• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Havuzwe ibyo umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye yakoreraga abanyeshuri b’abakobwa byatumye atabwa muri yombi

radiotv10by radiotv10
30/04/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Gicumbi: Umuyobozi w’Ishuri akurikiranyweho gusambanya umwana amwizeza ibitangaza adafitiye ubushobozi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi Ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri (GS) rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, yatawe muri yombi, akurikiranyweho ihohoterwa rishingiye ku gitsina akekwaho gukorera bamwe mu banyeshuri b’abakobwa, aho bivugwa ko hari abo yasambanyije, abandi akabasoma ku ngufu, n’abo yakabakabaga batabyumvikanyeho.

Uwatawe muri yombi, ni Mitsindo Gaëtan usanzwe ari Umuyobozi Ushinzwe Amasomo muri GS Kabgayi B, wafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Umuseke, avuga ko uyu muyobozi muri iri shuri yatawe muri yombi, nyuma yuko bamwe mu bo yahohoteye batanze amakuru.

Bivugwa kandi ko bamwe mu bahohotewe n’uyu murezi, babimenyesheje ubuyobozi bw’ishuri, bukabimubazaho, na we akabyemera akanabisabira imbabazi, ariko ntibimenyeshwe inzego.

Umwe mu bavuga ko yakorewe ihohoterwa n’uyu Muyobozi ushinzwe amasomo miri iri shuri, yagize ati “Yatangiye kunkorakora arangundira, aransoma ku ngufu ndamwiyaka ndakaye.”

Uyu munyeshuri uvuga ko ubwo yakorerwaga ibi, yasohotse asa nk’uwahahamutse, yemeza ko yabimenyesheje ubuyobozi bw’iri shuri, ndetse akaba afite inyandiko yanditse amusaba imbabazi.

Amakuru yo guta muri yombi uyu Muyobozi ushinzwe amasomo muri GS Kabgayi B, yemejwe n’umuyobozi w’iri shuri Frère Nsabimana Jean Baptiste, wavuze ko abakozi ba RIB baje kuri iri shuri mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, bakamubwira ko bashaka uriya watawe muri yombi, bakamujyana, ariko ko atazi icyo bamujyaniye.

Dr Murangira B. Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, na we yemeje ko uyu muyobozi ushinzwe amasomo muri GS Kabgayi B yatawe muri yombi, aho afunguye kuri Sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × 3 =

Previous Post

BREAKING: U Rwanda rwinjiye mu mikorenire n’indi kipe ikomeye ku Mugabane w’u Burayi

Next Post

Amakuru agezweho ku basirikare ba FARDC bahungiye kuri MONUSCO ubwo batsindwaga na M23

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Amakuru agezweho ku basirikare ba FARDC bahungiye kuri MONUSCO ubwo batsindwaga na M23

Amakuru agezweho ku basirikare ba FARDC bahungiye kuri MONUSCO ubwo batsindwaga na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.