Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyura ahitwa mu Rubumba ku muhanda uva mu isantere ya Bugarama werecyeza kuri Cimerwa mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, baravuga ko urugomo rukabije ruhakorerwa by’umwihariko urwo gufata abagore ku ngufu, rwatumye ntabakihanyura mu masaha y’umugoroba.

Uru rugomo rukorerwa kuri uyu muhanda wa kaburimbo, mu gihe indi nka wo ikunze kuba iriho amatara atuma abayikoresha mu ijoro bizera umutekano.

Si ko bimeze guhera ahitwa ku Cyagara uguna kuri kuri Cimerwa, kuko ho kuva mu masaha y’umugoroba, haba ari umwijima bigatuma abanyarugomo bahategera abahisi n’abagenzi mu gace k’ahitwa Rubumba hitaruye aho abantu batuye.

Nyirabihogo Martha wo mu Murenge wa Muganza ukunda kunyura aha mu Rubumba ati “Saa kumi n’ebyiri nta muntu ushobora kunyura aha ngaha, usanga hari abantu b’amabandi bagirira nabi abantu bakabambura. Nanjye ubwanjye narahanyuze umuntu arantega aranyirukankana niruka mvuza induru.”

Uretse ubwambuzi bukorerwa aha hantu, hari abandi bavuga ko hasambanyirizwa ab’igitsinagore ndeste ko mu bihe bitandukanye hagiye haboneka imirambo y’abantu bivugwa ko babaga bishwe n’abo bagizi ba nabi.

Nkurirarenga Alex ati “N’ubwicanyi buzamo kuko hari umwana w’umukobwa wahaguye twasanze mu murima wa soya bamutemaguye, hari n’umuganga wo mu Mashesha bahiciye na we bamutemaguye.”

Uwambaje Marie Jeanne nawe ati “Twebwe abagore twamaze kubimenyera ko ntawe ugomba kuhanyura wenyine bwahumanye, kuko bafata abantu ku ngufu. Si umwe si babiri bahasambanyirijwe.”

Bavuga ko igitera umurindi ubu bugizi bwa nabi ari uko uyu muhanda utashyizweho amatara, bagasaba ko na wo wacanirwa kuko byaca intege abitwikira umwijima bagakora ibyo bikorwa bibi.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred avuga ko ubu busabe bwageze ku buyobozi bw’Akarere, icyakora igisubizo atanga nticyumvikanamo igihe buzashyirirwa mu ngiro.

Agira ati “Ubusabe babutugejejeho natwe tubifite muri gahunda zacu. Turitegura kuzawucanira nk’uko ducanira indi mihanda. Turi kubiganiraho ku buryo mu ngengo y’imari ya vuba twazabishyiramo.”

Uyu muhanda uva mu isantere ya Bugarama ugana ku ruganda rwa Cimerwa mu Murenge wa Muganza, ni wo wonyine wa kaburimo udafite amatara mu mihanda ya kaburimo iri mu Karere ka Rusizi.

Ku manywa haba hameze neza ndetse abantu bahanyura ntacyo bikandagira
Byagera nijoro bikaba ibindi bindi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen − 4 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri

Next Post

Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi

Related Posts

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

by radiotv10
28/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zibifashijwemo n’iya Leta Zunze Ubumwe za America, zasinye amasezerano y’amahoro arimo...

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

by radiotv10
28/06/2025
0

Bamwe mu bakora akazi ko gusoroma icyayi mu mirima ya Pfunda mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga...

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

by radiotv10
28/06/2025
0

The Government of Rwanda and the Democratic Republic of Congo, with the support of the United States of America, have...

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

by radiotv10
27/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z’u Rwanda, barangije amasomo mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare rya Kimaka muri...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi

Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.