Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Rusizi: Basobanuye ibikomeje gufata intera bikorerwa mu gace katakinyurwa n’abiganjemo abagore ku mugoroba
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyura ahitwa mu Rubumba ku muhanda uva mu isantere ya Bugarama werecyeza kuri Cimerwa mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, baravuga ko urugomo rukabije ruhakorerwa by’umwihariko urwo gufata abagore ku ngufu, rwatumye ntabakihanyura mu masaha y’umugoroba.

Uru rugomo rukorerwa kuri uyu muhanda wa kaburimbo, mu gihe indi nka wo ikunze kuba iriho amatara atuma abayikoresha mu ijoro bizera umutekano.

Si ko bimeze guhera ahitwa ku Cyagara uguna kuri kuri Cimerwa, kuko ho kuva mu masaha y’umugoroba, haba ari umwijima bigatuma abanyarugomo bahategera abahisi n’abagenzi mu gace k’ahitwa Rubumba hitaruye aho abantu batuye.

Nyirabihogo Martha wo mu Murenge wa Muganza ukunda kunyura aha mu Rubumba ati “Saa kumi n’ebyiri nta muntu ushobora kunyura aha ngaha, usanga hari abantu b’amabandi bagirira nabi abantu bakabambura. Nanjye ubwanjye narahanyuze umuntu arantega aranyirukankana niruka mvuza induru.”

Uretse ubwambuzi bukorerwa aha hantu, hari abandi bavuga ko hasambanyirizwa ab’igitsinagore ndeste ko mu bihe bitandukanye hagiye haboneka imirambo y’abantu bivugwa ko babaga bishwe n’abo bagizi ba nabi.

Nkurirarenga Alex ati “N’ubwicanyi buzamo kuko hari umwana w’umukobwa wahaguye twasanze mu murima wa soya bamutemaguye, hari n’umuganga wo mu Mashesha bahiciye na we bamutemaguye.”

Uwambaje Marie Jeanne nawe ati “Twebwe abagore twamaze kubimenyera ko ntawe ugomba kuhanyura wenyine bwahumanye, kuko bafata abantu ku ngufu. Si umwe si babiri bahasambanyirijwe.”

Bavuga ko igitera umurindi ubu bugizi bwa nabi ari uko uyu muhanda utashyizweho amatara, bagasaba ko na wo wacanirwa kuko byaca intege abitwikira umwijima bagakora ibyo bikorwa bibi.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habimana Alfred avuga ko ubu busabe bwageze ku buyobozi bw’Akarere, icyakora igisubizo atanga nticyumvikanamo igihe buzashyirirwa mu ngiro.

Agira ati “Ubusabe babutugejejeho natwe tubifite muri gahunda zacu. Turitegura kuzawucanira nk’uko ducanira indi mihanda. Turi kubiganiraho ku buryo mu ngengo y’imari ya vuba twazabishyiramo.”

Uyu muhanda uva mu isantere ya Bugarama ugana ku ruganda rwa Cimerwa mu Murenge wa Muganza, ni wo wonyine wa kaburimo udafite amatara mu mihanda ya kaburimo iri mu Karere ka Rusizi.

Ku manywa haba hameze neza ndetse abantu bahanyura ntacyo bikandagira
Byagera nijoro bikaba ibindi bindi

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

Hamenyekanye icyemezo giherutse gufatirwa Moses mbere yuko atabwa muri yombi bwa kabiri

Next Post

Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi

Icyo America ivuga ku Munyarwanda yataye muri yombi ukekwaho gukora Jenoside yakorewe Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.