Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyura ahitwa mu Rubumba ku muhanda uva mu isantere ya Bugarama werecyeza kuri Cimerwa mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, baravuga ko urugomo rukabije ruhakorerwa by’umwihariko urwo gufata abagore ku ngufu, rwatumye ntabakihanyura mu masaha y’umugoroba.

Uru rugomo rukorerwa kuri uyu muhanda wa kaburimbo, mu gihe indi nka wo ikunze kuba iriho amatara atuma abayikoresha mu ijoro bizera umutekano.

Si ko bimeze guhera ahitwa ku Cyagara uguna kuri kuri Cimerwa, kuko ho kuva mu masaha y’umugoroba, haba ari umwijima bigatuma abanyarugomo bahategera abahisi n’abagenzi mu gace k’ahitwa Rubumba hitaruye aho abantu batuye.

Nyirabihogo Martha wo mu Murenge wa Muganza ukunda kunyura aha mu Rubumba ati “Saa kumi n’ebyiri nta muntu ushobora kunyura aha ngaha, usanga hari abantu b’amabandi bagirira nabi abantu bakabambura. Nanjye ubwanjye narahanyuze umuntu arantega aranyirukankana niruka mvuza induru.”

Uretse ubwambuzi bukorerwa aha hantu, hari abandi bavuga ko hasambanyirizwa ab’igitsinagore ndeste ko mu bihe bitandukanye hagiye haboneka imirambo y’abantu bivugwa ko babaga bishwe n’abo bagizi ba nabi.

Nkurirarenga Alex ati “N’ubwicanyi buzamo kuko hari umwana w’umukobwa wahaguye twasanze mu murima wa soya bamutemaguye, hari n’umuganga wo mu Mashesha bahiciye na we bamutemaguye.”

Uwambaje Marie Jeanne nawe ati “Twebwe abagore twamaze kubimenyera ko ntawe ugomba kuhanyura wenyine bwahumanye, kuko bafata abantu ku ngufu. Si umwe si babiri bahasambanyirijwe.”

Bavuga ko igitera umurindi ubu bugizi bwa nabi ari uko uyu muhanda utashyizweho amatara, bagasaba ko na wo wacanirwa kuko byaca intege abitwikira umwijima bagakora ibyo bikorwa bibi.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred avuga ko ubu busabe bwageze ku buyobozi bw’Akarere, icyakora igisubizo atanga nticyumvikanamo igihe buzashyirirwa mu ngiro.

Agira ati “Ubusabe babutugejejeho natwe tubifite muri gahunda zacu. Turitegura kuzawucanira nk’uko ducanira indi mihanda. Turi kubiganiraho ku buryo mu ngengo y’imari ya vuba twazabishyiramo.”

Uyu muhanda uva mu isantere ya Bugarama ugana ku ruganda rwa Cimerwa mu Murenge wa Muganza, ni wo wonyine wa kaburimo udafite amatara mu mihanda ya kaburimo iri mu Karere ka Rusizi.

Ku manywa haba hameze neza ndetse abantu bahanyura ntacyo bikandagira
Byagera nijoro bikaba ibindi bindi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + ten =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri

Next Post

Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi

Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.