• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika

radiotv10by radiotv10
18/04/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Umuhanzi ugezweho muri Gospel Nyarwanda yahishuye ibitari bizwi ku rugendo rwe rwa muzika
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Chryso Ndasingwa uri mu bagezweho mu buhanzi bw’indirimbo zaririmbiwe Nyagasani, avuga ko atakuranye inzozi zo kuba umuhanzi, ahubwo ko na we byaje bimutunguye, kuko yumvaga intego ze ari ukuzakora imirimo isanzwe.

Uyu muhanzi ufite igitaramo kuri Pasika kuri iki Tyumweru tariki 20 Mata 2025, ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru, yabajijwe ibanga akoresha agakora ibitaramo binini byitabirwa ku rwego rwo hejuru kandi ari umuhanzi utamaze imyaka myinshi.

Ni nyuma yuko umwaka ushize na bwo yakoze igitaramo muri BK Arena akayuzuza, bityo ko akwiye gusangiza abandi bahanzi ibanga akoresha kugira ngo ibi abigereho.

Yagize ati “Mu by’ukuri ibi bintu byarantunguye sinigeze nsaba Imana kuba umuhanzi, nari mfite inzozi zo kwiga nkazikorera imirimo itandukanye kugira ngo mbone amafaranga. Ibintu nabaga mu rusengero ndirimba nk’uko abandi baririmba, nyuma ya Covid nsohoye indirimbo abantu barayikunda. Ni kumwe Imana ikwikundira ikakwihera, abantu barayikunze baranshyigikira na n’ubu.”

Akomeza avuga ko bitewe n’ubunararibonye bucye afite, adashobora kugira inama yagira abandi bahanzi.

Ati “Mu by’ukuri nta banga, naba nkubeshye pe gusa nyuma y’imyaka 20 cyangwa icumi nzaba mfite inama yo kugira abandi bahanzi, imyaka ibiri itatu maze mu byo nkora haracyarimo amakosa ndacyari kwiga uko ibintu babikora wenda inama natanga nabwira umuntu ngo ntucike intege ku nzozi zawe.”

Chryso Ndasingwa utaramara igihe kinini yunjiye mu buhazi, nimwe mu bahanzi bamaze kubaka igikundiro mu bakunzi b’indirimbo zihimbaza Imana, akaba afite igitaramo kizaba kuri iki Cyumweru, kizaba kirimo abandi bahanzi bazwi nka True Promesses, Papy Clever na Dorcas ndetse na Arsene Tuyi.

Chriso ni umwe mu bahanzi bakunzwe muri Gosple Nyarwanda
Mu kiganiro n’Itangazamakuru

Esther FIFI UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Icyo Rayon isaba nyuma y’icyemezo cyafashwe ku mukino wayo na Mukura n’icyo izakora nikitubahirizwa

Next Post

Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo

Abakinnyi ba Muhazi United mbere yo guhura na Rayon bahawe akanozangendo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.