• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Umukobwa bikekwa ko yiyahuye biravugwa ko byaturutse ku magambo yabwirwaga n’umubyeyi we

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in MU RWANDA
0
Umuyobozi mu Karere ka Nyamasheke yirukaniwe impamvu yumvikanamo kunyuranya n’imyitwarire mbonezamurimo
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa wo mu Murenge wa Bushekeri mu Karere ka Nyamasheke, wasanzwe ku mugenzi yapfuye, bikaba bikekwa ko yiyahuye, biravugwa ko ashobora kuba yabitewe n’amagambo yabwirwaga na nyina wavugaga ko basangiye umugabo.

Uyu mukobwa w’imyaka 22 wo mu Kagari ka Mpumbu mu Murenge wa Bushekeri, yabonetse yapfuye kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Mata 2025.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Igihe, avuga ko kuri uyu wa Kane nyakwigendera yavuye iwabo ababwiye ko hari aho anyarukiye, ariko bategereza ko agaruka baraheba.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Mata 2025 ni bwo habonetse umurambo wa nyakwigendera ku nkombe z’umugezi wa Kamiranzovu, ndetse abaturanyi bakaba bavuga ko yiyahuye.

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Kibogora, mbere yo gushyikirizwa umuryango we ngo ashyingurwe.

Bamwe mu bakoranaga na nyakwigendera mu kazi ko gusorama icyayi muri Gisakura, bavuga ko yakundaga kubabwira ko aziyahura kubera ibibazo yari afitanye n’umubyeyi.

Bavuga ko umubyeyi we yamuhozaga ku nkeke, amucyurira ko basangiye umugabo, ngo ko ari mucyeba, aho yavugaga ko na we ari umugore wa se.

Amakuru y’urupfu rwa nyakwigendera, yanemejwe na Habarurema Cyprien-Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Umurenge wa Bushekeri.

Uyu muyobozi avuga ko amakuru ava mu baturanyi, agaragaza ko mu muryango wa nyakwigendera hari harimo ibibazo by’amakimbirane, ndetse ko uyu mukobwa yavugaga ko Nyina amubangamira.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

AMAKURU MASHYA: Hatangajwe intambwe nziza igiye guterwa hagati y’u Rwanda na DRCongo

Next Post

Arsenal yamaze gukura amaso kuri Shampiyona menya abakinnyi yifuza n’abo idashaka gukomezanya

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Arsenal yamaze gukura amaso kuri Shampiyona menya abakinnyi yifuza n’abo idashaka gukomezanya

Arsenal yamaze gukura amaso kuri Shampiyona menya abakinnyi yifuza n’abo idashaka gukomezanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.