Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Congo yavuze icyo yizeye hagati yayo n’u Rwanda nyuma y’intambwe yateye na AFC/M23

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Congo yavuze icyo yizeye hagati yayo n’u Rwanda nyuma y’intambwe yateye na AFC/M23
Share on FacebookShare on Twitter

Umuvugizi wa Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Patrick Muyaya yavuze ko ibyavuye mu biganiro hagati yayo n’Ihuriro AFC/M23 ari intambwe ishimishije yatewe, kandi ko n’ibiganiro hagati yayo n’u Rwanda bizakomeza ko bikaba bigiye kurushaho kugana aheza.

Byatangajwe n’Umuvugizi wa Guverima ya DRC, Patrick Muyaya kuri uyu wa Kane mu kiganiro n’itangazamakuru cyagarukaga ku itangazo rihuriweho hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya Congo, rigaragaza ibyavuye mu biganiro bya Qatar.

Muyaya yavuze ko iri tangazo rihuriweho, ari intambwe iganisha ku mahoro, kandi ko n’ibiganiro hagati ya Guverinoma ya DRC n’iy’u Rwanda, na byo bigiye kurushaho kugenda neza babifashijwemo n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe.

Yagize ati “Ndizera ko twateye intambwe nziza kandi ntabwo ari ibyo gusa kuko nk’urigero n’ibiganiro hamwe n’u Rwanda ntibizahagarara mu gihe habayeho icyiciro cya mbere cy’agahenge. Tugiye kureba uko tuzashimangira ndetse hari n’ibindi biganiro bizaba biyobowe n’umuhuza.”

Yakomeje agira ati “Mukwiye gufata itangazo rihuriweho (hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRC) nk’intambwe iganisha ku mahoro. Reka twizere ko twse turi mu nzira nziza kuko ntushobora kubona amahoro utagize ibyo wigomwa kandi twebwe twamaze kubyiyemeza.”

Patrick Muyaya yavuze kandi ko kuva muri Gashyantare uyu mwaka, hakomeje guterwa intambwe ziganisha ku muti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuvugizi wa Guverinoma ya DRC, yatangaje ibi kuri uyu wa Kane, ku munsi wabanjirije uwo Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America zatangarijeho ko iyobora isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC, aza gushyirwaho umukono n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga ku mpande zombi, Amb. Olivier Nduhungirehe w’u Rwanda, na Thérèse Kayikwamba Wagner wa DRC.

Mu itangazo rihuriweho na AFC/M23 na Guverinoma ya Congo, impande zombi zatangaje ko zemeranyijwe guhagarika imirwano, ndetse zikaba zombi zifite ubushake mu bindi biganiro byo gusasa inzobe kugira ngo haganirwe ku muzi w’ibibazo biri mu burasirazuba bwa DRC no ku muti ukwiye wazana amahoro arambye muri aka gace no mu karere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

Arsenal yamaze gukura amaso kuri Shampiyona menya abakinnyi yifuza n’abo idashaka gukomezanya

Next Post

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bifatanya guhangana na M23

Related Posts

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Umunyapolitiki Gaston Sindimwo wabaye Visi Perezida w’u Burundi ku buyobozi bwa Pierre Nkurunziza, yavuze ko ubwo umubano w’iki Gihugu n’u...

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

by radiotv10
23/05/2025
0

Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa, Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, ku buryo...

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

by radiotv10
22/05/2025
0

Nyuma yuko Augustin Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC akatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato, hazamutse impaka, z’ababishyigikiye...

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

by radiotv10
21/05/2025
0

Nyuma yuko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ashyize mu kihuruko cy’izabukuru, Lieutenant General de Police Gervais Ndirakobuca atarageza igihe cyo...

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

by radiotv10
21/05/2025
0

Augustin Matata Ponyo wagize imyanya mu nzego zo hejuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Intebe,...

IZIHERUKA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho
AMAHANGA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

23/05/2025
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

23/05/2025
Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bifatanya guhangana na M23

Haravugwa gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bifatanya guhangana na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.