• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze uko ruri gufasha Ingabo za SADC gutaha n’impamvu ibiri gukorwa byari bikenewe

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze uko ruri gufasha Ingabo za SADC gutaha n’impamvu ibiri gukorwa byari bikenewe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe; yavuze ko u Rwanda ruri guha inzira itekanye n’abaherekeza Ingabo zari mu butumwa bwa SADC muri DRC, rwibutsa ko kuba zari zaragiyeyo, byararushagaho gutiza umurindi amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Congo.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025, ingabo zari zaragiye mu butumwa bwa SADC mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zatangiye gutaha, nyuma yuko hafashwe icyemezo ko ubu butumwa buhagarara.

Ku munsi wa mbere hagaragaye ko hacyuwe ibikoresho byinshi byiganjemo intwaro, ndetse n’abasirikare bacye, banyuze ku mupaka uhuza u Rwanda na RDC uzwi nka Grande Barrière (La Corniche).

Nyuma y’amasaha macye iki gikorwa kibaye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda ruri korohereza izi ngabo kwerecyeza muri Tanzani n’ibikoresho byazo.

Yagize ati “U Rwanda ruri guha inzira itekanye ndetse n’abaherecyeza b’imodoka z’ingabo za SAMIDRC n’ibikoresho byabo bava mu burasirazuba bwa DRC banyuze mu Rwanda berecyeza muri Tanzania.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yakomeje avuga ko uku gucyura izi ngabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC guhangana na M23, ari icyemezo cyiza.

Ati “Kuba ingabo za SAMIDRC zariyo [muri DRC] byakomeje kuba impamvu yo gutiza umurindi amakimbirane, none uyu munsi kuba zatangiye gucyurwa bigaragaza intambwe nziza mu gushyigikira inzira z’amahoro ziri gukoreshwa.”

Kuva bimwe mu Bihugu bigize SADC byatangira kohereza ingabo mu Burasirazuba bwa DRC, byakunze kunengwa n’u Rwanda, rwavugaga ko bitumvikana kuba Umuryango nk’uriya wohereza abasirikare bajya gufatanya n’igisirikare cya Leta yari ikomeje kwikiza abenegihugu bayo, ndetse gikorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda igahitana inzirakarengane zirenga miliyoni imwe.

Nyuma yuko umutwe wa M23 ufashe Umujyi wa Goma ubanje gukubita incuro uruhande bari bahanganye rwari rugizwe na FARDC ndetse n’izi ngabo za SADC ndetse zimwe muri zo ziganjemo iza Afurika y’Epfo zikahasiga ubuzima, Imiryango ya SADC na EAC yahuje ubumwe, ibona ko ibibazo byo muri DRC bitazacyemurwa n’imbaraga za Gisirikare, ahubwo ko hakwiye inzira z’amahoro n’ibiganiro, ari na ho havuye icyemezo cyo guhagarika ubutumwa bwa SAMIRDC.

Izi ngabo ziri guherecyeza na RDF nyuma yo kugera mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + six =

Previous Post

Byagenze gute ngo icyamamare mpuzamahanga Travis Scott ateze igihombo gikabije sosiyete yari yamwizeye?

Next Post

Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.