoye indirimbo abantu barayikunda. Ni kumwe Imana ikwikundira ikakwihera, abantu barayikunze baranshyigikira na n’ubu.”

Akomeza avuga ko bitewe n’ubunararibonye bucye afite, adashobora kugira inama yagira abandi bahanzi.

Ati “Mu by’ukuri nta banga, naba nkubeshye pe gusa nyuma y’imyaka 20 cyangwa icumi nzaba mfite inama yo kugira abandi bahanzi, imyaka ibiri itatu maze mu byo nkora haracyarimo amakosa ndacyari kwiga uko ibintu babikora wenda inama natanga nabwira umuntu ngo ntucike intege ku nzozi zawe.”

Chryso Ndasingwa utaramara igihe kinini yunjiye mu buhazi, nimwe mu bahanzi bamaze kubaka igikundiro mu bakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana, akaba afite igitaramo kizaba kuri iki Cyumweru, kizaba kirimo abandi bahanzi bazwi nka True Promesses, Papy Clever na Dorcas ndetse na Arsene Tuyi.

Chriso ni umwe mu bahanzi bakunzwe muri Gosple Nyarwanda
Mu kiganiro n’Itangazamakuru

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 5 =

Previous Post

Icyo Rayon isaba nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Mukura n’icyo izakora nikitubahirizwa

Next Post

Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo

Related Posts

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

by radiotv10
06/12/2025
0

Korali Ambassadors of Christ iri mu zifite amazina akomeye mu Rwanda, yatangiye ibikorwa byo kwizihiza imyaka 30 imaze ibayeho, mu...

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Uyu mukinnyi wa filime w'Umuyapani, Cary-Hiroyuki Tagawa wamenyekanye cyane akina nk’umuntu w’umugome wakinnye filimi zinyuranye zirimo iyitwa 'Mortal Kombat', yitabye...

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

by radiotv10
05/12/2025
0

Umuhanzi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano umaze iminsi agarukwaho nyuma yuko hasakaye amashusho y’urukozasoni ye n’umukunzi we, yagaragaje ifoto ari...

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Hahishuwe byinshi ku by’amashusho y’urukozasoni ya Yampano na we akomozwaho mu rubanza

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu rubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo abakekwaho gusakaza amashusho y’umuhanzi Yampano, Ubushinjacyaha bwagaragaje aho ayo mashusho yari ari n’uwashoboraga...

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunyamakuru umenyerewe mu biganiro bitambuka kuri YouTube, Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad, uri mu baregwa ibifitanye isano no gusakaza amashusho...

IZIHERUKA

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda
FOOTBALL

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

by radiotv10
07/12/2025
0

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

U Burusiya bwagize icyo bwizeza u Buhindi nyuma y’amasezerano mu bya gisirikare

06/12/2025
Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

06/12/2025
Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo

Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.