Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hagaragaye kutavuga mu buryo bweruye ubwo Ntazinda yagezwaga mu Rukiko ariko ibyo aregwa biramenyekana

radiotv10by radiotv10
07/05/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Hagaragaye kutavuga mu buryo bweruye ubwo Ntazinda yagezwaga mu Rukiko ariko ibyo aregwa biramenyekana
Share on FacebookShare on Twitter

Ntazinda Erasme wabaye Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza uherutse kweguzwa agahita anatabwa muri yombi, ubwo yagezwaga imbere y’Urukiko, Umunyamategeko we yasabye ko urubanza rusubikwa kubera inzitizi yatanze yisunze ingingo ivuga ku cyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo.

Ni urubanza rwagombaga kuba kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi ku ifunga n’ifungurwa by’agateganyo, ariko rusubikwa ku busabe bwa Me Nyangenzi Bonane wunganira uregwa.

Uyu wabaye Umuyobozi wagejewe ku cyicaro cy’Urukiko rwa Kicukiro arindiwe umutekano bidasanzwe, ntiyagejewe imbere y’Umucamanza ngo abanze gusomerwa ibyaha akurikiranyweho nk’uko bikorwa ku bandi bagiye kuburanishwa, ahubwo yahise abazwa niba yiteguye kuburana, ariko Umunyamategeko we avuga ko batiteguye.

Mu buryo budatomoye, Me Nyangenzi Bonane yabwiye Umucamanza ko bafite inzitizi ikwiye guhabwa ishingiro kugira ngo urubanza rusubikwe, avuga ko iyo nzitizi n’icyifuzo cyabo bishingiye ku ngingo ya 140 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ryo muri 2018.

Iyi ngingo ifite umutwe ugira uti “Ikurikirana ry’icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo”, igira iti “Gukurikirana icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo ntibishobora kuba hatareze uwahemukiwe mu bashyingiranywe.

Uwahemukiwe ashobora gusaba guhagarika ikurikirana ry’urubanza, aho rwaba rugeze hose, iyo yisubiyeho akareka ikirego cye.

Icyakora, iyo dosiye yarangije kuregerwa urukiko cyangwa gufatwaho icyemezo, kwisubiraho ntibihita bihagarika isuzumwa ry’urubanza cyangwa irangiza ryarwo. Umucamanza arabisuzuma akaba yabyemera cyangwa akabyanga akanasobanura impamvu.”

Iyi nzitizi itavuzweho byinshi n’Ubushinjacyaha, bwabwiye Urukiko ko rwazayisuma nk’uko byasabwe n’uruhande rw’uregwa, ubundi rugafata icyemezo.

Mu isesengura rijyanye n’ibivugwa muri iyi ngingo, Urukiko ni rwo rufite mu biganza byarwo niba ruzakomeza kuburanisha uyu mugabo wahoze ari Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, cyangwa rugahagarika urubanza, gusa kuba dosiye yaramaze kuregerwa Urukiko, Umucamanza aba afite ububasha bwo kudaha agaciro ubu busabe, akemeza ko uregwa akomeza kuburanishwa.

Urukiko rwakiriye ubusabe bw’uregwa, bwahise bufata icyemezo cyo gusubika urubanza, rwemeza ko ruzasoma icyemezo cyarwo tariki 09 Gicurasi 2025.

Nyuma yuko Ntazinda Erasme yari amaze kweguzwa akanatabwa muri yombi, havuzwe byinshi ku myitwarire ye itanoze yamurangaga, irimo ubushoreke anakurikiranyweho ubu mu Rukiko, ndetse ahanagaragaye amafoto y’umugore bivugwa ko bafitanye umubano wihariye.

Mu byavuzwe kandi, harimo ifoto y’uwo mugore “bafitanye umubano wihariye” yifotoje yicaye mu biro by’Akarere ka Nyanza, mu ntebe ya Ntazinda, aho uyu wayifotoje yanayisangije abantu ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook.

Ntazinda ubwo yagezwaga ku Rukiko

RADIOTV10

Comments 1

  1. Boniface says:
    11 months ago

    Yewe munyamakuru we, muri iyi dosiye, niba uwahemukiwe atariwe wareze, ntakindi urukiko ruzakora uretse gufunga iyi case.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 4 =

Previous Post

Abarimo ‘Capitaine’ b’igisirikare cya Congo biciwe mu mirwano yabahuje n’imitwe irimo urwanya u Burundi

Next Post

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Zabyaye amahari hagati ya Rayon n’umukinnyi yasinyishije avuye muri mucyeba wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.