• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Uko hatahuwe Umuforomo mu Rwanda wakekwagaho kwiba imiti y’abarwayi ariko harabuze ibizibiti

radiotv10by radiotv10
25/04/2025
in MU RWANDA
1
Uko hatahuwe Umuforomo mu Rwanda wakekwagaho kwiba imiti y’abarwayi ariko harabuze ibizibiti
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi ukorera Ikigo Nderabuzima kimwe cyo mu Karere ka Muhanga, wakekwagaho kwiba imiti y’iri Vuriro yitwikiriye ijoro akajya kuyikura mu bubiko bwayo, yafatiwe mu cyuho ari kuyiha umushoferi wagombaga kuyimugereza ku wo bikekwa ko yayigurishaga.

Ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima cya Gitega cyo mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga, buvuga ko bari bamaze igihe babura imiti, ariko bagakeka uyu muforomo wari ushinzwe ububiko bwayo.

Uwintore Jean Bosco uyobora iki Kigo Nderabuzima, yabwiye ikinyamakuru cyitwa Umuseke, ko uyu muforomo yakoraga ubu bujura bw’imiti mu gihe cy’ijoro, abandi bakozi batashye.

Uyu mukozi w’iri Vuriro, ajya gufatwa; yabanje kubwira umuzamu ko hari icyo yibagiriwe mu bubiko bw’imiti, akamukingurira, ari bwo yibaga iyo miti yabaye intandaro yo gufatwa.

Yagize ati “Twagiye tubura imiti y’abarwayi mu bihe bitandukanye, ubu ni bwo twamenye ko ushinzwe ububiko bwayo ari we wayibaga.”

Uyu muyobozi w’iki Kigo Nderabuzima, avuga ko nyuma yuko uyu muforomo yibye iyo miti, yahise avugana n’uwo bikekwa ko basanzwe bakorana muri ubu bujura ukorera i Muhanga, akamwoherereza imodoka n’umushoferi, ndetse akaba ari ho yaje gufatirwa.

Umuyobozi w’iri Vuriro wigiriye kwirebera iby’ubu bujura akoresheje moto y’akazi, yagize ati “Nageze aho imodoka iri nsanga nta mushoferi uyirimo ndungurutse mbona harimo ikarito irimo iyo miti.”

Muri ako kanya, ni bwo uyu muforomo yaje kugaragara ashaka gutoroka, ariko uyu muyobozi w’iri Vuriro aba ari we umwifatira babanza kugundagurana, nyuma aza gushyikirizwa inzego, ndetse zimuta muri yombi, zihita zinashakisha ukekwaho ko bakoranaga akamwoherereza iyi miti.

Aya makuru kandi yanemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, SP Emmanuel Habiyaremye wavuze ko yaba uyu muforomo n’uwo bakekwaho gukorana, bombi bafashwe bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye.

RADIOTV10

Comments 1

  1. Stephano Nzacahinyeretse says:
    1 year ago

    It is said accauasion and misconduct

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − fifteen =

Previous Post

Amateka yacu ntimwayahisemo ariko u Rwanda mwaruvutsemo-Mme J.Kagame yageneye urubyiriko ubutumwa bwarubera akabando

Next Post

Iburasirazuba: Havuzwe uburyo mbere ya Jenoside hakorwaga inama z’ibanga zigahezwamo abari abakozi b’Abatutsi

Related Posts

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

Rusizi: Uwarokotse Jenoside yahawe inzu n’abo basengana banamuremera butike

by radiotv10
01/06/2026
0

Nyuma yo kumara igihe aba mu nzu imeze nabi yanatumaga agira impungenge ku mutekano w’umuryango we, Ngonga Yves Maurice wo...

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

Eng.-Minister Nduhungirehe Attends Korea-Africa Foreign Ministers’ Meeting in Seoul to Address Global Challenges

by radiotv10
01/06/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, is currently in Seoul, South Korea, where he is...

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

Minisitiri Nduhungirehe ari muri Korea y’Epfo mu nama y’ubufatanye ku guhangana n’ibibazo byugarije Isi

by radiotv10
01/06/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe ari i Seoul muri Korea y’Epfo, aho yitabiriye Inama y’ubufatanye bw’iki Gihugu n’Umugabane...

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

How to Create a Home That Actually Helps You Rest

by radiotv10
01/06/2026
0

A home should be the place where your body relaxes and your mind slows down after a long day. But...

Next Post
Iburasirazuba: Havuzwe uburyo mbere ya Jenoside hakorwaga inama z’ibanga zigahezwamo abari abakozi b’Abatutsi

Iburasirazuba: Havuzwe uburyo mbere ya Jenoside hakorwaga inama z’ibanga zigahezwamo abari abakozi b'Abatutsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.