Monday, April 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Havuzwe ibyo umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye yakoreraga abanyeshuri b’abakobwa byatumye atabwa muri yombi

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, yatawe muri yombi, akurikiranyweho ihohoterwa rishingiye ku gitsina akekwaho gukorera bamwe mu banyeshuri b’abakobwa, aho bivugwa ko hari abo yasambanyije, abandi akabasoma ku ngufu, n’abo yakabakabaga batabyumvikanyeho.

Uwatawe muri yombi, ni Mitsindo Gaëtan usanzwe ari Umuyobozi Ushinzwe Amasomo muri GS Kabgayi B, wafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, avuga ko uyu muyobozi muri iri shuri yatawe muri yombi, nyuma yuko bamwe mu bo yahohoteye batanze amakuru.

Bivugwa kandi ko bamwe mu bahohotewe n’uyu murezi, babimenyesheje ubuyobozi bw’ishuri, bukabimubazaho, na we akabyemera akanabisabira imbabazi, ariko ntibimenyeshwe inzego.

Umwe mu bavuga ko yakorewe ihohoterwa n’uyu Muyobozi ushinzwe amasomo miri iri shuri, yagize ati “Yatangiye kunkorakora arangundira, aransoma ku ngufu ndamwiyaka ndakaye.”

Uyu munyeshuri uvuga ko ubwo yakorerwaga ibi, yasohotse asa nk’uwahahamutse, yemeza ko yabimenyesheje ubuyobozi bw’iri shuri, ndetse akaba afite inyandiko yanditse amusaba imbabazi.

Amakuru yo guta muri yombi uyu Muyobozi ushinzwe amasomo muri GS Kabgayi B, yemejwe n’umuyobozi w’iri shuri Frère Nsabimana Jean Baptiste, wavuze ko abakozi ba RIB baje kuri iri shuri mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, bakamubwira ko bashaka uriya watawe muri yombi, bakamujyana, ariko ko atazi icyo bamujyaniye.

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, na we yemeje ko uyu muyobozi ushinzwe amasomo muri GS Kabgayi B yatawe muri yombi, aho afunguye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 − 8 =

Previous Post

BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n’indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

Next Post

Amakuru agezweho ku basirikare ba FARDC bahungiye kuri MONUSCO ubwo batsindwaga na M23

Related Posts

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

by radiotv10
13/04/2026
0

Tariki 13 Mata 1994, umunsi uremeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, waranzwe n’iyicwa ry’Abatutsi ryakorewe ahiganjemo muri za Kiliziya zafatwaga nk’inzu...

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

by radiotv10
13/04/2026
0

Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, abaturage bo mu Murenge wa Giheke mu cyahoze...

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

Keeping History Honest: Why Rwandan Youth Must Speak Up

by radiotv10
13/04/2026
0

Every year, during the commemoration of the 1994 Genocide against the Tutsi, Rwanda pauses to remember, reflect, and honor the...

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

12/04/1994: LONI yategetse ko ingabo zayo ziva mu Rwanda, MDR-Power ivugira kuri Radio ijambo rutwitsi

by radiotv10
12/04/2026
0

Tariki 12 Mata 1994, yakomeje kuba umunsi mubi ku Batutsi bariho bakorerwa Jenoside yari igeze ku munsi wa gatandatu, aho...

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

11/04/1994: Umunsi ukomeye MINUAR yatereranye Abatutsi muri ETO-Kicukiro, i Kiziguro hicwa 5.500

by radiotv10
11/04/2026
0

Tariki 11 Mata 1994 wari umunsi wa gatanu wa Jenoside yakorewe Abatutsi, uri mu minsi ikomeye muri aya mateka ashaririye,...

IZIHERUKA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira
AMAHANGA

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

by radiotv10
13/04/2026
0

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

13/04/2026
Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

13/04/2026
13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/1994: Ahari ahantu hatagatifu hakomeje gutinyukwa n’abicanyi,…Ibyaranze itariki nk’iyi

13/04/2026
Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

Rusizi: Ubuhamya ku iyicwa ry’Abatutsi biciwe mu rusengero rwa ADEPR bari bahungiyemo bizeye ko ntawatinyuka kahabicira

13/04/2026
Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

Ubutumwa bw’abahanzi Bruce Melodie na The Ben nyuma yo gusura Urwibutso rwa Jenoside no gusobanurirwa amateka

13/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru agezweho ku basirikare ba FARDC bahungiye kuri MONUSCO ubwo batsindwaga na M23

Amakuru agezweho ku basirikare ba FARDC bahungiye kuri MONUSCO ubwo batsindwaga na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo Papa Leo XIV yahaye Trump wamuvuzeho amagambo amwibasira

Eng.-Latest Update on AFC/M23 and DR Congo Government’s First Talks in Europe

Amakuru avugwa ku biganiro hagati ya AFC/M23 na Leta ya Congo bibera bwa mbere i Burayi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.