Thursday, November 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo yavuze icyo yizeye hagati yayo n’u Rwanda nyuma y’intambwe yateye na AFC/M23

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo yavuze icyo yizeye hagati yayo n’u Rwanda nyuma y’intambwe yateye na AFC/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yavuze ko ibyavuye mu biganiro hagati yayo n’Ihuriro AFC/M23 ari intambwe ishimishije yatewe, kandi ko n’ibiganiro hagati yayo n’u Rwanda bizakomeza ko bikaba bigiye kurushaho kugana aheza.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverima ya DRC, Patrick Muyaya kuri uyu wa Kane mu kiganiro n’itangazamakuru cyagarukaga ku itangazo rihuriweho hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya Congo, rigaragaza ibyavuye mu biganiro bya Qatar.

Muyaya yavuze ko iri tangazo rihuriweho, ari intambwe iganisha ku mahoro, kandi ko n’ibiganiro hagati ya Guverinoma ya DRC n’iy’u Rwanda, na byo bigiye kurushaho kugenda neza babifashijwemo n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Yagize ati “Ndizera ko twateye intambwe nziza kandi ntabwo ari ibyo gusa kuko nk’urigero n’ibiganiro hamwe n’u Rwanda ntibizahagarara mu gihe habayeho icyiciro cya mbere cy’agahenge. Tugiye kureba uko tuzashimangira ndetse hari n’ibindi biganiro bizaba biyobowe n’umuhuza.”

Yakomeje agira ati “Mukwiye gufata itangazo rihuriweho (hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRC) nk’intambwe iganisha ku mahoro. Reka twizere ko twse turi mu nzira nziza kuko ntushobora kubona amahoro utagize ibyo wigomwa kandi twebwe twamaze kubyiyemeza.”

Patrick Muyaya yavuze kandi ko kuva muri Gashyantare uyu mwaka, hakomeje guterwa intambwe ziganisha ku muti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, yatangaje ibi kuri uyu wa Kane, ku munsi wabanjirije uwo Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America zatangarijeho ko iyobora isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC, aza gushyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ku mpande zombi, Amb. Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda, na Thérèse Kayikwamba Wagner wa DRC.

Mu itangazo rihuriweho na AFC/M23 na Guverinoma ya Congo, impande zombi zatangaje ko zemeranyijwe guhagarika imirwano, ndetse zikaba zombi zifite ubushake mu bindi biganiro byo gusasa inzobe kugira ngo haganirwe ku muzi w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC no ku muti ukwiye wazana amahoro arambye muri aka gace no mu karere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven + sixteen =

Previous Post

Arsenal yamaze gukura amaso kuri Shampiyona menya abakinnyi yifuza n’abo idashaka gukomezanya

Next Post

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bifatanya guhangana na M23

Related Posts

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

Igitero rurangiza cy’u Burusiya kuri Ukraine cyateje impagarara

by radiotv10
20/11/2025
0

Abantu 19 baguye mu gitero gikomeye cyagabwe n’indege z’Abarusiya ku nyubako z’amacumbi y’abaturage mu mujyi wa Ternopil, mu burengerazuba bwa...

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

Urujijo ruracyari rwose ku babyeyi bashimutiwe abana bakuwe ku ishuri muri Nigeria

by radiotv10
19/11/2025
0

Ababyeyi b’abakobwa 25 bashimuswe bakuwe ku ishuri muri Nigeria, baracyari mu gihirahiro, bategereje amakuru ku buzima bw’abana babo nyuma y’igitero...

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

Perezida Trump yahishuriye rurangiranwa Cristiano Ronaldo ko umuhungu we amufana bikomeye

by radiotv10
19/11/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump ubwo yakiraga ku meza Igikomangoma cy’Ubwami bwa Saudi Arabia, wari kumwe...

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

Menya Igihugu cyabaye icya mbere muri Afurika cyakiriye umuti ukora nk’urukingo rwa SIDA

by radiotv10
19/11/2025
0

Eswatini yabaye Igihugu cya mbere muri Afurika cyakiriye umuti wa Lenacapavir, ukora nk'urukingo rurinda umuntu kwandura Virusi itera SIDA, rutangwa...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kubona Umuganga Dr Denis Mukwege wanahawe igihembo cy’amahoro ‘Nobel’ yamagana...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

by radiotv10
20/11/2025
0

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

Rusizi: Abavugwaho ubutekamutwe bafashwe n’uwo baraye bibye basanganwa bimwe mu byo bakoresha batuburira abantu

20/11/2025
Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

Uruganda rwaherewe uruhushya gukora inzoga mu bitoki rwatahuwe rukoresha ibiteye inkeke

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bifatanya guhangana na M23

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bifatanya guhangana na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.