Monday, December 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

U Rwanda rwavuze uko ruri gufasha Ingabo za SADC gutaha n’impamvu ibiri gukorwa byari bikenewe

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
U Rwanda rwavuze uko ruri gufasha Ingabo za SADC gutaha n’impamvu ibiri gukorwa byari bikenewe
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe; yavuze ko u Rwanda ruri guha inzira itekanye n’abaherekeza Ingabo zari mu butumwa bwa SADC muri DRC, rwibutsa ko kuba zari zaragiyeyo, byararushagaho gutiza umurindi amakimbirane ari mu burasirazuba bwa Congo.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025, ingabo zari zaragiye mu butumwa bwa SADC mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zatangiye gutaha, nyuma yuko hafashwe icyemezo ko ubu butumwa buhagarara.

Ku munsi wa mbere hagaragaye ko hacyuwe ibikoresho byinshi byiganjemo intwaro, ndetse n’abasirikare bacye, banyuze ku mupaka uhuza u Rwanda na RDC uzwi nka Grande Barrière (La Corniche).

Nyuma y’amasaha macye iki gikorwa kibaye, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, yavuze ko u Rwanda ruri korohereza izi ngabo kwerecyeza muri Tanzani n’ibikoresho byazo.

Yagize ati “U Rwanda ruri guha inzira itekanye ndetse n’abaherecyeza b’imodoka z’ingabo za SAMIDRC n’ibikoresho byabo bava mu burasirazuba bwa DRC banyuze mu Rwanda berecyeza muri Tanzania.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yakomeje avuga ko uku gucyura izi ngabo za SADC zari zaragiye gufasha FARDC guhangana na M23, ari icyemezo cyiza.

Ati “Kuba ingabo za SAMIDRC zariyo [muri DRC] byakomeje kuba impamvu yo gutiza umurindi amakimbirane, none uyu munsi kuba zatangiye gucyurwa bigaragaza intambwe nziza mu gushyigikira inzira z’amahoro ziri gukoreshwa.”

Kuva bimwe mu Bihugu bigize SADC byatangira kohereza ingabo mu Burasirazuba bwa DRC, byakunze kunengwa n’u Rwanda, rwavugaga ko bitumvikana kuba Umuryango nk’uriya wohereza abasirikare bajya gufatanya n’igisirikare cya Leta yari ikomeje kwikiza abenegihugu bayo, ndetse gikorana n’imitwe yitwaje intwaro irimo uwa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda igahitana inzirakarengane zirenga miliyoni imwe.

Nyuma yuko umutwe wa M23 ufashe Umujyi wa Goma ubanje gukubita incuro uruhande bari bahanganye rwari rugizwe na FARDC ndetse n’izi ngabo za SADC ndetse zimwe muri zo ziganjemo iza Afurika y’Epfo zikahasiga ubuzima, Imiryango ya SADC na EAC yahuje ubumwe, ibona ko ibibazo byo muri DRC bitazacyemurwa n’imbaraga za Gisirikare, ahubwo ko hakwiye inzira z’amahoro n’ibiganiro, ari na ho havuye icyemezo cyo guhagarika ubutumwa bwa SAMIRDC.

Izi ngabo ziri guherecyeza na RDF nyuma yo kugera mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 1 =

Previous Post

Byagenze gute ngo icyamamare mpuzamahanga Travis Scott ateze igihombo gikabije sosiyete yari yamwizeye?

Next Post

Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

Related Posts

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

by radiotv10
08/12/2025
0

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho kwigwizaho imitungo, aho bivugwa...

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

by radiotv10
08/12/2025
0

Abahinzi b'umuceri mu gishanga cya Cyaruhogo, bo mu Murenge wa Rubona, bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'ubwanikiro bwabo bwari bwangijwe n'ibiza...

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

Kayonza: Abahinga Kawa bahawe amatungo magufi yo kubafasha kongera umusaruro

by radiotv10
06/12/2025
0

Imiryango 214 itishoboye y'abahinzi ba Kawa yo mu Mirenge ya Rwinkwavu na Kabarondo yatangiye guhabwa ibiti bya Kawa ibihumbi 80,...

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’
AMAHANGA

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

by radiotv10
08/12/2025
0

Karongi: Gitifu akurikiranyweho gusambanya umwana no kumugira umugore

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

08/12/2025
Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

08/12/2025
Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

Amafoto: Ibyaranze umukino unogeye ijisho wahuje amakipe y’inzego z’umutekano mu Rwanda

07/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yageneye ubutumwa u Burundi bwakajije imbaraga mu bufasha buha ubutegetsi bwa Congo

06/12/2025
Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

Kolari iri mu zubatse izina mu Rwanda yatangiye kwizihiza mu buryo budasanzwe izabukuru y’imyaka 30

06/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

Uko byifashe ku rugamba rwa M23 na FARDC mu gihe hari habayeho ubwumvikane bw’agahenge

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa mbere bwa Perezida wa Benin nyuma yuko abasirikare bagerageje kumukorere ‘Coup d’État’

Ibikekwa ku Muyobozi wo mu Karere ka Nyabihu uri mu maboko ya RIB

Rwamagana: Nyuma yo kwiyambaza itangazamakuru barira ayo kwarika ubu bari kumwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.